Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse
Share on FacebookShare on Twitter

Umusizi Junior Rumaga uherutse ku Mugabane w’u Burayi, yavuze ko yatahanye umukoro w’icyo yakora kugira ngo ibisigo bye bijye byumvwa n’abanyamahanga kuko bagaragaje inyota yo kumva ubutumwa bubikubiyemo.

Uyu musore witegura igitamo cyo kumurika album ye ya mbere yise ‘Mawe’, avuga ko yanahise atangira gukora impinduka zijyanye n’uyu mukoro yakuye i Burayi, ariko zikazagaragara ku muzingo we wa kabiri.

Avuga ko ubwo yari i Burayi yabonye abantu benshi bakunda ibisigo bye, ariko bakaba batabyumva, ku buryo yumva agiye kugira icyo abikoraho.

Ati  “Hari indimi nkwiye kwiga ku rwego rw’uko nakazihanzemo, kuko biba bitangaje iyo abantu ubabwira mu Kinyarwanda bakabyumva ukabona bafite amatsiko y’icyo bisobanuye, uhita wibaza uti ‘ndamutse ndi kubabwira mu kidage cyangwa mu Bifaransa cyabo baba bameze bate?”

Yavuze ko ku muzingo we wa kabiri, hazumvikanamo ibisigo byo mu ndimi z’amahanga.

Ati “Abo mu Rwanda rw’iyo ngiyo nabo bakunda ibintu byacu, ariko bakanabikunda batabyumva, nkibaza icyaba igihe babyumva byahanzwe mu zabo (indimi). Kuri album yanjye ya kabiri rero muzumvaho ibihangano bikoze muri izo ndimi.”

Junior Rumaga atangaje ibi mu gihe ari kwitegura igitaramo kizaba tariki 11 Kanama 2023 cyo kumurika umuzingo we wa mbere, aho avuga ko abazakitabira bazagira n’amahirwe yo gusogongera kuri album ye ya kabiri dore ko na yo  igeze kure.

Iyi album ya Junior Rumaga agiye kumurikira abakunzi be imbonankubone yayishyize hanze muri Nyakanga umwaka ushize wa 2022, isohoka iriho ibisigo 10 ihabwa izina rya ‘Mawe’ ndetse igurishirizwa ku rubuga rwa Siga Rwanda.

Mu minsi ishize Rumaga yari i Burayi

Avuga ko yatahanye umukoro

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Next Post

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

IZIHERUKA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC
MU RWANDA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.