Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in MU RWANDA
0
Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitandukanyije na Depite Jean-Marc Kabund uherutse gutuka ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi akavuga ko bugizwe n’abajura, ivuga ko agomba kubikurikiranwaho n’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru ku wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 agaragaza ishyaka rye rishya rye AC (Alliance pour le Changement), Jean-Marc Kabund yavugiyemo amagambo aremereye avuga ko ubutegetsi buriho muri Congo bunaniwe bityo ko bukwiye kuvaho.

Jean-Marc Kabund wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi dore ko yayoboye ishyaka rye rya UPDS ubwo yiyamamazaga, yavuze ko ubutegetsi bw’uyu mugabo yafashije kwiyamamaza, buyobowe n’amabandi asahura Igihugu.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko ya DRC yagize icyo ivuga kuri aya magambo yatangajwe na Jean-Marc Kabund, ivuga ko ibyo yavuze bidakwiye umuntu w’Intumwa ya rubanda bityo ko akwiye kubiryozwa n’ubutabera.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi Wungirije w’Inteko Ishinga Amategeko, Colette Tshomba rigira riti “Inteko Ishinga Amategeko yamaganye kandi ibabajwe n’ibikubiye mu byo yatangaje (Jean-Marc Kabund) by’imvugo zidakwiye by’Umudepite w’Igihugu wandagaje Umukuru w’Igihugu kandi agomba kubikurikiranwaho n’inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha.”

Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, ivuga ko ibyatangajwe Jean-Marc Kabund binyuranyije n’amahame ngengamyitwarire y’abari mu nzego za Leta ndetse bikaba bitari bikwiye kuvugwa n’uwigeze kuba Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akaba yaranabaye perezida w’Ishyaka riri ku butegetsi rya UPDS.

Iri tangazo rivuga ko Inteko Ishinga Amategeko ya Congo yafunguye dosiye ku myitwarire idahwitse y’uyu munyapolitiki kuko ikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − four =

Previous Post

EAC yakiriye DRC yazahajwe n’inyeshyamba ishobora no kwinjiramo Igihugu cyazengerejwe n’umutwe w’Iterabwoba

Next Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.