Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga, bavuga ko urugendo rw’akazi Perezida Paul Kagame aherutse kugirira muri bimwe mu Bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, rushobora gusiga amahirwe mashya y’ishoramari ku Banyarwanda.

Uru ruzinduko rw’iminsi itanu, Perezida Paul Kagame yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, yarutangiriye muri Benin, aganira na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Patrice Guillaume Athanase Talon.

Ni ibiganiro byibanze ku bufatanye mu mutekano, aho Talon yeruye avuga ko yiteguye kwakira ingabo z’u Rwanda ngo zimufashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba yazahaje amajyaruguru y’Igihugu cye.

Perezida Kagame yavuye i Porto-Novo akomereza muri Guinea-Bissau. Mu masaha macye yamaze i Bissau; Umaro Mokhtar Sissoco Embaló uyobora iki Gihugu, yavuze ko biteguye imikoranire itanga inyungu zihuriweho.

Ibyo ni na ko byagenze ageze muri Guinea Conakry, aho Perezida Paul Kagame na Col Mamadi Doumbouya bemeranyijwe ko ntakibazo cyabananira bafatanyije.

Urugendo nk’uru rwo mu Bihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba ntirusanzwe, ku buryo hari abavuga ko rufite intego ikomeye kandi rushobora gusigira amahirwe menshi Abanyarwanda.

Dr Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga, avuga ko nko ku Gihugu cya Benin, Sosiyete y’Ingendo z’Indege y’u Rwanda ya RwandAir yari yaratangiye kwerecyeza i Cotonou, ku buryo uru ruzinduko ruzongera imbaraga imikoranire.

Yagize ati “Ibyo bikwereka ubushake bwa politike bwaho muri kiriya Gihugu. Mwumvise ko na Binin ishaka gukora icyitwa Benin Airline; aho Benin ishobora kugira nka 51% u Rwanda na rwo rukagira nka mirongo ine na kangahe ku ijana. Za Guinea zombi; iyo urebye nka Guinea Bissau. Muzi ko bagiranye n’u Rwanda amasezerano mu bucuruzi, uburezi n’ubukerarugendo.”

Yakomeje agaruka kuri Guinea Conakry, ati “Ni Igihugu gifite zahabu, diyama nyinshi ndetse gifite amabuye y’agaciro akomeye. U Rwanda rwabasangiza ubunararibonye mu gutunganya amabuye y’agaciro, nk’Igihugu gikoresha ururimi rw’Igifaransa ni amahirwe yo kubana na biriya Bihugu ku buryo dushobora kuzamura abacuruzi bacu n’izindi nzego ku buryo bakwagurirayo ibikorwa nk’abashoramari ba hano mu Rwanda.”

Uru rugendo rwa Perezida Paul Kagame rusize ibi Bihugu bitatu byemeranyijwe n’u Rwanda imikoranire ishikamye, kuva ku rwego rw’umutekano, kugeza ku yindi mishinga itanga inyungu zihuriweho igamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Next Post

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.