Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in MU RWANDA
0
Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitandukanyije na Depite Jean-Marc Kabund uherutse gutuka ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi akavuga ko bugizwe n’abajura, ivuga ko agomba kubikurikiranwaho n’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru ku wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 agaragaza ishyaka rye rishya rye AC (Alliance pour le Changement), Jean-Marc Kabund yavugiyemo amagambo aremereye avuga ko ubutegetsi buriho muri Congo bunaniwe bityo ko bukwiye kuvaho.

Jean-Marc Kabund wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi dore ko yayoboye ishyaka rye rya UPDS ubwo yiyamamazaga, yavuze ko ubutegetsi bw’uyu mugabo yafashije kwiyamamaza, buyobowe n’amabandi asahura Igihugu.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko ya DRC yagize icyo ivuga kuri aya magambo yatangajwe na Jean-Marc Kabund, ivuga ko ibyo yavuze bidakwiye umuntu w’Intumwa ya rubanda bityo ko akwiye kubiryozwa n’ubutabera.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi Wungirije w’Inteko Ishinga Amategeko, Colette Tshomba rigira riti “Inteko Ishinga Amategeko yamaganye kandi ibabajwe n’ibikubiye mu byo yatangaje (Jean-Marc Kabund) by’imvugo zidakwiye by’Umudepite w’Igihugu wandagaje Umukuru w’Igihugu kandi agomba kubikurikiranwaho n’inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha.”

Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, ivuga ko ibyatangajwe Jean-Marc Kabund binyuranyije n’amahame ngengamyitwarire y’abari mu nzego za Leta ndetse bikaba bitari bikwiye kuvugwa n’uwigeze kuba Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akaba yaranabaye perezida w’Ishyaka riri ku butegetsi rya UPDS.

Iri tangazo rivuga ko Inteko Ishinga Amategeko ya Congo yafunguye dosiye ku myitwarire idahwitse y’uyu munyapolitiki kuko ikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

EAC yakiriye DRC yazahajwe n’inyeshyamba ishobora no kwinjiramo Igihugu cyazengerejwe n’umutwe w’Iterabwoba

Next Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.