• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, yakomeretse amaguru yombi, umunsi se yiciweho, ari na byo bituma atagaragara mu ruhame.

Israel ifite umugambi n’ubundi wo kwica Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei wishwe mu bitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Mojtaba Khamenei w’imyaka 56, utaragaragara mu ruhame cyangwa mu mufoto kuva yasimbura se Ayatollah Ali Khamenei ku Cyumweru, bivugwa ko yakomeretse.

Mojtaba yakomeretse amaguru ye yombi uko ari abiri ku munsi watangiriye intambara, nk’uko bivugwa n’abayobozi ba Israel na Iran babyemereye ikinyamakuru the New York Times.

Amakuru avuga ko ibikomere bye bishobora kuba ari byo byatumye kuva kiriya gihe, ataragaragara mu ruhame nubwo hari n’abandi bavuga ko ashaka kwihisha ko Israel na America bamufitiye umugambi wo kumwivugana.

Abayobozi ba Iran bavuga ko uyu Muyobozi w’Ikirenga mushya akomeje gukurikiranira hafi ibiri kuba kandi ko acumbitse ahantu hari umutekano uhambaye hari n’itumanaho ricye kugira ngo atanekwa nk’uko byakorewe se.

Mojtaba Khamenei, kuva yagirwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yashyizwe ahantu hihariye, nyuma yuko Israel yiyemeje ‘kwivugana’ uwo ari we wese wasimbuye Ayatollah wishwe, nyuma yo kumwica, mu bitero byahitanye n’umugore wa Mojtaba Zahra Haddad-Adel n’umwe mu bahungu be byagabwe i Tehran ku munsi wa mbere w’intambara.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na we yakajije amagambo yo gutera ubwoba uyu Muyobozi w’Ikirenga, kuva yakwimikwa, aho yavuze ko adashobora “kubaho mu mahoro” ndetse anaburira Iran kwitegura “urupfu rwe, n’umuriro n’uburakari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 14 =

Previous Post

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Next Post

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.