• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rubavu, watangiye igikorwa cyo gufasha abana bari inzererezi, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame asuye aka Karere akagaya uburyo abana birirwa ku muhanda bazerera, avuga ko bamwe mu bana yafashije bahoze ari inzererezi baranajujubije abantu babiba, ubu ari abagabo.

Ngenzi Shiraniro Jean Paul avuga ko ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasuraga Akarere ka Rubavu mu myaka icumi ishize, yanenze kuba abana birirwa bazerera ku mihanda batiga.

Uyu muturage avuga ko byamuteye ishyaka ryo kumva ko hari umusanzu yatanga, bituma atangira kujya afata abana bo mu Murenge wa Nyundo na Kanama akabasigarana kugira ngo ababyeyi babo babone uko bajya gushakisha ndetse anakura abandi bamwe mu buzererezi.

Ati “Ubwo yadusuraga, yaradushimye ariko aranatugaya, ku bw’abana yabonye bari mu muhanda basa nabi batajya ku Ishuri. Nk’umwe mu bari bahamagawe nk’uvuga rikijyana muri aka Karere, icyo kintu nagitahanye ku mutima.”

Bamwe mu bana bafashijwe na Jean Paul, na bo bavuga ko bamaze kuba abagabo kubera inama nziza bahawe n’uyu mugabo n’ubwo hari bamwe byananiye kuzikurikiza bagakomeza inzira y’umuhanda.

David Muzabirema ati “Ubu ndi umuntu w’umugabo ubyaye kabiri. Mpura na Jean Paul nari umurara ukora mu mufuka, aragenda adushyira hamwe atugira inama, arangije aravuga ati ‘myishyire hamwe mbahe akazi mureke kujya mukora mu mufuka’ izo ngeso nazivuyeho neza neza.”

Munguyiko Olivier na we wafashijwe kwiga na Jean Paul, akamwishyurira amafaranga y’ishuri kuva mu mashuri abanza kugeza mu yisumbuye, avuga ko nyuma y’uko arangije kwiga, yatangiye gukora, none ubu yabaye umugabo ufatika.

Ati “Ni ukuvuga ngo umusingi ni we wawumpaye, kuko ibyo nkora ni ukubera uburezi nabonye butuma n’ibyo nkora mbikora neza.”

Uwizeyimana Josiane, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo aho uyu mugabo yatangirije ibi bikorwa byo gufasha abana, avuga ko ibikorwa bye byagabanyije urugomo muri uyu Murenge, akanasaba abandi kumufatiraho urugero rwiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

2022-2023: U Rwanda rwaje mu Bihugu byagaragayemo umwihariko ku itumbagira ry’ibiciro

Next Post

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.