• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
13/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk’umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n’Ikipe y’Igihugu ya Brazil ko ari we uzaba umutoza wayo ubwo shampiyona ya Espagne izaba irangiye.

Carlo Ancelloti wagize umwaka mubi muri Real Madrid aho yatakaje igikombe cy’umwami atsinzwe na FC Barcelone, akaba yaranaviriyemo muri 1/4 muri UEFA Champions league ndetse bikaba binagaragara ko na Shampiyona amahirwe menshi afitwe na FC Barcelone kuyegukana kuko irusha Real Madrid amanota agera kuri arindwi.

Byari byaratangiye guhwihwiswa ko uyu mutoza azava muri Real Madrid nyuma yuko uyu mwaka utamuhiriye ndetse akaba yaratsinzwe cyane na mucyeba w’Ibihe byose FC Barcelone kuko kugera ubu imikino itanu iheruka guhuza izi mpande zombi FC Barcelone ni yo yitwaye neza ibona intsinzi.

Uyu musaza w’imyaka 65, bivugwa ko Shampiyona yo muri Espagne ikirangira tariki ya 25 Gicurasi 2025 azahita akomereza mu nshingano nshya zo gutoza Brazil aho byitezwe ko umukino wa mbere azatoza uteganyijwe tariki 06 Kamena 2025 ubwo Brazil izaba icakirana na Equador ndetse anakurikizeho Paraguay.

Carlo Ancelloti afite inshingano zikomeye zo kongera gusubiza igitinyiro iyi kipe y’Igihugu aho yitezweho kuzayijyana mu Gikombe cy’Isi cy’umwaka utaha wa 2026, anafite inshingano zo kuyigihesha kuko igiheruka mu mwaka wa 2002.

Ancelloti azaba atoza abakinnyi harimo abo azaba yaratoje muri Real Madrid nka Vinicius Jr, Militao, Rodrygo Goes na Endrick, bagiye bubakana ibigwi muri iyi kipe yo ku Mugabane w’u Burayi muri Espagne.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 20 =

Previous Post

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Next Post

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y'ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.