Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rubavu, watangiye igikorwa cyo gufasha abana bari inzererezi, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame asuye aka Karere akagaya uburyo abana birirwa ku muhanda bazerera, avuga ko bamwe mu bana yafashije bahoze ari inzererezi baranajujubije abantu babiba, ubu ari abagabo.

Ngenzi Shiraniro Jean Paul avuga ko ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasuraga Akarere ka Rubavu mu myaka icumi ishize, yanenze kuba abana birirwa bazerera ku mihanda batiga.

Uyu muturage avuga ko byamuteye ishyaka ryo kumva ko hari umusanzu yatanga, bituma atangira kujya afata abana bo mu Murenge wa Nyundo na Kanama akabasigarana kugira ngo ababyeyi babo babone uko bajya gushakisha ndetse anakura abandi bamwe mu buzererezi.

Ati “Ubwo yadusuraga, yaradushimye ariko aranatugaya, ku bw’abana yabonye bari mu muhanda basa nabi batajya ku Ishuri. Nk’umwe mu bari bahamagawe nk’uvuga rikijyana muri aka Karere, icyo kintu nagitahanye ku mutima.”

Bamwe mu bana bafashijwe na Jean Paul, na bo bavuga ko bamaze kuba abagabo kubera inama nziza bahawe n’uyu mugabo n’ubwo hari bamwe byananiye kuzikurikiza bagakomeza inzira y’umuhanda.

David Muzabirema ati “Ubu ndi umuntu w’umugabo ubyaye kabiri. Mpura na Jean Paul nari umurara ukora mu mufuka, aragenda adushyira hamwe atugira inama, arangije aravuga ati ‘myishyire hamwe mbahe akazi mureke kujya mukora mu mufuka’ izo ngeso nazivuyeho neza neza.”

Munguyiko Olivier na we wafashijwe kwiga na Jean Paul, akamwishyurira amafaranga y’ishuri kuva mu mashuri abanza kugeza mu yisumbuye, avuga ko nyuma y’uko arangije kwiga, yatangiye gukora, none ubu yabaye umugabo ufatika.

Ati “Ni ukuvuga ngo umusingi ni we wawumpaye, kuko ibyo nkora ni ukubera uburezi nabonye butuma n’ibyo nkora mbikora neza.”

Uwizeyimana Josiane, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo aho uyu mugabo yatangirije ibi bikorwa byo gufasha abana, avuga ko ibikorwa bye byagabanyije urugomo muri uyu Murenge, akanasaba abandi kumufatiraho urugero rwiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 19 =

Previous Post

2022-2023: U Rwanda rwaje mu Bihugu byagaragayemo umwihariko ku itumbagira ry’ibiciro

Next Post

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.