Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Albert Rudatsimburwa wageze mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yasanze abaturage babituyemo baryama bagasinzira, mu gihe mbere ntawagohekaga kubera umutekano mucye watezwaga n’imitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR.

Albert Rudatsimburwa ni nyiri igitangazamakuru cya Contact cyari gifite Radio na Televiziyo byakoreraga mu Rwanda, akaba umwe mu bakurikiranira hafi ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, yavuze ko yagiriye uruzinduko muri Terirwari igenzurwa na M23, agatungurwa n’uburyo yasanze byifashe.

Yagize ati “Urugendo nagiriye muri teritwari igenzurwa na M23, rwanyeretse uburyo abaturage bameze, muri Rutshuru na Nyiragongo n’ibice bya Masisi, abarenga kimwe cya kabiri cy’abaturage bari barahunze imitwe y’inyeshyamba ya FDLR na Mai-Mai.”

Rudatsimburwa akomeza avuga ko muri ibi bice biri mu maboko ya M23 yasanze abaturage batekanye kurusha uko byari bimeze mbere yuko uyu mutwe ufata ibi bice.

Ati “Ibintu byananiye MONUSCO mu myaka 30 byanashowemo miliyari 30 $, abantu babayeho mu mahoro n’umutekano.”

Uyu munyamakuru kandi agaragaza n’amafoto y’abaturage bari kuganirizwa n’abarwanyi b’umutwe wa M23, batabishisha, bigaragara ko bamenyeranye.

Albert Rudatsimburwa agaragaje uko yasanze byifashe mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 nyuma y’undi munyarwanda Me Gatere Nyiringabo Ruhumuriza na we wagendereye agaca ka Kishishe, agiye no gukora ubushakashatsi ku bwicanyi bwegetswe kuri M23.

Uyu munyamategeko w’Umunyarwanda na we yavuze ko yasanze abatuye muri aka gace babayeho batekanye, ndetse banavuga ko kuva M23 yahagera ari bwo babonye umutekano batigeze bagira mbere.

Mu mashusho yafashwe ubwo uyu munyamategeko yari yagiye gukora ubushakashatsi, abaturage bavugamo ko bifuza ko umutwe wa M23 waguma muri aka gace ka Kishishe kuko bafite impungenge ko igihe uzaba wahavuye, inyeshyamba za FDLR n’abasirikare ba FARDC, bazaza bakabagirira nabi.

Albert Rudatsimburwa yanageze ku modoka yambuwe Gen Cirimwami wa FARDC wari uyoboye urugamba rwo guhashya umutwe wa M23

Photos/Twitter-Albert Rudatsimburwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 10 =

Previous Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Next Post

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.