Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

IGP Dan Munyuza, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, yibukije abasirindira mu ruhame ko uretse kuba bibatesha icyubahiro, ari n’icyaha gishobora no gutuma umuntu afungwa.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nyakanga 2022 mu muhango wo gusoza amahugurwa yahabwaga urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Ntara y’Amajyepfo yaberaga mu Karere ka Rwamagana.

IGP Dan Munyuza wahanuraga uru rubyiruko, arugaragariza ibikibangamiye iterambere ry’abaturage, bagomba kwinjiramo kugira ngo biranduke.

Ubwo yagarukaga ku businzi bukomeje kugaragara kuri bamwe mu baturage, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko uretse kuba uru rubyiruko rugomba gutanga umusanzu mu kurwanya ibi bikorwa ariko na rwo ubwarwo rudakwiye kubigaragaramo.

Agaragaza ingaruka z’ubusinzi, yavuze ko bitihishira ku muntu wanyweye agacupa akarengera kuko, ati “bikugaragaho ukavuga ibyo udakwiriye kuvuga, ugatongana, ukarwana ukadandabirana mu ruhame mu bantu. Buriya ni icyaha uranafungwa.”

IGP Dan Munyuza wavugaga ko ubusinzi buza no ku isonga mu biteza umutekano mucye kuko uwasinze atabura no guteza urugomo yaba mu muryango we no mu baturanyi, yavuze ko umuntu wabaswe na byo binamudindiza mu iterambere.

Ati “Harimo no gutakaza umwanya w’ibikorwa by’iterambere ku muntu ku giti cye, ku muryango we no mu Karere muri rusange.”

Yasabye uru rubyiruko kwinjirana ingufu mu bikorwa biyemeje gukora. Ati “Niba tugiye kurwanya ruswa, tuyirwanye tuyihaye uburemere, niba ari ukurwanya ubusinzi tubihe uburemere.”

IGP Dan Munyuza yasabye uru rubyiruko rw’abakorerabushake kurangwa n’indangagaciro zihamye kandi rukarushaho gutanga umusanzu ufatika mu kubaka umuryango ushikamye uteye imbere.

Ati “Muri abavuga rikumvikana aho mutuye kuko murajijutse, ntimugomba gusinzira no kuba abanebwe, ahubwo mukwiye kuba intangarugero mu gushyira mu bikorwa gahunda za Leta, kandi mukazirikana kujya mwubahiriza gihe.”

Marie Claire Mukansanga wari uhagarariye uru rubyiruko, yavuze ko uretse izi mpanuro bahawe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda zije ari nk’ikirungo ku mahugurwa bamazemo iyi minsi itanu, avuga ko biteguye gushyira mu bikorwa ibyo bize no kwesa imihigo basinye.

Yavuze ko bagiye kurwanya no guhangana n’abakwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’ibindi byaha mu rubyiruko, no gushyigikira gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Aya mahugurwa yari amaze iminsi itanu abera mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari, yitabiriwe n’urubyiruko 306 rwaturutse mu Turere twose tugize Intara y’Amajyepfo.

IGP Dan Munyuza yasabye uru rubyiruko gutanga umusanzu ufatika
Uru rubyiruko na rwo rwamanukanye ingamba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

Huye: Mituweli, intwaro, musayidizi,…amazina bahaye udukingirizo ngo batabatahura

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected
AMAHANGA

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.