Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Albert Rudatsimburwa wageze mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yasanze abaturage babituyemo baryama bagasinzira, mu gihe mbere ntawagohekaga kubera umutekano mucye watezwaga n’imitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR.

Albert Rudatsimburwa ni nyiri igitangazamakuru cya Contact cyari gifite Radio na Televiziyo byakoreraga mu Rwanda, akaba umwe mu bakurikiranira hafi ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, yavuze ko yagiriye uruzinduko muri Terirwari igenzurwa na M23, agatungurwa n’uburyo yasanze byifashe.

Yagize ati “Urugendo nagiriye muri teritwari igenzurwa na M23, rwanyeretse uburyo abaturage bameze, muri Rutshuru na Nyiragongo n’ibice bya Masisi, abarenga kimwe cya kabiri cy’abaturage bari barahunze imitwe y’inyeshyamba ya FDLR na Mai-Mai.”

Rudatsimburwa akomeza avuga ko muri ibi bice biri mu maboko ya M23 yasanze abaturage batekanye kurusha uko byari bimeze mbere yuko uyu mutwe ufata ibi bice.

Ati “Ibintu byananiye MONUSCO mu myaka 30 byanashowemo miliyari 30 $, abantu babayeho mu mahoro n’umutekano.”

Uyu munyamakuru kandi agaragaza n’amafoto y’abaturage bari kuganirizwa n’abarwanyi b’umutwe wa M23, batabishisha, bigaragara ko bamenyeranye.

Albert Rudatsimburwa agaragaje uko yasanze byifashe mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 nyuma y’undi munyarwanda Me Gatere Nyiringabo Ruhumuriza na we wagendereye agaca ka Kishishe, agiye no gukora ubushakashatsi ku bwicanyi bwegetswe kuri M23.

Uyu munyamategeko w’Umunyarwanda na we yavuze ko yasanze abatuye muri aka gace babayeho batekanye, ndetse banavuga ko kuva M23 yahagera ari bwo babonye umutekano batigeze bagira mbere.

Mu mashusho yafashwe ubwo uyu munyamategeko yari yagiye gukora ubushakashatsi, abaturage bavugamo ko bifuza ko umutwe wa M23 waguma muri aka gace ka Kishishe kuko bafite impungenge ko igihe uzaba wahavuye, inyeshyamba za FDLR n’abasirikare ba FARDC, bazaza bakabagirira nabi.

Albert Rudatsimburwa yanageze ku modoka yambuwe Gen Cirimwami wa FARDC wari uyoboye urugamba rwo guhashya umutwe wa M23

Photos/Twitter-Albert Rudatsimburwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Next Post

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.