Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe
Share on FacebookShare on Twitter

Kambogo Ildephonse wari umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kashegeshwe n’ibiza biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, yakuwe ku mirimo na Njyanama y’aka Karere kubera kutuzuza neza inshingano ze zirimo izo kurengera abaturage. Perezida wa Njyanama yemereye RADIOTV10 ko hafashwe iki cyemezo, anatangaza icyatumye gifatwa.

Amakuru yo kuba Kambogo Ildephonse atakiri Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, yatangiye gucicikana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Gicurasi, aho bamwe bavugaga ko yeguye.

Abagarukaga ku iyegura rya Kambogo, bavugaga ko bishingiye ku kuba ataritwaye neza mu gucunga ibibazo biherutse kwibasira aka Karere by’Ibiza byatewe n’imvura nyinshi yibasiye Intara y’Iburengerazuba inabarizwamo aka Karere ka Rubavu yayoboraga.

Amakuru aturuka ahizewe yageze kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Gicurasi 2023, avuga ko Inama ya Njyanama y’Akarere ka Rubavu, ari yo yafashe icyemezo cyo guhagarika Kambogo Ildefonse.

Ni umwanzuro ushingiye ku kuba uyu wari Umuyobozi w’aka Karere, Kambogo Ildefonse atarabashije kuzuza inshingano ze zirimo no kurengera abaturage.

Perezida w’Inama ya Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dr Kabano Ignace Habimana yemereye RADIOTV10 ko hafashwe iki cyemezo cyo kwirukana Kambogo Ildephonse wari Umuyobozi w’Akarere.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na RADIOTV10, Kabano yagize ati “Ni byo. Ntabwo inshingano ze yashoboye kuzishyira mu bikorwa nk’uko biteganyijwe.”

Muri iki kiganiro twagiranye na Dr Kabano Ignace Habimana muri iki gitondo, yavuze ko nta masaha abiri arashira hafashwe iki cyemezo, ku buryo mu masaha macye ari imbere haza gusohoka itangazo rivuga birambuye kuri iki cyemezo cyafashwe n’Inama ya Njyanama.

Akarere ka Rubavu, ni kamwe mu twibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi, byahitanye Abanyarwanda 130, barimo 26 bo muri aka Karere ka Rubavu.

Mu nkuru zatambutse mu bitangazamakuru bya RADIOTV10 zavugaga kuri ibi biza, bamwe mu baturage bagizweho ingaruka n’ibi biza b’i Rubavu, bavuze ko batigeze bitabwaho ngo barengerwe nkuko bikwiye, kuko hari abaraye hanze.

Bamwe mu babuze ababo, na bo bavugaga batafashijwe gushyingura ababo mu buryo buboneye, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yari yabasezeranyije ko ibyangombwa byose bikenerwa biri mu bushobozi bwayo, izabiha aba baturage.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Next Post

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.