Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Gerardine Mukeshimana wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD).

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’iki Kigega, Perezida wacyo, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nashyizeho Madamu Gerardine Mukeshimana ukomoka mu Rwanda, nka Visi Perezida.”

Dr Gerardine Mukeshimana yahawe uyu mwanya nyuma y’amezi akabakaba ane akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yasimbujweho tariki 02 Werurwe 2023, agasimburwa na Dr Musafiri Ildephonse.

Dr Gerardine Mukeshimana, yari amaze imyaka ikabakaga icyenda ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, dore ko yari yahawe izi nshingano muri Nyakanga 2014.

Ishyirwaho rya Dr Mukeshimana nka Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga Gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi (IFAD), ryishimiwe n’Umunyarwandakazi mugenzi we Dr Agnes Kalibata, uyobora Ihuriro Nyafurika riharanira Impinduka mu Buhinzi, AGRA.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Dr Agnes Kalibata yagize ati “Ntewe ishema cyane no kubona Gerardine wari Minisitiri mu Rwanda yagizwe Visi Perezida wa IFAD. Ishyuka Gerardine Mukeshimana, uduteye ishema.”

Dr Agnes Kalibata yakomeje yizeza mugenzi we Mukeshimana Gerardine, imikoranire myiza n’ubufatanye by’umwihariko yaba ku giti cye ndetse no ku Ihuriro ayoboye riharanira Impinduka mu Buhinzi muri Afurika, AGRA.

Dr Gerardine Mukeshimana wize ibijyanye n’ubuhinzi muri Kamonuza y’u Rwanda akahakura impabumenyi cy’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, anafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu buhinzi yakuye muri Michigan State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubuhinzi, akaba yaranabaye umuhuzabikorwa w’umushinga wa Banki y’Isi mu guteza imbere ibice by’icyaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Next Post

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.