Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwami Mswati III yagaragaje ibikwiye kwigirwa kuri Perezida Kagame n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwami Mswati III yagaragaje ibikwiye kwigirwa kuri Perezida Kagame n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami w’Ubwami bwa Eswatini, Mswati III yashimiye Perezida Paul Kagame ku miyoborere ye y’intangarugero yatumye u Rwanda n’Abanyarwanda bagera kuri byinshi bikwiye kubera isomo ibindi Bihugu birimo n’icye.

Mswati III yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024 ubwo yakirwaga na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro, bombi bakanayobora igikorwa cy’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye gusurwa n’Umwami Mswati III n’itsinda ry’abayobozi bazanye, by’umwihariko kuba baraje kwifatanya n’Abanyarwanda mu birori by’irahira.

Ati “Uru ruzinduko rurashimangira ko u Rwanda na Eswatini, bafitanye igihango kandi turifuza ko gikomeza kudufasha kugera kure. Kandi turifuza gukomeza kwagura imikoranire yacu akaba ari na yo ntego y’amasezerano twashyizeho umukono uyu munsi.”

Umwami Mswati III yabanje gushimira Perezida Paul Kagame ku bwo gutumira Igihugu cye cya Eswatini mu muhango w’irahira rye, ndetse n’uburyo wagenze neza kuva ku gikorwa cya mbere kugeza ku cya nyuma.

Ati “Imbyino gakondo zagaragajwe ndetse n’akarasisi ka gisirikare, byari bishimishije ku rwego rwo hejuru. Kandi twongeye kugushimira ku kuba warongeye gutorwa. Ubwitabire bwo hejuru byagaragaje icyizere Abanyarwanda bafitiye imiyoborere myiza yawe.”

Yakomeje yifuriza Perezida Paul Kagame ishya n’ihirwe muri iyi manda y’imyaka itanu ndetse no kuzakomeza kugeza u Rwanda ku byiza birenze ibyo Abanyarwanda bagezeho.

Umwani Mswati III yavuze ko we n’itsinda ry’abayobozi bazanye mu Rwanda, bishimiye iterambere u Rwanda rumaze kugeraho kandi ko bishimangira imiyoborere myiza ireba kure.

Yanaboneyeho kwifuriza Abanyarwanda isabukuru nziza y’imyaka 30 bamaze bibohoye, bari mu Gihugu cy’amahoro n’umutekano bakesha imiyoborere myiza.

Ati “Turashima imiyoborere yawe myiza mu kuyobora iki Gihugu mu nzira y’ubwiyunge ndetse no kwishakamo ibisubizo mu bikorwa by’iterambere ry’abaturage, iry’ubukungu bw’Igihugu ndetse no mu zindi nzego; byagize uruhare mu kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda.”

Yavuze kandi ko muri iyo myaka 30, u Rwanda rutihariye ibyiza rugezeho ahubwo ko rwanabisangiye n’Ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Ahubwo mwanatanze umusanzu mu kugarura no mu kubungabunga amahoro mu butumwa bw’amahoro mwagiye mugiramo uruhare.”

Ku mubano w’u Rwanda na Eswatini, Umwami Mswati III yavuze ko ibi Bihugu byombi bisanganywe umubano mwiza w’igihe kirekire, kandi ko ari na ko bizakomeza.

Ati “Dusangiye inyungu ku mahoro n’umutekano, iterambere, imihindagurikire y’ibihe no mu kwihaza mu biribwa ndetse n’ibindi byinshi.”

Yagarutse ku masezerano Ibihugu byombi basinyanye mu myaka ibiri ishize, yashyizeho komisiyo ihoraho ihuriweho, ndetse n’uyu munsi hakaba hasinywe andi masezerano y’ubufatanye.

Yavuze ko aya masezerano yose azakomeza kugira uruhare mu mibanire n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi, by’umwihariko mu nzego nk’ubucuruzi, ubukerarugendo, mu bumenyi, ibidukikije, mu bijyanye n’umuco ndetse no mu burezi.

Yashimye kandi uburyo u Rwanda rugeze ku rwego ruhanitse mu gukoresha ikoranabuhanga “nk’uko twabyiboneye mu ruzinduko twagize ejo ubwo twasuraga kompanyi y’ikoranabuhanga ya Irembo ifasha Guverinoma mu gutanga serivisi ndetse no mu kuzana udushya mu ikoranabuhanga.”

Yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku Rwanda, birimo n’ibikorwa bizamura iterambere ry’ubukungu bwarwo, kandi ko ibi byose bizabera impamba abayobozi bazanye mu Rwanda, kugira ngo bazagire impinduka bazana mu Gihugu cyabo, ndetse ko banatangiye; kuko bamaze gutangiza icyanya cy’inganda nk’ikiri mu Rwanda.

Yakiriwe n’akarasisi kanogeye ijisho muri Village Urugwiro
Perezida Kagame yashimiye Umwami Mswati III waje kwifatanya n’Abanyarwanda
Habayeho gusinya amasezerano y’imikoranire hagati y’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Next Post

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Related Posts

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.