Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse
Share on FacebookShare on Twitter

Umusizi Junior Rumaga uherutse ku Mugabane w’u Burayi, yavuze ko yatahanye umukoro w’icyo yakora kugira ngo ibisigo bye bijye byumvwa n’abanyamahanga kuko bagaragaje inyota yo kumva ubutumwa bubikubiyemo.

Uyu musore witegura igitamo cyo kumurika album ye ya mbere yise ‘Mawe’, avuga ko yanahise atangira gukora impinduka zijyanye n’uyu mukoro yakuye i Burayi, ariko zikazagaragara ku muzingo we wa kabiri.

Avuga ko ubwo yari i Burayi yabonye abantu benshi bakunda ibisigo bye, ariko bakaba batabyumva, ku buryo yumva agiye kugira icyo abikoraho.

Ati  “Hari indimi nkwiye kwiga ku rwego rw’uko nakazihanzemo, kuko biba bitangaje iyo abantu ubabwira mu Kinyarwanda bakabyumva ukabona bafite amatsiko y’icyo bisobanuye, uhita wibaza uti ‘ndamutse ndi kubabwira mu kidage cyangwa mu Bifaransa cyabo baba bameze bate?”

Yavuze ko ku muzingo we wa kabiri, hazumvikanamo ibisigo byo mu ndimi z’amahanga.

Ati “Abo mu Rwanda rw’iyo ngiyo nabo bakunda ibintu byacu, ariko bakanabikunda batabyumva, nkibaza icyaba igihe babyumva byahanzwe mu zabo (indimi). Kuri album yanjye ya kabiri rero muzumvaho ibihangano bikoze muri izo ndimi.”

Junior Rumaga atangaje ibi mu gihe ari kwitegura igitaramo kizaba tariki 11 Kanama 2023 cyo kumurika umuzingo we wa mbere, aho avuga ko abazakitabira bazagira n’amahirwe yo gusogongera kuri album ye ya kabiri dore ko na yo  igeze kure.

Iyi album ya Junior Rumaga agiye kumurikira abakunzi be imbonankubone yayishyize hanze muri Nyakanga umwaka ushize wa 2022, isohoka iriho ibisigo 10 ihabwa izina rya ‘Mawe’ ndetse igurishirizwa ku rubuga rwa Siga Rwanda.

Mu minsi ishize Rumaga yari i Burayi

Avuga ko yatahanye umukoro

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Next Post

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Menya uko Ibihugu bikurikirana mu kugira igisirikare gikomeye ku Isi n’ibiza imbere muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.