Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, wabaga muri Koperative ‘ABIYEMEJE’ y’aborozi, avuga ko nyuma yuko ubuyobozi bw’iyi Koperative bugurishije urwuri bari barahawe na Leta, yagiye kwaka umugabane we nk’abandi banyamuryango, ariko uwari umuyobozi wayo akamubwira ngo azajye kurega aho ashaka.

Nsabimana Felecien utuye mu Kagari ka Nkomane mu Murenge wa Kanama, avuga ko yinjiye muri iyi Koperative muri 2016 ubwo yari igizwe n’abanyamuryango 17, aho we yari asimbuye umubyeyi we wari witabye Imana.

Avuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2024 yahawe ibihumbi 90 Frw n’iyi koperative bamubwira ko ari ayo kumufata mu mugongo nyamara ngo aza kubimenya nyuma ko ari umugabane yahawe nk’umunyamuryango wa koperative nyuma yo kugurisha urwuri bororeragamo ku mafaranga asaga miliyoni 100Frw.

Nsabimana Felecien ati “Ejobundi mu kwa kabiri muri uyu mwaka wa 2024 ni bwo banzaniye ibihumbi 90 ngo ni ayo kunyagira [gufata mu mugongo] mbese ni nk’agahato bankoresheje kugira ngo nsinye naho kumbe bagurishije kugira ngo bagabane amafaranga yose bonyine.”

Uyu muturage avuga ko banganyaga imigabane, ku buryo atumva ko yari guhabwa ibyo bihumbi 90 Frw muri miliyoni 100 Frw.

Ati “Perezida namubajije amafaranga nk’ay’abandi arambwira ngo ayo nkwiye n’ibyo bihumbi 90 nyamara ndi umunyamurwango nk’abandi.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gusanga umutungo wa koperative waragurishijwe amafaranga menshi, yegereye ubuyobozi bwa koperative ngo bumuher umugabane nk’uw’abandi banyamuryango ariko uwahoze ari umuyobozi wayo amutera utwatsi, yiyambaza n’izindi nzego biba iby’ubusa.

Ati “Niyambaje MAJ w’Akarere n’Akarere kanyohereza ku Murenge wacu wa Kanama kuko MAJ yabatumyeho banga kuza, Umurenge na wo ku itariki ya 06 Kanama 2024 narawandikiye ariko kugeza ubu nta gisubizo bari bampa.”

Uwari umuyobozi w’iyi Koperative, Kanyamuhanda Joseph yabwiye umunyamakuru ko amafaranga yahawe uyu muturage ari yo yagombaga.

Yagize ati “Twamuhaye ibihumbi 90 kuko ni wo mugabane yari afitemo, kandi igurisha ryabaye yarawusabye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko iki kibazo akizi ariko ko kugishakira umuti bisaba kugikurikiranwa mu mizi.

Ati “Twari twasabye Umurenge ko waduha raporo kuri iki kibazo igaragaza uko giteye n’uko babona cyakemuka, ibintu nk’ibyo rero urumva ni ibintu bishingiye ku mategeko, hari amategeko amuhereza uburenganzira nk’umuntu wari umunyamuryango mu buryo bwemewe n’amategeko, ntabwo abantu bananirana we nakomeze inzira z’amategeko kuko MAJ ifite izindi nzego yabwira ngo munzanire aba bantu mu gihe ibona ari ngombwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu wahoze ari umuyobozi wa Koperative ahamagazwa ntiyitabe, na byo bikwiye gukurikiranwa, kuko nta muntu uri hejuru y’amategeko.

Perezida wa Koperative yagiye ahamagazwa ariko ngo ntiyitabye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fifteen =

Previous Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Next Post

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b'amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.