Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, wari umaze imyaka ine yiruka kuri rwiyemezamirimo amwishyuza amafaranga y’akazi yamukoreye, yishyurijwe n’Umuvunyi Wungirije, Hon Mukama Abbas wahamagaye kuri telefone uyu rwiyemezamirimo ubwo yari mu nama n’abaturage, bituma uyu muturage atahana ibihumbi 200 Frw ye.

Habiyaremye Donath wo mu Murenge wa Bweyeye yari amaze igiye yishyuza uwitwa Mugiraneza Gustave nyiri Turuturu company ltd yakoreraga akazi k’uburinzi bw’imashini zikora umuhanda.

Habiyaremye avuga ko iki kibazo yakigejeje ku bayobozi batandukanye bagiye basura abaturage b’Umurenge wa Bweyeye mu bihe bitandukanye, ariko uwari umukoresha we agakomeza kumurerega kugeza ubwo amusabye kumusanga i Nyamagabe avuye Bweyeye yagerayo akamubura.

Agira ati “Nakomezaga mbwira abayobozi bazaga hano, nta muyobozi ntabwiraga. Uwa nyuma nari ngiye kukibwira n’uyu muvunyi wari waje.”

Icyakora akimara kukibwira ko Umuvunyi Wungirije wari wasuye abaturage b’Umurenge wa Bweyeye kugira ngo abakemurire ibibazo, Hon. Mukama Abbas yahise ahamagara Mugiraneza Gustave kuri telefone amusaba kwishyura bidasabye ko abikorera raporo, bituma uyu rwiyemezamirimo ahita yohereza ibihumbi magana abiri (200 000 Frw) yari amaze imyaka 4 atarishyura uyu muturage.

Mugiraneza Gustave binavugwa ko yaba ari umudogiteri ukorera mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali akaba na nyiri Turuturu Company Ltd yari yarambuye uyu muturage, yabwiye RADIOTV10 ko atigeze abura ubushake bwo kwimwishyura, ahubwo ko yari yaramubuze ngo amwishyure bakore inyandiko.

Ati “Nifuje ko twabonana nkamwishyura akankorera inyandiko y’uko turangizanyije ariko ntibyakunda. Nta bushake bucye bwo kumwishyura bwabayeho wanabaza Gitifu rwose sinigeze nirengagiza ikibazo cy’umuntu n’umwe aho ngaho.”

Nubwo uyu rwiyemezamirimo atangaho Gitifu umugabo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye Ndamyimana Daniel we avuga ko uyu mugabo yananije ubuyobozi muri iki kibazo akomeza gusiragiza umuturage kugeza n’aho amutumyeho ngo amusange i Nyamagabe ariko yagerayo ntamubone.

Agira ati “Uriya mugabo Gustave niba navuga ngo ni umunyamanyanga, ibyo yakubwiye ni ukuri kw’Imana ntaho bihuriye n’ukuri, ndetse no mu byumweru bibiri bishize, uriya muturage yaje kuntakira ati ‘mwambabariye koko mukamubwira akampa aya mituweri’, arangije arambwira ngo ‘ndaje mikoreho ndaje mbikoreho’ birangira ntabyo akoze. Ibyo kuvuga ngo yari yarabuze umuturage ni ukubeshya pe, iyo ashaka kwishyura aba yarabirangije cyera, ni kimwamwanya wo ku rwego rwo hejuru.”

Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Hon. Mukama Abbas wafashije uyu muturage kubona amafaranga ye agahita ayabona mu kanya nk’ako guhumbya, asaba ba rwiyemezamirimo kutaba gito kuko bishobora gutuma abaturage bagira ngo ni Leta yabambuye.

Ati “Hari ba rwiyemezamirimo b’abana babi, ubonye isoko wahawe na Leta, ukoresheje umuturage, ugiye utamwishyuye, icyo gihe ntabwo umuturage amenya gutandukanya wowe na Leta.”

Hon. Mukama Abbas akomeza anenga abayobozi bo mu nzego z’Ibanze bo mu gihe cyashize ku kutita ku bibazo by’abaturage bikarinda aho bituma basiragira, nyamara byoroshye.

Mu minsi ine Urwego rw’Umuvunyi rwamaze mu Karere ka Rusizi, rwakiriye ibibabazo by’abaturage 128, rukemura 32 muri byo, naho 78 bisigara mu maboko y’Ubuyobozi bw’Akarere, mu gihe ibindi 18 uri rwego ruzakomeza kubikurikirana.

Ubwo Umuvunyi Wungirije yahamagaraga kuri telefone uyu rwiyemezamirimo akamusaba kohereza amafaranga abereyemo umuturage
Umuturage yahise atahana 200 000 Frw ye
Abaturage batanze ibibazo
Umuvunyi Wungirije bimwe yabisubirije aho
Yasabye inzego z’ibanze kwibuka ko umuturage aza ku isonga muri byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Next Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.