Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, wabaga muri Koperative ‘ABIYEMEJE’ y’aborozi, avuga ko nyuma yuko ubuyobozi bw’iyi Koperative bugurishije urwuri bari barahawe na Leta, yagiye kwaka umugabane we nk’abandi banyamuryango, ariko uwari umuyobozi wayo akamubwira ngo azajye kurega aho ashaka.

Nsabimana Felecien utuye mu Kagari ka Nkomane mu Murenge wa Kanama, avuga ko yinjiye muri iyi Koperative muri 2016 ubwo yari igizwe n’abanyamuryango 17, aho we yari asimbuye umubyeyi we wari witabye Imana.

Avuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2024 yahawe ibihumbi 90 Frw n’iyi koperative bamubwira ko ari ayo kumufata mu mugongo nyamara ngo aza kubimenya nyuma ko ari umugabane yahawe nk’umunyamuryango wa koperative nyuma yo kugurisha urwuri bororeragamo ku mafaranga asaga miliyoni 100Frw.

Nsabimana Felecien ati “Ejobundi mu kwa kabiri muri uyu mwaka wa 2024 ni bwo banzaniye ibihumbi 90 ngo ni ayo kunyagira [gufata mu mugongo] mbese ni nk’agahato bankoresheje kugira ngo nsinye naho kumbe bagurishije kugira ngo bagabane amafaranga yose bonyine.”

Uyu muturage avuga ko banganyaga imigabane, ku buryo atumva ko yari guhabwa ibyo bihumbi 90 Frw muri miliyoni 100 Frw.

Ati “Perezida namubajije amafaranga nk’ay’abandi arambwira ngo ayo nkwiye n’ibyo bihumbi 90 nyamara ndi umunyamurwango nk’abandi.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gusanga umutungo wa koperative waragurishijwe amafaranga menshi, yegereye ubuyobozi bwa koperative ngo bumuher umugabane nk’uw’abandi banyamuryango ariko uwahoze ari umuyobozi wayo amutera utwatsi, yiyambaza n’izindi nzego biba iby’ubusa.

Ati “Niyambaje MAJ w’Akarere n’Akarere kanyohereza ku Murenge wacu wa Kanama kuko MAJ yabatumyeho banga kuza, Umurenge na wo ku itariki ya 06 Kanama 2024 narawandikiye ariko kugeza ubu nta gisubizo bari bampa.”

Uwari umuyobozi w’iyi Koperative, Kanyamuhanda Joseph yabwiye umunyamakuru ko amafaranga yahawe uyu muturage ari yo yagombaga.

Yagize ati “Twamuhaye ibihumbi 90 kuko ni wo mugabane yari afitemo, kandi igurisha ryabaye yarawusabye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko iki kibazo akizi ariko ko kugishakira umuti bisaba kugikurikiranwa mu mizi.

Ati “Twari twasabye Umurenge ko waduha raporo kuri iki kibazo igaragaza uko giteye n’uko babona cyakemuka, ibintu nk’ibyo rero urumva ni ibintu bishingiye ku mategeko, hari amategeko amuhereza uburenganzira nk’umuntu wari umunyamuryango mu buryo bwemewe n’amategeko, ntabwo abantu bananirana we nakomeze inzira z’amategeko kuko MAJ ifite izindi nzego yabwira ngo munzanire aba bantu mu gihe ibona ari ngombwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu wahoze ari umuyobozi wa Koperative ahamagazwa ntiyitabe, na byo bikwiye gukurikiranwa, kuko nta muntu uri hejuru y’amategeko.

Perezida wa Koperative yagiye ahamagazwa ariko ngo ntiyitabye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + sixteen =

Previous Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Next Post

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b'amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.