Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, yakomeretse amaguru yombi, umunsi se yiciweho, ari na byo bituma atagaragara mu ruhame.

Israel ifite umugambi n’ubundi wo kwica Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei wishwe mu bitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Mojtaba Khamenei w’imyaka 56, utaragaragara mu ruhame cyangwa mu mufoto kuva yasimbura se Ayatollah Ali Khamenei ku Cyumweru, bivugwa ko yakomeretse.

Mojtaba yakomeretse amaguru ye yombi uko ari abiri ku munsi watangiriye intambara, nk’uko bivugwa n’abayobozi ba Israel na Iran babyemereye ikinyamakuru the New York Times.

Amakuru avuga ko ibikomere bye bishobora kuba ari byo byatumye kuva kiriya gihe, ataragaragara mu ruhame nubwo hari n’abandi bavuga ko ashaka kwihisha ko Israel na America bamufitiye umugambi wo kumwivugana.

Abayobozi ba Iran bavuga ko uyu Muyobozi w’Ikirenga mushya akomeje gukurikiranira hafi ibiri kuba kandi ko acumbitse ahantu hari umutekano uhambaye hari n’itumanaho ricye kugira ngo atanekwa nk’uko byakorewe se.

Mojtaba Khamenei, kuva yagirwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yashyizwe ahantu hihariye, nyuma yuko Israel yiyemeje ‘kwivugana’ uwo ari we wese wasimbuye Ayatollah wishwe, nyuma yo kumwica, mu bitero byahitanye n’umugore wa Mojtaba Zahra Haddad-Adel n’umwe mu bahungu be byagabwe i Tehran ku munsi wa mbere w’intambara.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na we yakajije amagambo yo gutera ubwoba uyu Muyobozi w’Ikirenga, kuva yakwimikwa, aho yavuze ko adashobora “kubaho mu mahoro” ndetse anaburira Iran kwitegura “urupfu rwe, n’umuriro n’uburakari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 8 =

Previous Post

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Next Post

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.