Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana wapfiriye ku ishuri bikavugwa ko yiyahuye umuryango we wabivuze ukundi

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA
0
Umwana wapfiriye ku ishuri bikavugwa ko yiyahuye umuryango we wabivuze ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana wigaga mu Ishuri rya ‘Kayonza Modern School’ uherutse kwitaba Imana, ubuyobozi bw’Akarere bukavuga ko bikekwa ko yiyahuye, umuryango we wabihakanye; uvuga ko nta mpamvu n’imwe yari gutuma umwana wabo yiyambura ubuzima, ndetse n’iyatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere akwiye kuyinyomoza.

Nyakwigendera Keza Sonia wari ufite imyaka 16 y’amavuko, yitabye Imana tariki 15 Ukuboza 2024, aho amakuru yabanje gutambuka ku mbuga nkoranyambaga, yavugaga ko uyu mwana yapfuye nyuma yo kurembera ku ishuri, agasaba uruhushya ngo ajye kwivuza, akarwimwa, ndetse n’ababyeyi be bakagerageza gushaka uburyo bamujyana ariko ubuyobozi bw’Ishuri bukababera ibamba.

Mu butumwa busubiza ubu bwari bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ubuyobozi bw’Akarere bwahakanye ko uyu mwana atarangaranywe.

Ubutumwa bw’ubuyobozi bw’Akarere bwagiraga buti “Ibivugwa muri ubu butumwa binyuranye n’ukuri, kuko iki kibazo cyakurikiranywe ku bufatanye bw’ubuyobozi n’izindi nzego, bigaragara ko umwana yiyahuye.

Ubuyobozi bw’ishuri bwaramuvuje, asezererwa yorohewe, iby’urupfu rwe byabaye nyuma yuko yari yavuye kwa muganga, kandi ubuyobozi bw’ishuri bwamenyesheje ababyeyi iby’uburwayi bwe banakomeza kuvugana nyuma yo kuva kwa muganga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco kandi mu kiganiro yagiranye n’umuyobozi wa YouTube witwa Ukwezi TV, yagize ati “Ikigaragara ni uko hari amakimbirane mu muryango, ashobora kuba yaranabaye n’inkomoko y’icyo cyemezo umwana yafashe.”

Mu gushyingura nyakwigendera, uwavuze mu izina ry’umukuru w’umuryango, yagaragaje agahinda n’uburakari bwinshi by’umwihariko kuri aya makuru yatangajwe n’ubuyobozi, avuga ko umwana wabo atigeze yiyahura nk’uko bivugwa.

Uyu mukuru w’umuryango ubwo yafataga ijambo, yabanje gusubiza ibahasha y’amafaranga yatanzwe n’ubuyobozi bw’Ishuri ryigagaho nyakwigendera nko kubafata mu mugongo, avuga ko badakeneye amafaranga yabo.

Yagize ati “Uriya mwana Sonia ntabwo yigeze yiyahura, ijambo rya nyuma yavuze, mfitiye amajwi y’abamubonye bwa nyuma yaratakambye ahagamagara mama. Ntabwo rero wajya kwiyahura ngo utakambe uhamagara nyoko kandi umusize ubizi.”

Mu mvugo yumvikanyemo kwikoma cyane Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, uyu mukuru w’umuryango wa nyakwigendera, yavuze ko adateze gutura muri aka Karere kakiyoborwa n’uyu Muyobozi watangaje ariya makuru.

Ati “Umuyobozi w’Akarere yihandagaje akavuga ngo uyu mwana yaba yarazize amakimbirane y’umuryango. Muri raporo afite, Akagari kamuha cyangwa inzego z’ibanze, yigeze abona bamuregera ko umupapa n’umwana barwanye? Nagabanye amagambo yo gushinyagura.”

Uyu mukuru w’umuryango, yavuze ko ubundi uko bigenda mu Bihugu by’i Burayi, uyu Muyobozi w’Akarere ka Kayonza, yakagombye guhita yegura kubera gutangaza aya makuru adafitiye gihamya.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mwana w’umukobwa, Inzego zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu yatumye uyu mwana yitaba Imana.

Uwavuze mu izina ry’ukuriye umuryango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + two =

Previous Post

Ubutumwa buturutse muri Polisi y’u Rwanda burebana n’iminsi mikuru bugenewe Abaturarwanda bose

Next Post

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.