Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini no kugenzura amashuri (NESA) arizeza abarimu bakosoye ibizamini bya Leta ko amafaranga bakoreye azaba yabagezeho mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri biri imbere.

Ibi bije nyuma y’uko aba barimu bakomeje kuvuga ko bakeka ko amafaranga bakoreye ari gucuruzwa.

Abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko ukwezi kurenga gushize bakosoye ibizamini bya Leta, ariko bakaba batarishyurwa.

Umwe yagize ati “Twarakosoye none tumaze ukwezi kurenga bataraduha ayo twakoreye, biteye agahinda rwose, kandi batwizezaga ko tuzarangiza bayaduha”

Aba barimu kandi bavuga ko babangamiwe no kuba Umwarimu SACCO ibakata 3% by’inyungu iyo batse umusogongero kuri aya mafaranga bakosoreye.

Undi nawe yagize ati “Kugira ngo batwikize badusabye ko twajya kwaka amafaranga mu mwarimu SACCO ariko dutungurwa no kuba badusaba gufata 75% nayo bagakataho 3% , ubuse amafaranga y’ikiraka bayakata bate?”

Bamwe muri aba barimu bavuga ko babajwe no kuba batazabona amafaranga y’ishuri y’abana babo kandi nyamara Leta ibafitiye ayo bakosoreye.

Umwe ati “Nkanjye abana banjye baratsinze ndasabwa ibihumbi hafi magana ane ndayakura he? ubwo Ngiye kubajyana muri 9 years na 12years nta yandi mahitamo mfite kandi nakoreye leta bandimo hafi ibihumbi magana ane ariko ni ukuzayabona Yesu agarutse “

Undi nawe avuga ko bifuza ko nk’uko bakora akazi neza kandi ku gihe, NESA yajya ibahembera ku gihe kugira ngo badahura n’ibibazo by’ubukene nk’ibirimo kubabaho kandi barakoze.

Umuyobozi mukuru wa NESA, Dr. Bahati Bernard avuga ko NESA yakoze ibishoboka byose ngo igihe abarimu bategerereza aya mafaranga kigabanuke. Agatanga icyizere ko mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri aya mafaranga azaba yageze kuri ba nyirayo.

Ati “Turabumva ko ari ikibazo ariko NESA twakoze ibishoboka byose ngo twishyurire ku gihe ariko ni akazi katoroshye ariko twakoze ibishoboka byose ubu lisiti twazishyikirije Minisiteri y’imari n’igenambigambi niyo igomba kwishyura, bihangane mu byumweru bibiri cyangwa kimwe tuzaba twabishyuye”

Abarimu bakosoye ibizamini bya leta bararenga ibihumbi icyenda. Amafaranga yose hamwe bagomba guhembwa uyu mwaka abarirwa muri miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko Dr. Bahati abisobanura. Buri mukosozi ahembwa hakurikijwe umubare w’amakayi y’ibizamini yakosoye.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 2 =

Previous Post

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

Next Post

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.