Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga, ya MTN Rwanda PLC yatangaje umusaruro wayo mu gihembwe cya mbere cya 2023, birimo kuba abakoresha umurongo wayo bariyongereyeho ibihumbi 451, ndetse ikaba yarabonye inyungu ya miliyari 27 Frw.

Iyi mibare ni iy’ibyagezweho na MTN Rwanda mu gihembwe cya mbere cyarangiye tariki 31 Werurwe 2023, igaragaza ko abakoresha umurongo w’iyi sosiyete bageze kuri Miliyoni 6,9 nyuma yo kwiyongeraho abashya 451.000 babonetse muri iki gihembwe.

MTN kandi ivuga ko abakoresha ikoranabuhanga ryo kohererezanya amafaranga rya MoMo, biyongereyeho ibihumbi 646, ubu bakaba bageze kuri miliyoni 4,4.

Izamuka ry’ibiciro ku isoko ku bigo byo hejuru ryazamutse kuri 19,3% ugereranyije n’ukwezi kwa Werurwe 2022, ryatumye ibyinjijwe na serivisi za MTN byiyongeraho 14,9% kuko habonetse urwunguko rwa Miliyari 58,4 Frw harimo imisoro ndetse n’ibindi byose, aho inyungu yabonetse yabaye Miliyari 27 Frw ukuyemo ibyo bindi byose, bituma inyungu izamukaho 9,4%.

Iyi nyungu yabonetse irimo izamuka rya 22,2% ku ma-unites ya internet na serivisi za Mobile Money, mu gihe serivisi z’ama-unites yo guhamagara yazamutse kuri 43,3%, aho yagabanutseho 1%.

Mark Nkurunziza, umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari muri MTN Rwanda, yavuze ko iyi mibare y’ibyagezweho muri iki gihembwe cyasojwe tariki 31 Werurwe, bigaragaza izamuka rishimishije, kuko inyungu yabonetse hakuwemo ibindi byose, yazamutseho 9,4 %.

Yagize ati “Ibi bishimangira izamuka ry’ibikorwa by’ubucuruzi mu gukomeza gufasha abantu kuvugana bizatuma tunazamura ku rundi rwego ikoranabuhanga rya 4G.”

Ubucuruzi bwa Mobile Money bwagaragaje imbaraga nyinshi, aho amafaranga yabuvuyemo yikubye kabiri akazamuka kuri 43,3%, burimo ubwo kohererezanya amafaranga kuri iri koranabuhanga ndetse n’uburyo bwo kugura ama-unites, ndetse no kwishyurana.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Twishimiye kugaragaza umusaruro w’igihembwe cyacu cya mbere cya 2023, kibaye icya mbere cy’izamuka rinini ndetse no kunguka abafatabuguzi benshi. Twashimishijwe n’umusaruro wacu, bigaragaza ubushobozi bwacu bw’intego zacu z’ibanze ndetse bituma tubasha kureba imbere h’ubucuruzi bwacu.”

Mapula Bodibe yavuze ko uretse ibibazo byugarije ishoramari rigari nk’iri, ariko iyi sosiyete ya MTN Rwanda yifuza gutanga umusansu mu gushaka ibisubizo by’ibibazo hakoreshejwe ikoranabuhanga mu Rwanda, kandi ko buri Muturarwanda akwiye gukoresha ikoranabuhanga rigezweho ryo guhamagarana n’irya internet.

Ati “Turacyafite umuhate n’imbaraga byo guhanga indangagaciro kandi tuzakomeza kuzana udushya muri buzinesi yacu, tunarushaho kubaha abakiliya, abanyamigabane n’abafatanyabikorwa bacu.”

Iyi sosiyete kandi ikomeza kugaragara mu bikorwa bifasha kuzamura imibereho y’abaturage no kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu, aho muri Werurwe uyu wa mwaka wa 2023, yifatanyije n’Akarere ka Kicukiro mu gikorwa cy’Umuganda ngarukakwezi, ahatangijwe gahunda yo gukangurira urubyiruko kwita ku bidukikije, ndetse ikaba yaranatanze miliyoni 50 Frw muri gahunda yo kubaka ubusitani mu mushinga wo gukomeza kwita ku bidukikije.

Mu biteganyijwe gukorwa n’iyi sosiyete ya MTN Rwanda, harimo gutangiza umuyoboro wa Internet inyaruka cyane ya 4G mu Gihugu hose, izatangizwa mu gihembwe gitaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

Next Post

DRCongo: Havumbuye imirambo myinshi mu gace kahozemo umutwe udahwema kwica abaturage urw’agashinyaguro

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Havumbuye imirambo myinshi mu gace kahozemo umutwe udahwema kwica abaturage urw’agashinyaguro

DRCongo: Havumbuye imirambo myinshi mu gace kahozemo umutwe udahwema kwica abaturage urw'agashinyaguro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.