Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga, bavuga ko urugendo rw’akazi Perezida Paul Kagame aherutse kugirira muri bimwe mu Bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, rushobora gusiga amahirwe mashya y’ishoramari ku Banyarwanda.

Uru ruzinduko rw’iminsi itanu, Perezida Paul Kagame yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, yarutangiriye muri Benin, aganira na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Patrice Guillaume Athanase Talon.

Ni ibiganiro byibanze ku bufatanye mu mutekano, aho Talon yeruye avuga ko yiteguye kwakira ingabo z’u Rwanda ngo zimufashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba yazahaje amajyaruguru y’Igihugu cye.

Perezida Kagame yavuye i Porto-Novo akomereza muri Guinea-Bissau. Mu masaha macye yamaze i Bissau; Umaro Mokhtar Sissoco Embaló uyobora iki Gihugu, yavuze ko biteguye imikoranire itanga inyungu zihuriweho.

Ibyo ni na ko byagenze ageze muri Guinea Conakry, aho Perezida Paul Kagame na Col Mamadi Doumbouya bemeranyijwe ko ntakibazo cyabananira bafatanyije.

Urugendo nk’uru rwo mu Bihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba ntirusanzwe, ku buryo hari abavuga ko rufite intego ikomeye kandi rushobora gusigira amahirwe menshi Abanyarwanda.

Dr Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga, avuga ko nko ku Gihugu cya Benin, Sosiyete y’Ingendo z’Indege y’u Rwanda ya RwandAir yari yaratangiye kwerecyeza i Cotonou, ku buryo uru ruzinduko ruzongera imbaraga imikoranire.

Yagize ati “Ibyo bikwereka ubushake bwa politike bwaho muri kiriya Gihugu. Mwumvise ko na Binin ishaka gukora icyitwa Benin Airline; aho Benin ishobora kugira nka 51% u Rwanda na rwo rukagira nka mirongo ine na kangahe ku ijana. Za Guinea zombi; iyo urebye nka Guinea Bissau. Muzi ko bagiranye n’u Rwanda amasezerano mu bucuruzi, uburezi n’ubukerarugendo.”

Yakomeje agaruka kuri Guinea Conakry, ati “Ni Igihugu gifite zahabu, diyama nyinshi ndetse gifite amabuye y’agaciro akomeye. U Rwanda rwabasangiza ubunararibonye mu gutunganya amabuye y’agaciro, nk’Igihugu gikoresha ururimi rw’Igifaransa ni amahirwe yo kubana na biriya Bihugu ku buryo dushobora kuzamura abacuruzi bacu n’izindi nzego ku buryo bakwagurirayo ibikorwa nk’abashoramari ba hano mu Rwanda.”

Uru rugendo rwa Perezida Paul Kagame rusize ibi Bihugu bitatu byemeranyijwe n’u Rwanda imikoranire ishikamye, kuva ku rwego rw’umutekano, kugeza ku yindi mishinga itanga inyungu zihuriweho igamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Next Post

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.