Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini no kugenzura amashuri (NESA) arizeza abarimu bakosoye ibizamini bya Leta ko amafaranga bakoreye azaba yabagezeho mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri biri imbere.

Ibi bije nyuma y’uko aba barimu bakomeje kuvuga ko bakeka ko amafaranga bakoreye ari gucuruzwa.

Abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko ukwezi kurenga gushize bakosoye ibizamini bya Leta, ariko bakaba batarishyurwa.

Umwe yagize ati “Twarakosoye none tumaze ukwezi kurenga bataraduha ayo twakoreye, biteye agahinda rwose, kandi batwizezaga ko tuzarangiza bayaduha”

Aba barimu kandi bavuga ko babangamiwe no kuba Umwarimu SACCO ibakata 3% by’inyungu iyo batse umusogongero kuri aya mafaranga bakosoreye.

Undi nawe yagize ati “Kugira ngo batwikize badusabye ko twajya kwaka amafaranga mu mwarimu SACCO ariko dutungurwa no kuba badusaba gufata 75% nayo bagakataho 3% , ubuse amafaranga y’ikiraka bayakata bate?”

Bamwe muri aba barimu bavuga ko babajwe no kuba batazabona amafaranga y’ishuri y’abana babo kandi nyamara Leta ibafitiye ayo bakosoreye.

Umwe ati “Nkanjye abana banjye baratsinze ndasabwa ibihumbi hafi magana ane ndayakura he? ubwo Ngiye kubajyana muri 9 years na 12years nta yandi mahitamo mfite kandi nakoreye leta bandimo hafi ibihumbi magana ane ariko ni ukuzayabona Yesu agarutse “

Undi nawe avuga ko bifuza ko nk’uko bakora akazi neza kandi ku gihe, NESA yajya ibahembera ku gihe kugira ngo badahura n’ibibazo by’ubukene nk’ibirimo kubabaho kandi barakoze.

Umuyobozi mukuru wa NESA, Dr. Bahati Bernard avuga ko NESA yakoze ibishoboka byose ngo igihe abarimu bategerereza aya mafaranga kigabanuke. Agatanga icyizere ko mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri aya mafaranga azaba yageze kuri ba nyirayo.

Ati “Turabumva ko ari ikibazo ariko NESA twakoze ibishoboka byose ngo twishyurire ku gihe ariko ni akazi katoroshye ariko twakoze ibishoboka byose ubu lisiti twazishyikirije Minisiteri y’imari n’igenambigambi niyo igomba kwishyura, bihangane mu byumweru bibiri cyangwa kimwe tuzaba twabishyuye”

Abarimu bakosoye ibizamini bya leta bararenga ibihumbi icyenda. Amafaranga yose hamwe bagomba guhembwa uyu mwaka abarirwa muri miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko Dr. Bahati abisobanura. Buri mukosozi ahembwa hakurikijwe umubare w’amakayi y’ibizamini yakosoye.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 2 =

Previous Post

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

Next Post

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.