Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Kuri uyu wa Kane, Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 112;  Perezida Kagame yagize Maurice Mugawagahunde umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille.

Maurice Mugawagahunde yasimbuye Dancille Nyirarugero wari usanzwe ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, wagizwe Komiseri muri Komisiyo y’igihugu yo gusubiza abahoze ku rugero mu buzima busanzwe.

Izindi Nkuru

Dancille Nyirarugendo kuri uyu wa Gatatu yari yayoboye ihererekanya bubasha hagati ya Ramuli Janvier na Hamiss Bizimana wamusimbuye by’agataganyo ku buyobozi bw’akarere ka Musanze.

Nyirarugero yasimbuwe ku buyobozi bw’intara y’Amajyaruguru nyuma yo kujya kuri uwo mwanya muri Werurwe 2021.

Mugabowagahunde Maurice wagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yari asanzwe ashinzwe ubushakashatsi muri MINUBUMWE.

Izindi mpinduka zabaye Dr Patrice Mugenzi, yagizwe Umuyobozi Mukuru wIkigo gishinzwe amakoperative mu Rwanda RCA.

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru