Thursday, July 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

radiotv10by radiotv10
13/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko impamvu muri uyu mudugudu hagaragara abana benshi batiga, ari ukubera ikibazo cy’amikoro macye, mu gihe ubuyobozi bubihakana bukavuga ko aba bana bigira ubuntu kandi bafite n’ishuri ribegereye.

Uyu mudugudu wa Gasharu uherereye mu Kagari ka Kabuye, ukunze kugaragaramo abana benshi birirwa bazerera ntacyo bakora nyamara bigaragara ko bari mu kigero cy’abagakwiye kuba bari ku ishuri.

Ababyeyi b’aba bana, bavuga ko no kugira ngo babone ibibatunga bibasaba guca incuro, ku buryo kubonera abana babo amikoro yatuma bajya ku ishuri, ari ihurizo ritaboroheye.

Nyiramisago Beata yagize ati “Nta kuntu waba uca incuro ku munsi ukorera icyatanu (1 500 Frw) ufite abana nka batanu ugomba gutunga,  ngo ubone amafaranga yo guha umwana ngo ajyane ku ishuri y’ibiryo ndetse n’ibikoresho.”

Akomeza agira ati “Ahanini imbogamizi duhura na zo muri uyu mudugudu bituma abana bacu batiga, ni ubushobozi bucye turya tubanje guca incuro.”

Zaninka Dative na we ati “Usanga birirwa batembera mu mudugudu no mu baturanyi basabiriza kuko tuba twabuze amafaranga yo kubajyana ku shuri. Turakennye.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kutiga kw’aba bana bituma bagaragarwaho n’ingeso mbi kuko ngo nta burere baba bafite  bagateza umutekano mucye  aho batuye no mu baturanyi babo.

Kalisa Clement ati “Usanga birirwa mu tubari hirya no hino mu Murenge baba abana b’abakobwa n’abahungu cyane cyane bakiri bato bari mu myaka hagati ya 14 na 25 bakishora mu ngeso mbi nk’uburaya n’ubujura ndetse ugasanga abana b’abakobwa barabyaye bakiri bato batazi ababateye inda.”

Uwimana Colette na we yagize ati “Usanga inaha hari amabandi menshi bitewe n’abo bana batiga bakambura abantu ibyo bafite, bagatobora amazu y’abaturage ndetse bakanarangwa n’urugomo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Jean Baptiste Karangwa ahakana iyi mpamvu itangwa n’ababyeyi ko iki kibazo giterwa n’ubukene bwabo.

Ati “Imbogamizi bagaragza z’ubushobozi bucye ntabwo ari byo kuko  amashuri arahari no muri uriya mudugudu amashuri arahari no kwiga ni ubuntu.”

Akomeza agira ati “Kuko buri gihembwe uko gitangiye abana muri uriya mudugudu tubajyana ku ishuri, hashira igihe gito bakavamo. Ikigiye gukorwa cyane ni ukwigisha ababyeyi babo bakajya bajyana abana ku ishuri.”

Uyu Muyobozi avuga ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kwegera aba babyeyi bagashishikarizwa gukundisha abana babo ishuri, ndetse n’ababyeyi batabikoze bakaba bafatirwa ingamba zo kuba abana babo batiga.

Muri uyu mudugudu hari abana benshi bataye ishuri
Ababyeyi babo bavuga ari ikibazo cy’amikoro macye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 months ago

    none se ubwo kubabyara nibyo byoroshye? burya rero icyo bakora cyose ababyeyi batarumva akamaro k’ishuri, ko umeana ari uwize ntacyo byatanga. bagimba kumva ko ari inshingano z’umubyeyi z’ibanze, kumuha ibimutunga no kumushyira mu ishuri biragendana…. burya hari n’ibihano by’ababyeyi bitwaza ubushobozi bagaterera iyo. ariko kubyumva no kubiha agaciro.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Next Post

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Related Posts

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

by radiotv10
17/07/2025
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda,...

Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

by radiotv10
17/07/2025
0

Gatabazi Jean Marie Vianney wari ugiye kuzuza imyaka itatu akuwe mu nshingano za Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba yongeye guhabwa umwanya,...

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

by radiotv10
17/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu nshingano Abayobozi banyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba muri Guverinoma, na Maj Gen (Rtd)...

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

by radiotv10
17/07/2025
0

Students from Trinity International Academy, located in Nyarutarama, Kigali, had the unique opportunity to visit the Rwanda Defence Force (RDF)...

Eng.-The Government has appointed officials including former prominent figures from top national institutions

Eng.-The Government has appointed officials including former prominent figures from top national institutions

by radiotv10
17/07/2025
0

The Cabinet meeting has appointed various leaders to new positions, including Jean Marie Vianney Gatabazi, a former government official, and...

IZIHERUKA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa
MU RWANDA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

by radiotv10
17/07/2025
0

Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

17/07/2025
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

17/07/2025
Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

17/07/2025
Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

17/07/2025
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.