Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in MU RWANDA
0
Umunyapolitiki watutse ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari ‘amabandi’ byatangiye kumubyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitandukanyije na Depite Jean-Marc Kabund uherutse gutuka ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi akavuga ko bugizwe n’abajura, ivuga ko agomba kubikurikiranwaho n’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru ku wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022 agaragaza ishyaka rye rishya rye AC (Alliance pour le Changement), Jean-Marc Kabund yavugiyemo amagambo aremereye avuga ko ubutegetsi buriho muri Congo bunaniwe bityo ko bukwiye kuvaho.

Jean-Marc Kabund wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi dore ko yayoboye ishyaka rye rya UPDS ubwo yiyamamazaga, yavuze ko ubutegetsi bw’uyu mugabo yafashije kwiyamamaza, buyobowe n’amabandi asahura Igihugu.

Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko ya DRC yagize icyo ivuga kuri aya magambo yatangajwe na Jean-Marc Kabund, ivuga ko ibyo yavuze bidakwiye umuntu w’Intumwa ya rubanda bityo ko akwiye kubiryozwa n’ubutabera.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi Wungirije w’Inteko Ishinga Amategeko, Colette Tshomba rigira riti “Inteko Ishinga Amategeko yamaganye kandi ibabajwe n’ibikubiye mu byo yatangaje (Jean-Marc Kabund) by’imvugo zidakwiye by’Umudepite w’Igihugu wandagaje Umukuru w’Igihugu kandi agomba kubikurikiranwaho n’inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha.”

Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, ivuga ko ibyatangajwe Jean-Marc Kabund binyuranyije n’amahame ngengamyitwarire y’abari mu nzego za Leta ndetse bikaba bitari bikwiye kuvugwa n’uwigeze kuba Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akaba yaranabaye perezida w’Ishyaka riri ku butegetsi rya UPDS.

Iri tangazo rivuga ko Inteko Ishinga Amategeko ya Congo yafunguye dosiye ku myitwarire idahwitse y’uyu munyapolitiki kuko ikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

EAC yakiriye DRC yazahajwe n’inyeshyamba ishobora no kwinjiramo Igihugu cyazengerejwe n’umutwe w’Iterabwoba

Next Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.