Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi mu z’Ibanze arekekwaho ubujura bw’itungo ry’umuturage wo mu Murenge adatuyemo

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umudugudu wo mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu ari mu maboko y’inzego z’ubutabera, nyuma yo gufatanwa inka yari yibwe umuturage wo mu wundi Murenge.

Uwatawe muri yombi, ni Ndagijimana uyobora Umudugudu wa Rushubi mu Kagari Gikombe mu Murenge wa Nyakiliba, akaba yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 nyuma yo gusanganwa inka yibwe mu Murenge wa Mudende.

Iyi nka yafatanywe Umuyobozi w’Umudugudu wa Rushubi, ni iy’umuturage witwa Alphonse Nsengiyumva usanzwe atuye mu Muduguru wa Nyabishongo mu Kagari ka Ndoranyi muri uyu Murenge wa Mudende.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu Muyobozi w’Umudugudu, yanemejwe na Sinabakeka Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Nyakiliba wafatiwemo iri tungo.

Uyu muyobozi avuga ko nyuma yuko Mudugudu asanganywe iri tungo, yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri Sitasiyo ya Kanama.

Gusa uyu muyobozi avuga ko bataramenya amakuru niba iri tungo ryasanganywe Umukuru w’Umudugudu ari we waryibye cyangwa akaba akorana n’abajura bakaba bari barimusigiye.

Ati “Ariko yashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Kanama ubu ari gukurikiranwa. Ni ubwa mbere bibaye nta bujura yari yaraketsweho na rimwe […] Inka yari yibwe yo yasubijwe nyirayo.”

Uyu muyobozi w’Umusigire yibukije abayobozi bagenzi be ko bagomba kuba intangarugero mu myitwarire iboneye, byumwihariko bakirinda ingeso nk’izi z’ubujura zikekwa kuri mudugudu, kuko bitanga urugero rubi mu maso y’abaturage baba bayoboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 5 =

Previous Post

Havuzwe akabari yanywereyemo n’igipimo cy’umusemburo yasanganywe: Ibirambuye ku byaha biregwa Muheto

Next Post

BREAKING: Bishop Harerimana n’umugore we bari bafunzwe barekuwe

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bishop Harerimana n’umugore we bari bafunzwe barekuwe

BREAKING: Bishop Harerimana n’umugore we bari bafunzwe barekuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.