Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’ umaze imyaka 10 ukorera mu Rwanda, urishimira ibyo umaze kugeraho birimo kuzamura imibereho ya bamwe mu baturage no guteza imbere uburezi bw’ibanze bw’abana bato, bikawutera imbaraga zo gukora ibirenze.

Elizabeth Johnson Mujawamariya uyobora uyu muryango Ineza Foundation, avuga ko waje uje kunganira undi witwa ‘Grace Rwanda’ wari wabanje gushingwa, aho uyu Ineza Foundation wo washinzwe mu Rwanda mu mwaka wa 2014.

Ati “Uyu munsi ni nk’aho turi gusa nk’abibuka ibyakozwe muri iyi myaka icumu kugira ngo turebe aho tugana ejo, ariko dusubiza amaso inyuma tureba n’ibyakozwe, kugira ngo twinenge, cyangwa se twishime cyane cyane turi kumwe n’inshuti n’abavandimwe kugira ngo dukomeze dutere iyo ntambwe mu gukomeza kubaka u Rwanda rwacu rwatubyaye.”

Avuga ko mu gutangiza uyu muryango bitari byoroshye, ariko ko ubushake bwari buhari bwagiye bubashisha abawushinze gushikama, no gukomeza gushyira imbaraga mu kuwukuza none ukaba umaze kugira uruhare runini mu mibereho y’imwe mu miryango ndetse no guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda, ndetse no kuzamura uburezi bw’ibanze mu bana bato.

Ati “Iyo hari ubushake byose birashoboka, ni yo mpamvu navuga ko iyi myaka 10 ishize hari byinshi twigiyemo, ariko hari na byinshi twungukiyemo cyane, kuko twaje dufite itsinda ry’abantu babiri cyangwa batatu, none ubu hari itsinda i Rulindo, hari itsinda i Jabana, hari itsinda rya Gisozi…ibyo byose ni ibyo kwishimira kuko nk’uko dukunze kubivuga ibintu dukora byose, tubikora mu rwego rw’uko dushaka ko umuryango wigira.”

Avuga ko aho bafite ibikorwa hose, nko mu marerero y’abana bato, ndetse n’amasomera, hari ubuhamya bw’intambwe ishimishije imaze guterwa kubera byo, kandi ko biri no mu biha imbaraga ubuyobozi bw’uyu muryango gukomeza gukorana umurava.

Avuga ko intego y’uyu muryango yagezweho nubwo atari ijana ku ijana, kuko “ibikenewe gukorwa biracyari byinshi, ntabwo rero tugomba kwirara tuvuge ngo twarakoze ngo birarangiye ahubwo tugomba kongeramo za mbaraga kugira ngo ibintu bikomeze bitere intambwe mu buryo bushimishije, ku buryo mu yindi myaka icumi twasubiza amaso inyuma tukavuga ko hari byinshi twagezeho birenga ibyo twakoze muri iyi myaka icumi ishize.”

Avuga ko muri iyi myaka iri mbere uyu muryango ufite intego z’ibanze zirimo gushyiraho amatsinda (community center) y’icyitegererezo ku buryo “twajya tuyaheraho tuvuga tuti niba twakoze iya Shyorongi, reka tuyimukane tuyishyire i Jabana, reka tuyimukane tuyishyire i Nyamagabe, mbese ku buryo ari cya kintu gikomatanye, hazaba harimo isomero, harimo urugo mbonezamikurire rufasha abana mu buryo bufatika, ibikorwa by’abamama, harimo kudoda ibikapu,…bakabasha kwihangira imirimo cyane cyane n’urubyiruko, bakabasha kwikura mu bukene.”

Avuga ko ibi bizashyirwamo imbaraga mu myaka itatu iri imbere, ku buryo bizaba umusingi w’ibyo bifuza kuzageraho mu yindi myaka icumi iri imbere.

Uyu Muryango ‘Ineza Foundation’, wibanda mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, byumwihariko no mu guteza imbere umuco wo gusoma, aho umaze gutanga ibitabo ibihumbi 250 mu Rwanda hose.

Hagaragajwe bimwe mu byagezweho mu myaka icumi uyu Muryango umaze
Wagize uruhare mu kuzamura imibereho y’abari n’abategarugori
No mu burezi bw’ibanze bw’abana bato
Uyu muryango

Habayeho n’ibirori binogeye ijisho

Banakase umutsima wo kwishimira iyi sabukuru y’imyaka 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Next Post

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.