Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Gerardine Mukeshimana wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD).

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’iki Kigega, Perezida wacyo, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nashyizeho Madamu Gerardine Mukeshimana ukomoka mu Rwanda, nka Visi Perezida.”

Dr Gerardine Mukeshimana yahawe uyu mwanya nyuma y’amezi akabakaba ane akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yasimbujweho tariki 02 Werurwe 2023, agasimburwa na Dr Musafiri Ildephonse.

Dr Gerardine Mukeshimana, yari amaze imyaka ikabakaga icyenda ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, dore ko yari yahawe izi nshingano muri Nyakanga 2014.

Ishyirwaho rya Dr Mukeshimana nka Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga Gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi (IFAD), ryishimiwe n’Umunyarwandakazi mugenzi we Dr Agnes Kalibata, uyobora Ihuriro Nyafurika riharanira Impinduka mu Buhinzi, AGRA.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Dr Agnes Kalibata yagize ati “Ntewe ishema cyane no kubona Gerardine wari Minisitiri mu Rwanda yagizwe Visi Perezida wa IFAD. Ishyuka Gerardine Mukeshimana, uduteye ishema.”

Dr Agnes Kalibata yakomeje yizeza mugenzi we Mukeshimana Gerardine, imikoranire myiza n’ubufatanye by’umwihariko yaba ku giti cye ndetse no ku Ihuriro ayoboye riharanira Impinduka mu Buhinzi muri Afurika, AGRA.

Dr Gerardine Mukeshimana wize ibijyanye n’ubuhinzi muri Kamonuza y’u Rwanda akahakura impabumenyi cy’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, anafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu buhinzi yakuye muri Michigan State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubuhinzi, akaba yaranabaye umuhuzabikorwa w’umushinga wa Banki y’Isi mu guteza imbere ibice by’icyaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + two =

Previous Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Next Post

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

IZIHERUKA

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.