Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Patrick Bala usanzwe ari mu Ihuriro rizwi nka Union Sacrée rya Perezida Felix Tshisekedi, yashyikirijwe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’igihe hari abavuga ko yashimuswe n’u Rwanda.

Ikinyamakuru Laprunellerdc.info cyo muri DRC, dukesha aya makuru, kivuga ko Ambasade y’u Rwanda i Kinshasa yashyikirije Congo uyu munyapolitiki Dr Patrick Bala kuri uyu wa Kane tariki 09 Kamena 2022.

Ibitangazamakuru bitandukanye ndetse n’abanyapolitiki banyuranye muri DRC, bari bamaze iminsi bavuga ko uyu DR Patrick Bala wahoze ari umuhuzabikorwa w’ihuriro Union Sacrée rya Perezida Felix Tshisekedi, yaburiwe irengero kuva tariki 03 Kamena 2022 ubwo yari avuye iwe ku Gisenyi ashaka kwambuka ajya i Goma.

Laprunellerdc.info ubu iratangaza ko uyu mugabo yarekuwe nyuma y’icyumweru abuze, nk’uko byemezwa n’Umuhuzabikorwa wa Union Sacrée muri Kivu ya Ruguru, Stéphano Mashukano.

Stéphano Mashukano yavuze ko Dr Patrick Bala yarekuwe nyuma yuko bigizwemo uruhare na bamwe mu banyapolitiki ndetse n’imiryango inyuranye.

Yagize ati “Ndemeza irekurwa rye kuko namaze kuvugana na we ubwo yari acyururuka indege ya Ndjili i Kinshasa.”

Yakomeje ashimira abaturage bo mu Mujyi wa Goma bakoze imyigaragambyo basaba ko uyu Patrick Bala arekurwa.

Ati “Ndashimira kandi abayobozi ba Congo bakoze ibishoboka ngo Patrick Bala arekurwe. Yatanzwe na Ambasade y’u Rwanda i Kinshasa.”

Umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari wahujwe n’ifatwa ry’uyu mugabo.

Mu gihe havutse umwuka utari mwiza nk’uyu, hari bamwe bawitwikira bagashaka gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko, gusa u Rwanda nkuko rwakunze kubitangaza, ruvuga ko mu gihe cyose habayeho ibikorwa binyuranyije n’amategeko, haba hakwiye kwitabazwa izindi nzira ziboneye zo zubahirije amategeko kugira ngo bikemuke.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyije n’umutwe wa FDLR, baherutse gushimuta abasirikare babiri b’u Rwanda babakuye ku mupaka aho bariho bacunga umutekano.

Igisirikare cy’u Rwanda cyasabye ubutegetsi bwa Congo gukorana na FDLR, bakarekura aba basirikare b’u Rwanda, ndetse Perezida Felix Tshisekedi aza kwemera kubarekura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

Next Post

Mozambique: RDF yatangiye gusubiza abaturage mu byabo bari babikuwemo n’ibyihebe i MocimboaDaPraia

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yatangiye gusubiza abaturage mu byabo bari babikuwemo n’ibyihebe i MocimboaDaPraia

Mozambique: RDF yatangiye gusubiza abaturage mu byabo bari babikuwemo n’ibyihebe i MocimboaDaPraia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.