Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA
0
Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Ibuka Rwanda Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wababajwe n’urupfu rwa Safari Christine wari Perezida wawo mu Buholandi witabye Imana, unafata mu mugungo umuryango we.

Urupfu rwa Safari Christine wari Perezida wa Ibuka mu Buholandi, rwamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 02 Werurwe 2025.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bwa Ibuka Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe, uyu Muryango uharanira Inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wunamiye nyakwigendera.

Ubu butumwa bugira buti “Tubabajwe n’urupfu rwa Safari Christine, Perezida wa Ibuka mu Buholandi. Umuhate we mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorwe Abarutsi mu 1994 ndetse n’ubuvugizi yakoreraga abarokotse, bizakomeza kutubera umurage.”

Ubuyobozi bwa Ibuka Rwanda kandi buvuga ko bwifatanyije n’umuryango wa nyakwigendera ndetse n’abandi bose bari bamuzi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungire wigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa Safari Christine.

Mu butumwa yatambukije kuri iki Cyumweru tariki 02 Werurwe, Amb. Nduhungirehe yagize ati “Nashenguwe n’itabaruka rya Safari Christine, Umuyobozi wa Ibuka mu Buholandi. Ndihanganisha Umugabo we Leon n’abana be.”

Amb. Nduhungire yakomeje avuga ko Christine yaranzwe no guharanira ibyiza, byumwihariko mu bikorwa byo kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, mu bumwe n’ubwiyunge ndetse no guhangana n’abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Nk’uwahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi wagize amahirwe yo gukorana nawe, nzahora nzirikana ubucuti bwawe, umuhate wawe, kwihangana kwawe ndetse n’ibyo wagezeho.”

Bamwe mu Banyarwanda baba ku Mugabane w’u Burayi, ndetse n’ab’imbere mu Gihugu n’ababa mu bindi bice by’Isi; bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Safari Christine, wari umwe mu bagaragaza urukundo bafitiye Igihugu cyabibarutse.

Safari Christine wari Perezida wa Ibuka mu Buholandi yitabye Imana
Minisitiri Nduhungirehe yashengwe n’urupfu rwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Next Post

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.