Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umushinjacyaha waburanye na Bagosora muri TPIR yavuze kuri Blinken utarakoresheje inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika wabaye Umushinjacyaha ukomeye mu Rukiko rwari rwarashyiriweho u Rwanda i Arushya (TPIR/ICTR), yagize ibyo anenga ku Munyamabanga Mukuuru wa USA, Antony Blinken uherutse kugenderera u Rwanda, birimo kutatura ngo akoreshe inyito yemejwe ya ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’.

Barbara Mulvaney yabaye mu Nteko y’Ubushinjacyaha mu rubanza rwarezwemo ruharwa Col Theoneste Bagosora uza ku isonga mu gucura umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Mu cyumweru gishize, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wagendereye u Rwanda, tariki 11 Kanama ubwo yari mu kiganiro n’Abanyamakuru, yabajijwe impamvu Igihugu cye kiri mu bitarashyigikiye ko hemezwa inyito ya ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’mu mwanzuro wafatiwe mu Nteko y’Umuryango w’Abibumbye muri Mutarama 2018.

Blinken mu gisubizo yatanze, nubundi cyumvikanamo gukomeza gutsimbarara ku nyito idakwiye, aho yagize ati “Ku bijyanye no kwemeza Jenoside n’amahano yakozwe, uko tubibona kurazwi.”

Icyo gihe yakomeje avuga ko aza gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kugira ngo aze kurushaho kumva ububabare Abatutsi banyuzemo.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana mu Muryango w’Abibumbye kugira ngo hagerwe ku nyito yose yaba ikwiye ku mateka yabayeho ndetse tunakora ibishoboka byose ngo ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.”

Yanaje gusura Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, ariko na bwo mu butumwa yahandikiye ntaho yakoresheje inyito yemejwe na Loni ya ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’.

Umunyamerikakazi Barbara Mulvaney, wabaye nk’ugaruka kuri zimwe mu ngingo zaranze uruzinduko rwa Blinken, yanenze uburyo uyu mudipolomate ukomeye wa USA ndetse n’iki Gihugu ubwacyo bakomeje kugaragaza kwanga kwemera ko ibyabaye mu Rwanda ari Jenoside yateguriwe kwica Abatutsi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Mulvaney yagarutse ku rubanza yaburanyemo rwaregwamo Bagosora, agira ati “Nyuma y’iminsi 442 mu rukiko ndetse n’abatangabuhamya 242, twahamije Bagosora gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Mu minsi micye ishize Umunyamabanga wa US akaba adashobora kuvuga inyito ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’ bigaragaza ko ari ikibazo- ni gute ibi byaba bigishoboka?”

Iyi nzobere mu by’amategeko, yakomeje agira ati “Mu byukuri mfite icyizere ko Umunyamabanga Blinken agiye kubishyira mu byihutirwa ko bemeza itegeko ryo kuzirikana Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Uriya mwanzuro wo kwemeza inyito ya ‘Jenoside Yakorewe Abatutsi’ watorewe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yabaye tariki 23 Mutarama 2018, hemezwa ko buri tariki Indwi Mata ari Umunzi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi mu gihe inyito yari iriho yavugaga ko ‘Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda’yo yari yemejwe mu mwanzuro wafashwe mu kwezi k’Ukuboza 2003.

Ubwo hatorwaga uyu mwanzuro wo muri 2018, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’u Bwongereza biri mu Bihugu bitawutoye ndetse kugeza ubu bamwe mu bayobozi babyo bakaba bakomeje gukoresha imvugo ya Jenoside yo mu Rwanda cyangwa Jenoside y’Abatutsi. Imvugo zumvikanamo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi nkuko byakunze kuvugwa n’abayirokotse ndetse n’ububozi bw’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 4 =

Previous Post

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

Next Post

Ari gukoresha ‘repetition’ abaturage uko bazarira bazanamuririmbira ubwo azaba ari gushyingurwa yapfuye

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ari gukoresha ‘repetition’ abaturage uko bazarira bazanamuririmbira ubwo azaba ari gushyingurwa yapfuye

Ari gukoresha ‘repetition’ abaturage uko bazarira bazanamuririmbira ubwo azaba ari gushyingurwa yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.