• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi wabaye Minisitiri mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Gerardine Mukeshimana wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD).

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’iki Kigega, Perezida wacyo, Alvaro Lario yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nashyizeho Madamu Gerardine Mukeshimana ukomoka mu Rwanda, nka Visi Perezida.”

Dr Gerardine Mukeshimana yahawe uyu mwanya nyuma y’amezi akabakaba ane akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yasimbujweho tariki 02 Werurwe 2023, agasimburwa na Dr Musafiri Ildephonse.

Dr Gerardine Mukeshimana, yari amaze imyaka ikabakaga icyenda ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, dore ko yari yahawe izi nshingano muri Nyakanga 2014.

Ishyirwaho rya Dr Mukeshimana nka Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga Gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi (IFAD), ryishimiwe n’Umunyarwandakazi mugenzi we Dr Agnes Kalibata, uyobora Ihuriro Nyafurika riharanira Impinduka mu Buhinzi, AGRA.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Dr Agnes Kalibata yagize ati “Ntewe ishema cyane no kubona Gerardine wari Minisitiri mu Rwanda yagizwe Visi Perezida wa IFAD. Ishyuka Gerardine Mukeshimana, uduteye ishema.”

Dr Agnes Kalibata yakomeje yizeza mugenzi we Mukeshimana Gerardine, imikoranire myiza n’ubufatanye by’umwihariko yaba ku giti cye ndetse no ku Ihuriro ayoboye riharanira Impinduka mu Buhinzi muri Afurika, AGRA.

Dr Gerardine Mukeshimana wize ibijyanye n’ubuhinzi muri Kamonuza y’u Rwanda akahakura impabumenyi cy’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, anafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu buhinzi yakuye muri Michigan State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’Ubuhinzi, akaba yaranabaye umuhuzabikorwa w’umushinga wa Banki y’Isi mu guteza imbere ibice by’icyaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 10 =

Previous Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Next Post

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru anejeje aranugwanugwa mu ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.