Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA
0
Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Ibuka Rwanda Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wababajwe n’urupfu rwa Safari Christine wari Perezida wawo mu Buholandi witabye Imana, unafata mu mugungo umuryango we.

Urupfu rwa Safari Christine wari Perezida wa Ibuka mu Buholandi, rwamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 02 Werurwe 2025.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bwa Ibuka Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe, uyu Muryango uharanira Inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wunamiye nyakwigendera.

Ubu butumwa bugira buti “Tubabajwe n’urupfu rwa Safari Christine, Perezida wa Ibuka mu Buholandi. Umuhate we mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorwe Abarutsi mu 1994 ndetse n’ubuvugizi yakoreraga abarokotse, bizakomeza kutubera umurage.”

Ubuyobozi bwa Ibuka Rwanda kandi buvuga ko bwifatanyije n’umuryango wa nyakwigendera ndetse n’abandi bose bari bamuzi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungire wigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa Safari Christine.

Mu butumwa yatambukije kuri iki Cyumweru tariki 02 Werurwe, Amb. Nduhungirehe yagize ati “Nashenguwe n’itabaruka rya Safari Christine, Umuyobozi wa Ibuka mu Buholandi. Ndihanganisha Umugabo we Leon n’abana be.”

Amb. Nduhungire yakomeje avuga ko Christine yaranzwe no guharanira ibyiza, byumwihariko mu bikorwa byo kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, mu bumwe n’ubwiyunge ndetse no guhangana n’abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Nk’uwahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi wagize amahirwe yo gukorana nawe, nzahora nzirikana ubucuti bwawe, umuhate wawe, kwihangana kwawe ndetse n’ibyo wagezeho.”

Bamwe mu Banyarwanda baba ku Mugabane w’u Burayi, ndetse n’ab’imbere mu Gihugu n’ababa mu bindi bice by’Isi; bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Safari Christine, wari umwe mu bagaragaza urukundo bafitiye Igihugu cyabibarutse.

Safari Christine wari Perezida wa Ibuka mu Buholandi yitabye Imana
Minisitiri Nduhungirehe yashengwe n’urupfu rwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Next Post

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.