Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwana wagaragaye arira amarira y’ibyishimo mu gitaramo cya The Ben byarangiye amukoreye ibishimishije

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umwana wagaragaye arira amarira y’ibyishimo mu gitaramo cya The Ben byarangiye amukoreye ibishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana muto wagaragaye mu gitaramo cya The Ben ari kurira amarira y’ibyishimo kubera kubona imbonankubone uyu muhanzi yihebeye na we bikamukora ku mutima, yakiriwe mu rugo n’uyu muhanzi, anamuha impano.

Nyuma y’igitaramo cya The Ben cyabaye mu cyumweru gishize tariki 01 Mutarama 2025, uyu muhanzi yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga, amashusho y’umwana w’umukobwa wagaragaye ari kurira muri iki gitaramo yishimiye kubona uyu muhanzi imbonankubone.

Ni ibintu byakoze ku mutima The Ben wahise yifuza kubonana n’uyu mufana we ukiri muto wagaragaje ko amukunda byanyabyo, ndetse aza no kubaririza ababyeyi be, asanga na bo bifuza ko bazabahuza.

Uyu mwana ubana n’umuryango we mu Karere ka Rubavu aho yari yanavuye ajya muri iki gitaramo cyarangiye mu masaha y’igicuku, inzozi ze zaje kuba impamo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Mutarama 2025 ubwo yakirwaga na The Ben asanzwe afana, mu rugo iwe.

Amashusho yagaragajwe na The Ben ubwo yakiraga uyu mwana iwe, yerekana n’ubundi uyu mwana yasazwe n’ibyishimo, nabwo akarira, ari na ko uyu muhanzi amuhoza.

Uretse kumwakira mu rugo iwe, The Ben yanahaye uyu mwana impano y’ibikoresho by’ishuri, birimo ibitabo byo gusoma n’amakayi.

The Ben avuga ko na we yakozwe ku mutima no kuba umwana muto nk’uyu akunda ibikorwa bye. Ati “Icyakora mu biganiro nagiranye n’umubyeyi we nasanze ari we abikomoraho kuko ari umwe mu bankundaga mu myaka yo ha mbere.”

Mu gitaramo cya The Ben uyu mwana yasazwe n’ibyishimo
Uyu mwana na we yagiye kwa The Ben amushyiriye impano y’indabo
Byongeye kumurenga yongera kurira
Kwa The Ben yagiye amusubiriramo zimwe mu ndirimbo ze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

Kigali: Gutahura inzu zubatswe binyuranyije n’amategeko bigiye kwinjizwamo ikoranabuhanga rizatuma zimenyekana zikizamurwa

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.