Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje
Share on FacebookShare on Twitter

Uretse ruhago basanzwe bakina ari ba myugariro bombi, no mu bumenyi rusange, bafite uko bahagaze. Mu mukino w’ikiganiro 10 Battle cya RADIOTV10, Rwatubyaye Abdul na Emery Bayisenge, bahanganye, umwe yegukana intsinzi.

Muri iki kiganiro cy’umukino wa 10 battle gitambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10, abantu babiri bafite ibyo bakora mu ruganda rwa siporo, babazwa ibibazo, ubundi bakarushanwa kubitangaho ibisubizo mu gihe kitarenze amasegonda 30’’.

Rwatubyaye na Bayisenge bombi bakinanye mu ikipe y’Igihugu, bakaba basanzwe ari n’inshuti, batangiye bombi bahiga kwegukana uyu mukino.

Ku bijyanye n’amakipe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Rwatubyaye yavuze ko yavuga atandatu mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga 10.

Bayisenge yatsinzwe ku kibazo cya mbere kuko yavuze amakipe icyenda (9) akina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza akongeramo imwe yagiye mu cyiciro cya kabiri, bituma Rwatubyaye yegukana inota rya mbere.

Babajijwe abatoza batoje Ikipe y’Igihugu Amavubi, Rwatubyaye avuga ko yavuga bane mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza kubavuga, bigatuma na we yegukana inota rya mbere.

Babajijwe tumwe mu Turere two mu Rwanda, Rwatubyaye avuga ko yavuga dutatu, Emery Bayisenge akamuha inda ya bukuru, ubundi akavuga tubiri kuko yongeyemo na Butare (yahoze ari Perefegitura).

Muri uyu mukino, yaba Bayisenge, Rwatubyaye ndetse n’umunyamakuru wari uwuyoboye, bose basekeye icyarimwe kuba avuze Akarere ka Butare katabaho kuko aka gace kahoze ari Perefegitura.

Ibi byatumye Emery Bayisenge agira amanota abiri mu gihe Rwatubyaye yari agifite abiri.

Babajijwe Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, Rwatubyaye yavuze ko yavuga 10, Emery Bayisenge avuga ko yavuga 11, aza no kubivuga, bituma yegukana inota rya gatatu.

Babajijwe kandi abahanzi bo muri Nigeria, Rwatubyaye avuga ko yavuga batanu mu gihe Emery yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza no kubavuga, akegukana inota rya kane, akaza no kwegukana intsinzi muri uyu mukino.

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Nyanza: Amayobera ku mugabo basanze yapfiriye mu kabari karimo abagabo 2 n’umugore umwe bikingiranye

Next Post

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Related Posts

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Culture is more than traditions, dances, food, or clothing. It is the identity of a people the stories they tell,...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

IZIHERUKA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara
AMAHANGA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.