Uwari umupilote wa Sosiyete y’Indege ya Canada (Air Canada), yatawe muri yombi nyuma yo gutahurwaho kutagira uruhushya rumwerera gutwara indege nyuma y’imyaka hafi 17 yamaze muri aka kazi.
Polisi yo muri Peel, muri Ontario, ku wa Kabiri yatangaje ko ishinja captain Geoffrey Wall uwahoze ari umupilote wa Air Canada, uburiganya n’ibindi byaha nyuma y’iperereza ry’amezi ane.
Polisi yo mu Karere ka Peel yavuze ko Wall, w’imyaka 59, yakoresheje impushya z’uburiganya zo gutwara indege, mu ngendo zirenga 900 zo mu Gihugu no mu mahanga hagati ya 2009 na 2025.
Polisi yavuze ko yabonye ibimenyetso bigaragaza ko Wall yabeshye ubuyobozi bwa Air Canada n’iz’indege za gisivili ku mpapuro zemeza ko ari zo ukuri mbere yuko ajya mu kiruhuko cy’izabukuru mu 2025.
Nubwo Wall yari afite uruhushya rwemewe rwo gutwara ibinyabiziga mu by’ubucuruzi, nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga yari afite, icyemezo cyo hejuru cy’ubupilote gisabwa ku mupilote w’indege z’ubucuruzi, nk’uko polisi yabitangaje.
Wall akurikiranyweho icyaha kimwe cy’uburiganya, ibyaha bibiri byo gutangaza inyandiko mpimbano, ibyaha bitatu byo kugira ikirango cy’impimbano, n’icyaha kimwe cyo gushyira mu kaga rubanda.
Umuyobozi wa Polisi yo mu Karere ka Peel, Nishan Duraiappah, mu itangazo rye yagize ati “Iki kirego giteye impungenge cyane kandi kibangamiye icyizere n’umutekano by’abaturage, kuko bivugwa ko uregwa yashyize abagenzi ibihumbi n’ibihumbi mu kaga mu ngendo zisaga 900 z’imbere mu Gihugu no mu mahanga.”
Air Canada yavuze ko nubwo ibikorwa bishinjwa uyu mupilote “bbikomeye cyane”, ariko umutekano w’abagenzi ntiwigeze uhungabana, kuko abapilote bose bahabwa amahugurwa buri mezi atandatu kugira ngo basuzume ubushobozi bwabo, hiyongereyeho igenzura ry’ingendo rikorwa buri mwaka n’umupilote wemewe.
RADIOTV10





