Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, wari umaze imyaka ine yiruka kuri rwiyemezamirimo amwishyuza amafaranga y’akazi yamukoreye, yishyurijwe n’Umuvunyi Wungirije, Hon Mukama Abbas wahamagaye kuri telefone uyu rwiyemezamirimo ubwo yari mu nama n’abaturage, bituma uyu muturage atahana ibihumbi 200 Frw ye.

Habiyaremye Donath wo mu Murenge wa Bweyeye yari amaze igiye yishyuza uwitwa Mugiraneza Gustave nyiri Turuturu company ltd yakoreraga akazi k’uburinzi bw’imashini zikora umuhanda.

Habiyaremye avuga ko iki kibazo yakigejeje ku bayobozi batandukanye bagiye basura abaturage b’Umurenge wa Bweyeye mu bihe bitandukanye, ariko uwari umukoresha we agakomeza kumurerega kugeza ubwo amusabye kumusanga i Nyamagabe avuye Bweyeye yagerayo akamubura.

Agira ati “Nakomezaga mbwira abayobozi bazaga hano, nta muyobozi ntabwiraga. Uwa nyuma nari ngiye kukibwira n’uyu muvunyi wari waje.”

Icyakora akimara kukibwira ko Umuvunyi Wungirije wari wasuye abaturage b’Umurenge wa Bweyeye kugira ngo abakemurire ibibazo, Hon. Mukama Abbas yahise ahamagara Mugiraneza Gustave kuri telefone amusaba kwishyura bidasabye ko abikorera raporo, bituma uyu rwiyemezamirimo ahita yohereza ibihumbi magana abiri (200 000 Frw) yari amaze imyaka 4 atarishyura uyu muturage.

Mugiraneza Gustave binavugwa ko yaba ari umudogiteri ukorera mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali akaba na nyiri Turuturu Company Ltd yari yarambuye uyu muturage, yabwiye RADIOTV10 ko atigeze abura ubushake bwo kwimwishyura, ahubwo ko yari yaramubuze ngo amwishyure bakore inyandiko.

Ati “Nifuje ko twabonana nkamwishyura akankorera inyandiko y’uko turangizanyije ariko ntibyakunda. Nta bushake bucye bwo kumwishyura bwabayeho wanabaza Gitifu rwose sinigeze nirengagiza ikibazo cy’umuntu n’umwe aho ngaho.”

Nubwo uyu rwiyemezamirimo atangaho Gitifu umugabo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye Ndamyimana Daniel we avuga ko uyu mugabo yananije ubuyobozi muri iki kibazo akomeza gusiragiza umuturage kugeza n’aho amutumyeho ngo amusange i Nyamagabe ariko yagerayo ntamubone.

Agira ati “Uriya mugabo Gustave niba navuga ngo ni umunyamanyanga, ibyo yakubwiye ni ukuri kw’Imana ntaho bihuriye n’ukuri, ndetse no mu byumweru bibiri bishize, uriya muturage yaje kuntakira ati ‘mwambabariye koko mukamubwira akampa aya mituweri’, arangije arambwira ngo ‘ndaje mikoreho ndaje mbikoreho’ birangira ntabyo akoze. Ibyo kuvuga ngo yari yarabuze umuturage ni ukubeshya pe, iyo ashaka kwishyura aba yarabirangije cyera, ni kimwamwanya wo ku rwego rwo hejuru.”

Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Hon. Mukama Abbas wafashije uyu muturage kubona amafaranga ye agahita ayabona mu kanya nk’ako guhumbya, asaba ba rwiyemezamirimo kutaba gito kuko bishobora gutuma abaturage bagira ngo ni Leta yabambuye.

Ati “Hari ba rwiyemezamirimo b’abana babi, ubonye isoko wahawe na Leta, ukoresheje umuturage, ugiye utamwishyuye, icyo gihe ntabwo umuturage amenya gutandukanya wowe na Leta.”

Hon. Mukama Abbas akomeza anenga abayobozi bo mu nzego z’Ibanze bo mu gihe cyashize ku kutita ku bibazo by’abaturage bikarinda aho bituma basiragira, nyamara byoroshye.

Mu minsi ine Urwego rw’Umuvunyi rwamaze mu Karere ka Rusizi, rwakiriye ibibabazo by’abaturage 128, rukemura 32 muri byo, naho 78 bisigara mu maboko y’Ubuyobozi bw’Akarere, mu gihe ibindi 18 uri rwego ruzakomeza kubikurikirana.

Ubwo Umuvunyi Wungirije yahamagaraga kuri telefone uyu rwiyemezamirimo akamusaba kohereza amafaranga abereyemo umuturage
Umuturage yahise atahana 200 000 Frw ye
Abaturage batanze ibibazo
Umuvunyi Wungirije bimwe yabisubirije aho
Yasabye inzego z’ibanze kwibuka ko umuturage aza ku isonga muri byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − five =

Previous Post

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Next Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.