Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC, cyongeye gushimangira impungenge z’u Rwanda ku mutekano warwo, nk’uko rwakunze kuzigaragaza.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyagabwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026.

Iki gitero cy’indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drone’ cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF, bikekwa ko cyagabwe n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23 rimaze umwaka rigenzura uyu mujyi wa Goma.

Abantu banyuranye barimo n’Imiryango Mpuzamahangange irimo n’Umuryango w’Abibumbye waburiye umuntu muri iki gitero, bakomeje kucyamagana bivuye inyuma.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice; mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko kiriya gitero gishimangira impungnge u Rwanda rutahwemye kugaragaza ku mutekano warwo.

Yagize ati “Igitero cya drone cyabereye i Goma muri DRC cyagaragaje ikibazo gikomeye cy’umutekano ku mupaka w’u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba zo kwirinda, Ingabo za DRC na FDLR, yagombaga gusenywa hakurikijwe Amasezerano ya Washington bakomeje intambara.”

Nyuma ya kiriya gitero kandi, abayobozi mu nzego zinyuranye mu Ihuroro AFC/M23 bacyamaganye bivuye inyuma, bavuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, uretse kuba buri kurenga ku gahenge, ruri no kurengera.

Guverineri Wungirine wa Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho na AFC/M23, Willy Manzi uri mu bamaganye iki gitero, yasabye umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagarika uburyarya, ukareka guhora usaba iri Huriro kubahiriza agahenge, nyamara ukomeje kwibonera ibiriho bikorwa n’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje koreka imbaga, bica abasivile b’inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 20 =

Previous Post

Eng.-A Congolese Soldier Shot Dead Three Militia Fighters from Wazalendo, a Group Allied with FARDC

Related Posts

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

by radiotv10
11/03/2026
0

I Kigali mu Rwanda hari kubera inama y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba...

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

IZIHERUKA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga
MU RWANDA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

by radiotv10
11/03/2026
0

FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

Eng.-A Congolese Soldier Shot Dead Three Militia Fighters from Wazalendo, a Group Allied with FARDC

11/03/2026
Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

11/03/2026
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

11/03/2026
U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Eng.-A Congolese Soldier Shot Dead Three Militia Fighters from Wazalendo, a Group Allied with FARDC

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.