Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda na we yatanze kandidatire ngo azahatanire kuba Umudepite

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwenya uzwi mu Rwanda na we yatanze kandidatire ngo azahatanire kuba Umudepite
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Samson Mucyo, uzwi nka Samu mu itsinda ry’abanyarwenya rya Zuby Comedy, ni umwe mu batanze kandidatire bifuza guhatanira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko, uvuga ko yakuze yiyumvamo politiki ariko akagira ubwoba, none ubu bwashize.

Samu watanze kandidatire ye kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, arifuza guhatana mu cyiciro cy’urubyiruko, rusanzwe rugira abaruhagararira mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ubwo yari amaze gutanga kandidatire ye, Samu yavuze ko yakuze yiyumvamo Politiki, ariko agatinya kuyinjiramo, ariko ko abona igihe kigeze ngo ayinjiremo byeruye.

Yavuze ko akurikije umushinga amaze imyaka itatu ategura, yiyumvamo ubushobozi igihe yatsindira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko, kandi ko yumva hari umusanzu ukomeye yatanga nk’umwe mu rubyiruko mu gukomeza kubaka Igihugu.

Ati “Ku bwanjye mfite umushinga nkozeho imyaka itatu, nimpabwa uburenganzira, ni umushinga uzajya utanga akazi ku rubyiruko, ku kwezi uzajya uha akazi abantu bagera muri 60 bo mu nzego zitandukanye. Mu gihe tuzahabwa amahirwe, dufite byinshi byo gukora.”

Avuga ko nubwo ntawundi munyarwenya uratsindira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ariko ko aramutse agize amahirwe akayinjiramo, ari bwo yafata icyerekezo cy’umwuga we wo gusetsa, niba yawukomeza cyangw akawuhagarika.

Icyakoze avuga ko uyu mwuga w’urwenya usanzwe unatanga umusanzu muri gahunda za Politiki, nko mu bukangurambaga buba bugamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ati “Comedy ntabwo ari mbi, ni uruganda rwiza, hari umusanzu twagiye dutanga nko muri Transparency Rwanda, Zuby yatanze umusanzu mu kurwanya ruswa, twakoranye na bo mu gihe cy’imyaka ibiri, twakoranye na Polisi muri ‘Gerayo Amahoro’…”

Samu avuga ko atanze kandidatire akaba ategereje ko izemezwa cyangwa itemezwa, ariko ko yakwemezwa cyangwa ntiyemezwe, kuri we byose azabyakira, ariko ko politiki yo azayigumamo kandi asanzwe anayirimo nk’abandi bose baba bafite ibyo bakora biganisha ku mirongo migari.

Samu wo muri Zuby Comedy nyuma yo gutanga kandidatire yaganirije itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwavuze igihano bwifuza ko gihabwa uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda wasanganywe intwaro iwe

Next Post

Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw

Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.