Friday, September 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’ umaze imyaka 10 ukorera mu Rwanda, urishimira ibyo umaze kugeraho birimo kuzamura imibereho ya bamwe mu baturage no guteza imbere uburezi bw’ibanze bw’abana bato, bikawutera imbaraga zo gukora ibirenze.

Elizabeth Johnson Mujawamariya uyobora uyu muryango Ineza Foundation, avuga ko waje uje kunganira undi witwa ‘Grace Rwanda’ wari wabanje gushingwa, aho uyu Ineza Foundation wo washinzwe mu Rwanda mu mwaka wa 2014.

Ati “Uyu munsi ni nk’aho turi gusa nk’abibuka ibyakozwe muri iyi myaka icumu kugira ngo turebe aho tugana ejo, ariko dusubiza amaso inyuma tureba n’ibyakozwe, kugira ngo twinenge, cyangwa se twishime cyane cyane turi kumwe n’inshuti n’abavandimwe kugira ngo dukomeze dutere iyo ntambwe mu gukomeza kubaka u Rwanda rwacu rwatubyaye.”

Avuga ko mu gutangiza uyu muryango bitari byoroshye, ariko ko ubushake bwari buhari bwagiye bubashisha abawushinze gushikama, no gukomeza gushyira imbaraga mu kuwukuza none ukaba umaze kugira uruhare runini mu mibereho y’imwe mu miryango ndetse no guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda, ndetse no kuzamura uburezi bw’ibanze mu bana bato.

Ati “Iyo hari ubushake byose birashoboka, ni yo mpamvu navuga ko iyi myaka 10 ishize hari byinshi twigiyemo, ariko hari na byinshi twungukiyemo cyane, kuko twaje dufite itsinda ry’abantu babiri cyangwa batatu, none ubu hari itsinda i Rulindo, hari itsinda i Jabana, hari itsinda rya Gisozi…ibyo byose ni ibyo kwishimira kuko nk’uko dukunze kubivuga ibintu dukora byose, tubikora mu rwego rw’uko dushaka ko umuryango wigira.”

Avuga ko aho bafite ibikorwa hose, nko mu marerero y’abana bato, ndetse n’amasomera, hari ubuhamya bw’intambwe ishimishije imaze guterwa kubera byo, kandi ko biri no mu biha imbaraga ubuyobozi bw’uyu muryango gukomeza gukorana umurava.

Avuga ko intego y’uyu muryango yagezweho nubwo atari ijana ku ijana, kuko “ibikenewe gukorwa biracyari byinshi, ntabwo rero tugomba kwirara tuvuge ngo twarakoze ngo birarangiye ahubwo tugomba kongeramo za mbaraga kugira ngo ibintu bikomeze bitere intambwe mu buryo bushimishije, ku buryo mu yindi myaka icumi twasubiza amaso inyuma tukavuga ko hari byinshi twagezeho birenga ibyo twakoze muri iyi myaka icumi ishize.”

Avuga ko muri iyi myaka iri mbere uyu muryango ufite intego z’ibanze zirimo gushyiraho amatsinda (community center) y’icyitegererezo ku buryo “twajya tuyaheraho tuvuga tuti niba twakoze iya Shyorongi, reka tuyimukane tuyishyire i Jabana, reka tuyimukane tuyishyire i Nyamagabe, mbese ku buryo ari cya kintu gikomatanye, hazaba harimo isomero, harimo urugo mbonezamikurire rufasha abana mu buryo bufatika, ibikorwa by’abamama, harimo kudoda ibikapu,…bakabasha kwihangira imirimo cyane cyane n’urubyiruko, bakabasha kwikura mu bukene.”

Avuga ko ibi bizashyirwamo imbaraga mu myaka itatu iri imbere, ku buryo bizaba umusingi w’ibyo bifuza kuzageraho mu yindi myaka icumi iri imbere.

Uyu Muryango ‘Ineza Foundation’, wibanda mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, byumwihariko no mu guteza imbere umuco wo gusoma, aho umaze gutanga ibitabo ibihumbi 250 mu Rwanda hose.

Hagaragajwe bimwe mu byagezweho mu myaka icumi uyu Muryango umaze
Wagize uruhare mu kuzamura imibereho y’abari n’abategarugori
No mu burezi bw’ibanze bw’abana bato
Uyu muryango

Habayeho n’ibirori binogeye ijisho

Banakase umutsima wo kwishimira iyi sabukuru y’imyaka 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Next Post

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.