Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

radiotv10by radiotv10
13/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko impamvu muri uyu mudugudu hagaragara abana benshi batiga, ari ukubera ikibazo cy’amikoro macye, mu gihe ubuyobozi bubihakana bukavuga ko aba bana bigira ubuntu kandi bafite n’ishuri ribegereye.

Uyu mudugudu wa Gasharu uherereye mu Kagari ka Kabuye, ukunze kugaragaramo abana benshi birirwa bazerera ntacyo bakora nyamara bigaragara ko bari mu kigero cy’abagakwiye kuba bari ku ishuri.

Ababyeyi b’aba bana, bavuga ko no kugira ngo babone ibibatunga bibasaba guca incuro, ku buryo kubonera abana babo amikoro yatuma bajya ku ishuri, ari ihurizo ritaboroheye.

Nyiramisago Beata yagize ati “Nta kuntu waba uca incuro ku munsi ukorera icyatanu (1 500 Frw) ufite abana nka batanu ugomba gutunga,  ngo ubone amafaranga yo guha umwana ngo ajyane ku ishuri y’ibiryo ndetse n’ibikoresho.”

Akomeza agira ati “Ahanini imbogamizi duhura na zo muri uyu mudugudu bituma abana bacu batiga, ni ubushobozi bucye turya tubanje guca incuro.”

Zaninka Dative na we ati “Usanga birirwa batembera mu mudugudu no mu baturanyi basabiriza kuko tuba twabuze amafaranga yo kubajyana ku shuri. Turakennye.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kutiga kw’aba bana bituma bagaragarwaho n’ingeso mbi kuko ngo nta burere baba bafite  bagateza umutekano mucye  aho batuye no mu baturanyi babo.

Kalisa Clement ati “Usanga birirwa mu tubari hirya no hino mu Murenge baba abana b’abakobwa n’abahungu cyane cyane bakiri bato bari mu myaka hagati ya 14 na 25 bakishora mu ngeso mbi nk’uburaya n’ubujura ndetse ugasanga abana b’abakobwa barabyaye bakiri bato batazi ababateye inda.”

Uwimana Colette na we yagize ati “Usanga inaha hari amabandi menshi bitewe n’abo bana batiga bakambura abantu ibyo bafite, bagatobora amazu y’abaturage ndetse bakanarangwa n’urugomo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Jean Baptiste Karangwa ahakana iyi mpamvu itangwa n’ababyeyi ko iki kibazo giterwa n’ubukene bwabo.

Ati “Imbogamizi bagaragza z’ubushobozi bucye ntabwo ari byo kuko  amashuri arahari no muri uriya mudugudu amashuri arahari no kwiga ni ubuntu.”

Akomeza agira ati “Kuko buri gihembwe uko gitangiye abana muri uriya mudugudu tubajyana ku ishuri, hashira igihe gito bakavamo. Ikigiye gukorwa cyane ni ukwigisha ababyeyi babo bakajya bajyana abana ku ishuri.”

Uyu Muyobozi avuga ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kwegera aba babyeyi bagashishikarizwa gukundisha abana babo ishuri, ndetse n’ababyeyi batabikoze bakaba bafatirwa ingamba zo kuba abana babo batiga.

Muri uyu mudugudu hari abana benshi bataye ishuri
Ababyeyi babo bavuga ari ikibazo cy’amikoro macye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    12 months ago

    none se ubwo kubabyara nibyo byoroshye? burya rero icyo bakora cyose ababyeyi batarumva akamaro k’ishuri, ko umeana ari uwize ntacyo byatanga. bagimba kumva ko ari inshingano z’umubyeyi z’ibanze, kumuha ibimutunga no kumushyira mu ishuri biragendana…. burya hari n’ibihano by’ababyeyi bitwaza ubushobozi bagaterera iyo. ariko kubyumva no kubiha agaciro.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Next Post

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

by radiotv10
05/05/2026
0

There’s a quiet confusion many people live with: “I earn well… so why am I still broke?” On paper, everything...

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

05/05/2026
Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.