Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politike mpuzamahanga, bavuga ko urugendo rw’akazi Perezida Paul Kagame aherutse kugirira muri bimwe mu Bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, rushobora gusiga amahirwe mashya y’ishoramari ku Banyarwanda.

Uru ruzinduko rw’iminsi itanu, Perezida Paul Kagame yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, yarutangiriye muri Benin, aganira na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Patrice Guillaume Athanase Talon.

Ni ibiganiro byibanze ku bufatanye mu mutekano, aho Talon yeruye avuga ko yiteguye kwakira ingabo z’u Rwanda ngo zimufashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba yazahaje amajyaruguru y’Igihugu cye.

Perezida Kagame yavuye i Porto-Novo akomereza muri Guinea-Bissau. Mu masaha macye yamaze i Bissau; Umaro Mokhtar Sissoco Embaló uyobora iki Gihugu, yavuze ko biteguye imikoranire itanga inyungu zihuriweho.

Ibyo ni na ko byagenze ageze muri Guinea Conakry, aho Perezida Paul Kagame na Col Mamadi Doumbouya bemeranyijwe ko ntakibazo cyabananira bafatanyije.

Urugendo nk’uru rwo mu Bihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba ntirusanzwe, ku buryo hari abavuga ko rufite intego ikomeye kandi rushobora gusigira amahirwe menshi Abanyarwanda.

Dr Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga, avuga ko nko ku Gihugu cya Benin, Sosiyete y’Ingendo z’Indege y’u Rwanda ya RwandAir yari yaratangiye kwerecyeza i Cotonou, ku buryo uru ruzinduko ruzongera imbaraga imikoranire.

Yagize ati “Ibyo bikwereka ubushake bwa politike bwaho muri kiriya Gihugu. Mwumvise ko na Binin ishaka gukora icyitwa Benin Airline; aho Benin ishobora kugira nka 51% u Rwanda na rwo rukagira nka mirongo ine na kangahe ku ijana. Za Guinea zombi; iyo urebye nka Guinea Bissau. Muzi ko bagiranye n’u Rwanda amasezerano mu bucuruzi, uburezi n’ubukerarugendo.”

Yakomeje agaruka kuri Guinea Conakry, ati “Ni Igihugu gifite zahabu, diyama nyinshi ndetse gifite amabuye y’agaciro akomeye. U Rwanda rwabasangiza ubunararibonye mu gutunganya amabuye y’agaciro, nk’Igihugu gikoresha ururimi rw’Igifaransa ni amahirwe yo kubana na biriya Bihugu ku buryo dushobora kuzamura abacuruzi bacu n’izindi nzego ku buryo bakwagurirayo ibikorwa nk’abashoramari ba hano mu Rwanda.”

Uru rugendo rwa Perezida Paul Kagame rusize ibi Bihugu bitatu byemeranyijwe n’u Rwanda imikoranire ishikamye, kuva ku rwego rw’umutekano, kugeza ku yindi mishinga itanga inyungu zihuriweho igamije iterambere ry’imibereho y’abaturage.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Next Post

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Related Posts

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know
IMIBEREHO MYIZA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.