Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, wari umaze imyaka ine yiruka kuri rwiyemezamirimo amwishyuza amafaranga y’akazi yamukoreye, yishyurijwe n’Umuvunyi Wungirije, Hon Mukama Abbas wahamagaye kuri telefone uyu rwiyemezamirimo ubwo yari mu nama n’abaturage, bituma uyu muturage atahana ibihumbi 200 Frw ye.

Habiyaremye Donath wo mu Murenge wa Bweyeye yari amaze igiye yishyuza uwitwa Mugiraneza Gustave nyiri Turuturu company ltd yakoreraga akazi k’uburinzi bw’imashini zikora umuhanda.

Habiyaremye avuga ko iki kibazo yakigejeje ku bayobozi batandukanye bagiye basura abaturage b’Umurenge wa Bweyeye mu bihe bitandukanye, ariko uwari umukoresha we agakomeza kumurerega kugeza ubwo amusabye kumusanga i Nyamagabe avuye Bweyeye yagerayo akamubura.

Agira ati “Nakomezaga mbwira abayobozi bazaga hano, nta muyobozi ntabwiraga. Uwa nyuma nari ngiye kukibwira n’uyu muvunyi wari waje.”

Icyakora akimara kukibwira ko Umuvunyi Wungirije wari wasuye abaturage b’Umurenge wa Bweyeye kugira ngo abakemurire ibibazo, Hon. Mukama Abbas yahise ahamagara Mugiraneza Gustave kuri telefone amusaba kwishyura bidasabye ko abikorera raporo, bituma uyu rwiyemezamirimo ahita yohereza ibihumbi magana abiri (200 000 Frw) yari amaze imyaka 4 atarishyura uyu muturage.

Mugiraneza Gustave binavugwa ko yaba ari umudogiteri ukorera mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali akaba na nyiri Turuturu Company Ltd yari yarambuye uyu muturage, yabwiye RADIOTV10 ko atigeze abura ubushake bwo kwimwishyura, ahubwo ko yari yaramubuze ngo amwishyure bakore inyandiko.

Ati “Nifuje ko twabonana nkamwishyura akankorera inyandiko y’uko turangizanyije ariko ntibyakunda. Nta bushake bucye bwo kumwishyura bwabayeho wanabaza Gitifu rwose sinigeze nirengagiza ikibazo cy’umuntu n’umwe aho ngaho.”

Nubwo uyu rwiyemezamirimo atangaho Gitifu umugabo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye Ndamyimana Daniel we avuga ko uyu mugabo yananije ubuyobozi muri iki kibazo akomeza gusiragiza umuturage kugeza n’aho amutumyeho ngo amusange i Nyamagabe ariko yagerayo ntamubone.

Agira ati “Uriya mugabo Gustave niba navuga ngo ni umunyamanyanga, ibyo yakubwiye ni ukuri kw’Imana ntaho bihuriye n’ukuri, ndetse no mu byumweru bibiri bishize, uriya muturage yaje kuntakira ati ‘mwambabariye koko mukamubwira akampa aya mituweri’, arangije arambwira ngo ‘ndaje mikoreho ndaje mbikoreho’ birangira ntabyo akoze. Ibyo kuvuga ngo yari yarabuze umuturage ni ukubeshya pe, iyo ashaka kwishyura aba yarabirangije cyera, ni kimwamwanya wo ku rwego rwo hejuru.”

Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Hon. Mukama Abbas wafashije uyu muturage kubona amafaranga ye agahita ayabona mu kanya nk’ako guhumbya, asaba ba rwiyemezamirimo kutaba gito kuko bishobora gutuma abaturage bagira ngo ni Leta yabambuye.

Ati “Hari ba rwiyemezamirimo b’abana babi, ubonye isoko wahawe na Leta, ukoresheje umuturage, ugiye utamwishyuye, icyo gihe ntabwo umuturage amenya gutandukanya wowe na Leta.”

Hon. Mukama Abbas akomeza anenga abayobozi bo mu nzego z’Ibanze bo mu gihe cyashize ku kutita ku bibazo by’abaturage bikarinda aho bituma basiragira, nyamara byoroshye.

Mu minsi ine Urwego rw’Umuvunyi rwamaze mu Karere ka Rusizi, rwakiriye ibibabazo by’abaturage 128, rukemura 32 muri byo, naho 78 bisigara mu maboko y’Ubuyobozi bw’Akarere, mu gihe ibindi 18 uri rwego ruzakomeza kubikurikirana.

Ubwo Umuvunyi Wungirije yahamagaraga kuri telefone uyu rwiyemezamirimo akamusaba kohereza amafaranga abereyemo umuturage
Umuturage yahise atahana 200 000 Frw ye
Abaturage batanze ibibazo
Umuvunyi Wungirije bimwe yabisubirije aho
Yasabye inzego z’ibanze kwibuka ko umuturage aza ku isonga muri byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nineteen =

Previous Post

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Next Post

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Menya abandi bakinnyi b’Amavubi bakina hanze bamaze kugera mu mwiherero (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.