Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Albert Rudatsimburwa wageze mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yasanze abaturage babituyemo baryama bagasinzira, mu gihe mbere ntawagohekaga kubera umutekano mucye watezwaga n’imitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR.

Albert Rudatsimburwa ni nyiri igitangazamakuru cya Contact cyari gifite Radio na Televiziyo byakoreraga mu Rwanda, akaba umwe mu bakurikiranira hafi ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru usanzwe ari n’umusesenguzi mu bya politiki, yavuze ko yagiriye uruzinduko muri Terirwari igenzurwa na M23, agatungurwa n’uburyo yasanze byifashe.

Yagize ati “Urugendo nagiriye muri teritwari igenzurwa na M23, rwanyeretse uburyo abaturage bameze, muri Rutshuru na Nyiragongo n’ibice bya Masisi, abarenga kimwe cya kabiri cy’abaturage bari barahunze imitwe y’inyeshyamba ya FDLR na Mai-Mai.”

Rudatsimburwa akomeza avuga ko muri ibi bice biri mu maboko ya M23 yasanze abaturage batekanye kurusha uko byari bimeze mbere yuko uyu mutwe ufata ibi bice.

Ati “Ibintu byananiye MONUSCO mu myaka 30 byanashowemo miliyari 30 $, abantu babayeho mu mahoro n’umutekano.”

Uyu munyamakuru kandi agaragaza n’amafoto y’abaturage bari kuganirizwa n’abarwanyi b’umutwe wa M23, batabishisha, bigaragara ko bamenyeranye.

Albert Rudatsimburwa agaragaje uko yasanze byifashe mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23 nyuma y’undi munyarwanda Me Gatere Nyiringabo Ruhumuriza na we wagendereye agaca ka Kishishe, agiye no gukora ubushakashatsi ku bwicanyi bwegetswe kuri M23.

Uyu munyamategeko w’Umunyarwanda na we yavuze ko yasanze abatuye muri aka gace babayeho batekanye, ndetse banavuga ko kuva M23 yahagera ari bwo babonye umutekano batigeze bagira mbere.

Mu mashusho yafashwe ubwo uyu munyamategeko yari yagiye gukora ubushakashatsi, abaturage bavugamo ko bifuza ko umutwe wa M23 waguma muri aka gace ka Kishishe kuko bafite impungenge ko igihe uzaba wahavuye, inyeshyamba za FDLR n’abasirikare ba FARDC, bazaza bakabagirira nabi.

Albert Rudatsimburwa yanageze ku modoka yambuwe Gen Cirimwami wa FARDC wari uyoboye urugamba rwo guhashya umutwe wa M23

Photos/Twitter-Albert Rudatsimburwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + four =

Previous Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Next Post

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.