Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwana wagaragaye arira amarira y’ibyishimo mu gitaramo cya The Ben byarangiye amukoreye ibishimishije

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umwana wagaragaye arira amarira y’ibyishimo mu gitaramo cya The Ben byarangiye amukoreye ibishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana muto wagaragaye mu gitaramo cya The Ben ari kurira amarira y’ibyishimo kubera kubona imbonankubone uyu muhanzi yihebeye na we bikamukora ku mutima, yakiriwe mu rugo n’uyu muhanzi, anamuha impano.

Nyuma y’igitaramo cya The Ben cyabaye mu cyumweru gishize tariki 01 Mutarama 2025, uyu muhanzi yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga, amashusho y’umwana w’umukobwa wagaragaye ari kurira muri iki gitaramo yishimiye kubona uyu muhanzi imbonankubone.

Ni ibintu byakoze ku mutima The Ben wahise yifuza kubonana n’uyu mufana we ukiri muto wagaragaje ko amukunda byanyabyo, ndetse aza no kubaririza ababyeyi be, asanga na bo bifuza ko bazabahuza.

Uyu mwana ubana n’umuryango we mu Karere ka Rubavu aho yari yanavuye ajya muri iki gitaramo cyarangiye mu masaha y’igicuku, inzozi ze zaje kuba impamo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Mutarama 2025 ubwo yakirwaga na The Ben asanzwe afana, mu rugo iwe.

Amashusho yagaragajwe na The Ben ubwo yakiraga uyu mwana iwe, yerekana n’ubundi uyu mwana yasazwe n’ibyishimo, nabwo akarira, ari na ko uyu muhanzi amuhoza.

Uretse kumwakira mu rugo iwe, The Ben yanahaye uyu mwana impano y’ibikoresho by’ishuri, birimo ibitabo byo gusoma n’amakayi.

The Ben avuga ko na we yakozwe ku mutima no kuba umwana muto nk’uyu akunda ibikorwa bye. Ati “Icyakora mu biganiro nagiranye n’umubyeyi we nasanze ari we abikomoraho kuko ari umwe mu bankundaga mu myaka yo ha mbere.”

Mu gitaramo cya The Ben uyu mwana yasazwe n’ibyishimo
Uyu mwana na we yagiye kwa The Ben amushyiriye impano y’indabo
Byongeye kumurenga yongera kurira
Kwa The Ben yagiye amusubiriramo zimwe mu ndirimbo ze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 12 =

Previous Post

Kigali: Gutahura inzu zubatswe binyuranyije n’amategeko bigiye kwinjizwamo ikoranabuhanga rizatuma zimenyekana zikizamurwa

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.