Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

radiotv10by radiotv10
13/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko impamvu muri uyu mudugudu hagaragara abana benshi batiga, ari ukubera ikibazo cy’amikoro macye, mu gihe ubuyobozi bubihakana bukavuga ko aba bana bigira ubuntu kandi bafite n’ishuri ribegereye.

Uyu mudugudu wa Gasharu uherereye mu Kagari ka Kabuye, ukunze kugaragaramo abana benshi birirwa bazerera ntacyo bakora nyamara bigaragara ko bari mu kigero cy’abagakwiye kuba bari ku ishuri.

Ababyeyi b’aba bana, bavuga ko no kugira ngo babone ibibatunga bibasaba guca incuro, ku buryo kubonera abana babo amikoro yatuma bajya ku ishuri, ari ihurizo ritaboroheye.

Nyiramisago Beata yagize ati “Nta kuntu waba uca incuro ku munsi ukorera icyatanu (1 500 Frw) ufite abana nka batanu ugomba gutunga,  ngo ubone amafaranga yo guha umwana ngo ajyane ku ishuri y’ibiryo ndetse n’ibikoresho.”

Akomeza agira ati “Ahanini imbogamizi duhura na zo muri uyu mudugudu bituma abana bacu batiga, ni ubushobozi bucye turya tubanje guca incuro.”

Zaninka Dative na we ati “Usanga birirwa batembera mu mudugudu no mu baturanyi basabiriza kuko tuba twabuze amafaranga yo kubajyana ku shuri. Turakennye.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kutiga kw’aba bana bituma bagaragarwaho n’ingeso mbi kuko ngo nta burere baba bafite  bagateza umutekano mucye  aho batuye no mu baturanyi babo.

Kalisa Clement ati “Usanga birirwa mu tubari hirya no hino mu Murenge baba abana b’abakobwa n’abahungu cyane cyane bakiri bato bari mu myaka hagati ya 14 na 25 bakishora mu ngeso mbi nk’uburaya n’ubujura ndetse ugasanga abana b’abakobwa barabyaye bakiri bato batazi ababateye inda.”

Uwimana Colette na we yagize ati “Usanga inaha hari amabandi menshi bitewe n’abo bana batiga bakambura abantu ibyo bafite, bagatobora amazu y’abaturage ndetse bakanarangwa n’urugomo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Jean Baptiste Karangwa ahakana iyi mpamvu itangwa n’ababyeyi ko iki kibazo giterwa n’ubukene bwabo.

Ati “Imbogamizi bagaragza z’ubushobozi bucye ntabwo ari byo kuko  amashuri arahari no muri uriya mudugudu amashuri arahari no kwiga ni ubuntu.”

Akomeza agira ati “Kuko buri gihembwe uko gitangiye abana muri uriya mudugudu tubajyana ku ishuri, hashira igihe gito bakavamo. Ikigiye gukorwa cyane ni ukwigisha ababyeyi babo bakajya bajyana abana ku ishuri.”

Uyu Muyobozi avuga ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kwegera aba babyeyi bagashishikarizwa gukundisha abana babo ishuri, ndetse n’ababyeyi batabikoze bakaba bafatirwa ingamba zo kuba abana babo batiga.

Muri uyu mudugudu hari abana benshi bataye ishuri
Ababyeyi babo bavuga ari ikibazo cy’amikoro macye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 month ago

    none se ubwo kubabyara nibyo byoroshye? burya rero icyo bakora cyose ababyeyi batarumva akamaro k’ishuri, ko umeana ari uwize ntacyo byatanga. bagimba kumva ko ari inshingano z’umubyeyi z’ibanze, kumuha ibimutunga no kumushyira mu ishuri biragendana…. burya hari n’ibihano by’ababyeyi bitwaza ubushobozi bagaterera iyo. ariko kubyumva no kubiha agaciro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Next Post

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.