Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana wapfiriye ku ishuri bikavugwa ko yiyahuye umuryango we wabivuze ukundi

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA
0
Umwana wapfiriye ku ishuri bikavugwa ko yiyahuye umuryango we wabivuze ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana wigaga mu Ishuri rya ‘Kayonza Modern School’ uherutse kwitaba Imana, ubuyobozi bw’Akarere bukavuga ko bikekwa ko yiyahuye, umuryango we wabihakanye; uvuga ko nta mpamvu n’imwe yari gutuma umwana wabo yiyambura ubuzima, ndetse n’iyatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere akwiye kuyinyomoza.

Nyakwigendera Keza Sonia wari ufite imyaka 16 y’amavuko, yitabye Imana tariki 15 Ukuboza 2024, aho amakuru yabanje gutambuka ku mbuga nkoranyambaga, yavugaga ko uyu mwana yapfuye nyuma yo kurembera ku ishuri, agasaba uruhushya ngo ajye kwivuza, akarwimwa, ndetse n’ababyeyi be bakagerageza gushaka uburyo bamujyana ariko ubuyobozi bw’Ishuri bukababera ibamba.

Mu butumwa busubiza ubu bwari bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ubuyobozi bw’Akarere bwahakanye ko uyu mwana atarangaranywe.

Ubutumwa bw’ubuyobozi bw’Akarere bwagiraga buti “Ibivugwa muri ubu butumwa binyuranye n’ukuri, kuko iki kibazo cyakurikiranywe ku bufatanye bw’ubuyobozi n’izindi nzego, bigaragara ko umwana yiyahuye.

Ubuyobozi bw’ishuri bwaramuvuje, asezererwa yorohewe, iby’urupfu rwe byabaye nyuma yuko yari yavuye kwa muganga, kandi ubuyobozi bw’ishuri bwamenyesheje ababyeyi iby’uburwayi bwe banakomeza kuvugana nyuma yo kuva kwa muganga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco kandi mu kiganiro yagiranye n’umuyobozi wa YouTube witwa Ukwezi TV, yagize ati “Ikigaragara ni uko hari amakimbirane mu muryango, ashobora kuba yaranabaye n’inkomoko y’icyo cyemezo umwana yafashe.”

Mu gushyingura nyakwigendera, uwavuze mu izina ry’umukuru w’umuryango, yagaragaje agahinda n’uburakari bwinshi by’umwihariko kuri aya makuru yatangajwe n’ubuyobozi, avuga ko umwana wabo atigeze yiyahura nk’uko bivugwa.

Uyu mukuru w’umuryango ubwo yafataga ijambo, yabanje gusubiza ibahasha y’amafaranga yatanzwe n’ubuyobozi bw’Ishuri ryigagaho nyakwigendera nko kubafata mu mugongo, avuga ko badakeneye amafaranga yabo.

Yagize ati “Uriya mwana Sonia ntabwo yigeze yiyahura, ijambo rya nyuma yavuze, mfitiye amajwi y’abamubonye bwa nyuma yaratakambye ahagamagara mama. Ntabwo rero wajya kwiyahura ngo utakambe uhamagara nyoko kandi umusize ubizi.”

Mu mvugo yumvikanyemo kwikoma cyane Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, uyu mukuru w’umuryango wa nyakwigendera, yavuze ko adateze gutura muri aka Karere kakiyoborwa n’uyu Muyobozi watangaje ariya makuru.

Ati “Umuyobozi w’Akarere yihandagaje akavuga ngo uyu mwana yaba yarazize amakimbirane y’umuryango. Muri raporo afite, Akagari kamuha cyangwa inzego z’ibanze, yigeze abona bamuregera ko umupapa n’umwana barwanye? Nagabanye amagambo yo gushinyagura.”

Uyu mukuru w’umuryango, yavuze ko ubundi uko bigenda mu Bihugu by’i Burayi, uyu Muyobozi w’Akarere ka Kayonza, yakagombye guhita yegura kubera gutangaza aya makuru adafitiye gihamya.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mwana w’umukobwa, Inzego zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu yatumye uyu mwana yitaba Imana.

Uwavuze mu izina ry’ukuriye umuryango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Ubutumwa buturutse muri Polisi y’u Rwanda burebana n’iminsi mikuru bugenewe Abaturarwanda bose

Next Post

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.