Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Nyefurwe mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, amaze iminsi itatu batazi aho aherereye mu gihe muri uyu Murege hari n’Umuyobozi w’Umudugudu umaze icyumweru kirenga na we yarabuze.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, RADIOTV10 yanditse inkuru y’Umuyobozi w’Umudugudu wa Nyakibande mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu witwa Mutezimana Jean Baptiste, wabuze mu cyumweru gishize, none abo mu muryango we bakaba barashakishije barahebye bakanabimenyesha inzego zinyuranye zirimo RIB.

Undi muturage witwa Niyigena Cyiza Hamza wo muri uyu Murenge wa Nyakiriba mu Kagari ka Nyefurwe mu Muduguru wa Muhira, na we bamaze iminsi itatu batazi aho aherereye.

Abo mu muryango wa Niyigena Cyiza Hamza wabwiye RADIOTV10 ko yavuye mu rugo agiye mu kazi ke k’ubucuruzi, bagategereza ko ahindura agataha, baraheba.

Umuryango w’uyu mugabo umaze imyaka ibiri ashinze urugo akaba afite n’umwana umwe, uvuga ko bamuhamagaye kuri telefone ariko nticemo, bakajya kubaza ku kazi ke, bakababwira ko icyo gihe bamuheruka atigeze ahakandagira.

Umuhire Elizabeth, umugore wa Hamza, avuga ko umugabo we atari asanzwe arenza saa mbiri ataragera mu rugo, ariko ko yatunguwe no kuba uwo munsi ataratashye ndetse ntanamumenyeshe.

Ati “Nahise mpamagara mu rugo iwabo nti ‘ese yaba yageze aho’ barambwira ngo ntawuhari, mpamagara no mu rugo mbabwira ko twamubuse, turaryama bucyeye mu gitondo mpita njya gutanga ikirego.

Uyu muryango uvuga ko ntaho utashakirije haba muri za kasho kugeza nubwo bagiye gushakishiriza mu buruhukiro bw’ibitaroko, uvuga ko Niyigena nta muntu yagiranaga na we ikibazo ku buryo wenda bakeka ko haba hari uwaramugiriye nabi akaba yamushimuta cyangwa akamwica.

Undi wo mu muryango w’uyu mugabo, yagize ati “Turahangayitse ntituzi niba ari muzima, ku masitasiyo yose ya Polisi ntawuhari, aho bajyana inzererezi ntawuhari ahantu hose twashatse ntawuhari.”

Niyigena umaze iminsi itatu yarabuze

Abo mu muryango wa Niyigena bavuga ko aho ari ashobora kuba atakiri muzima “kuko abaye ari muzima yakora ibishoboka byose natwe akatumara impungenge cyangwa niba ari na muzima, ahantu ari ashobora kuba ari mu bibazo bikomeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bugiye gukurikirana niba umuryango w’uyu mugabo koko wariyambaje inzego ubundi bagakorana n’inzego z’iperereza mu kumushakisha.

Yagize ati “Tugiye kumenya niba koko yaranabajije, kuko hari igihe yaba ataranabajije, twebwe tugiye kubaza abamukurikiranira, bitavuze ko twebwe tugomba kumufasha gukurikirana.”

Muri aka Karere ka Rubavu ntihari hakunze kumvikana inkuru z’abantu baburirwa irengero mu buryo nk’ubu, mu gihe muri iki cyumweru humvikanye babiri barimo uyu Niyigena Cyiza Hamza ndetse n’uriya Muyobozi w’Umudugudu wa Nyakibande, Mutezimana Jean Baptiste.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 15 =

Previous Post

Bwa mbere ibikomoka kuri Peteroli byageze mu 1.500Frw…Impamvu byazamutseho amafaranga menshi bitagezeho mbere

Next Post

Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Umunyapolitiki w'Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.