Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango ‘Ineza Foundation’ urishimira ibyo wagezeho mu myaka 10 umaze ukorera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’ umaze imyaka 10 ukorera mu Rwanda, urishimira ibyo umaze kugeraho birimo kuzamura imibereho ya bamwe mu baturage no guteza imbere uburezi bw’ibanze bw’abana bato, bikawutera imbaraga zo gukora ibirenze.

Elizabeth Johnson Mujawamariya uyobora uyu muryango Ineza Foundation, avuga ko waje uje kunganira undi witwa ‘Grace Rwanda’ wari wabanje gushingwa, aho uyu Ineza Foundation wo washinzwe mu Rwanda mu mwaka wa 2014.

Ati “Uyu munsi ni nk’aho turi gusa nk’abibuka ibyakozwe muri iyi myaka icumu kugira ngo turebe aho tugana ejo, ariko dusubiza amaso inyuma tureba n’ibyakozwe, kugira ngo twinenge, cyangwa se twishime cyane cyane turi kumwe n’inshuti n’abavandimwe kugira ngo dukomeze dutere iyo ntambwe mu gukomeza kubaka u Rwanda rwacu rwatubyaye.”

Avuga ko mu gutangiza uyu muryango bitari byoroshye, ariko ko ubushake bwari buhari bwagiye bubashisha abawushinze gushikama, no gukomeza gushyira imbaraga mu kuwukuza none ukaba umaze kugira uruhare runini mu mibereho y’imwe mu miryango ndetse no guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda, ndetse no kuzamura uburezi bw’ibanze mu bana bato.

Ati “Iyo hari ubushake byose birashoboka, ni yo mpamvu navuga ko iyi myaka 10 ishize hari byinshi twigiyemo, ariko hari na byinshi twungukiyemo cyane, kuko twaje dufite itsinda ry’abantu babiri cyangwa batatu, none ubu hari itsinda i Rulindo, hari itsinda i Jabana, hari itsinda rya Gisozi…ibyo byose ni ibyo kwishimira kuko nk’uko dukunze kubivuga ibintu dukora byose, tubikora mu rwego rw’uko dushaka ko umuryango wigira.”

Avuga ko aho bafite ibikorwa hose, nko mu marerero y’abana bato, ndetse n’amasomera, hari ubuhamya bw’intambwe ishimishije imaze guterwa kubera byo, kandi ko biri no mu biha imbaraga ubuyobozi bw’uyu muryango gukomeza gukorana umurava.

Avuga ko intego y’uyu muryango yagezweho nubwo atari ijana ku ijana, kuko “ibikenewe gukorwa biracyari byinshi, ntabwo rero tugomba kwirara tuvuge ngo twarakoze ngo birarangiye ahubwo tugomba kongeramo za mbaraga kugira ngo ibintu bikomeze bitere intambwe mu buryo bushimishije, ku buryo mu yindi myaka icumi twasubiza amaso inyuma tukavuga ko hari byinshi twagezeho birenga ibyo twakoze muri iyi myaka icumi ishize.”

Avuga ko muri iyi myaka iri mbere uyu muryango ufite intego z’ibanze zirimo gushyiraho amatsinda (community center) y’icyitegererezo ku buryo “twajya tuyaheraho tuvuga tuti niba twakoze iya Shyorongi, reka tuyimukane tuyishyire i Jabana, reka tuyimukane tuyishyire i Nyamagabe, mbese ku buryo ari cya kintu gikomatanye, hazaba harimo isomero, harimo urugo mbonezamikurire rufasha abana mu buryo bufatika, ibikorwa by’abamama, harimo kudoda ibikapu,…bakabasha kwihangira imirimo cyane cyane n’urubyiruko, bakabasha kwikura mu bukene.”

Avuga ko ibi bizashyirwamo imbaraga mu myaka itatu iri imbere, ku buryo bizaba umusingi w’ibyo bifuza kuzageraho mu yindi myaka icumi iri imbere.

Uyu Muryango ‘Ineza Foundation’, wibanda mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, byumwihariko no mu guteza imbere umuco wo gusoma, aho umaze gutanga ibitabo ibihumbi 250 mu Rwanda hose.

Hagaragajwe bimwe mu byagezweho mu myaka icumi uyu Muryango umaze
Wagize uruhare mu kuzamura imibereho y’abari n’abategarugori
No mu burezi bw’ibanze bw’abana bato
Uyu muryango

Habayeho n’ibirori binogeye ijisho

Banakase umutsima wo kwishimira iyi sabukuru y’imyaka 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + two =

Previous Post

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Next Post

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika yitwaye neza arimo iyatsinze iyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.