Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje
Share on FacebookShare on Twitter

Uretse ruhago basanzwe bakina ari ba myugariro bombi, no mu bumenyi rusange, bafite uko bahagaze. Mu mukino w’ikiganiro 10 Battle cya RADIOTV10, Rwatubyaye Abdul na Emery Bayisenge, bahanganye, umwe yegukana intsinzi.

Muri iki kiganiro cy’umukino wa 10 battle gitambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10, abantu babiri bafite ibyo bakora mu ruganda rwa siporo, babazwa ibibazo, ubundi bakarushanwa kubitangaho ibisubizo mu gihe kitarenze amasegonda 30’’.

Rwatubyaye na Bayisenge bombi bakinanye mu ikipe y’Igihugu, bakaba basanzwe ari n’inshuti, batangiye bombi bahiga kwegukana uyu mukino.

Ku bijyanye n’amakipe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Rwatubyaye yavuze ko yavuga atandatu mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga 10.

Bayisenge yatsinzwe ku kibazo cya mbere kuko yavuze amakipe icyenda (9) akina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza akongeramo imwe yagiye mu cyiciro cya kabiri, bituma Rwatubyaye yegukana inota rya mbere.

Babajijwe abatoza batoje Ikipe y’Igihugu Amavubi, Rwatubyaye avuga ko yavuga bane mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza kubavuga, bigatuma na we yegukana inota rya mbere.

Babajijwe tumwe mu Turere two mu Rwanda, Rwatubyaye avuga ko yavuga dutatu, Emery Bayisenge akamuha inda ya bukuru, ubundi akavuga tubiri kuko yongeyemo na Butare (yahoze ari Perefegitura).

Muri uyu mukino, yaba Bayisenge, Rwatubyaye ndetse n’umunyamakuru wari uwuyoboye, bose basekeye icyarimwe kuba avuze Akarere ka Butare katabaho kuko aka gace kahoze ari Perefegitura.

Ibi byatumye Emery Bayisenge agira amanota abiri mu gihe Rwatubyaye yari agifite abiri.

Babajijwe Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, Rwatubyaye yavuze ko yavuga 10, Emery Bayisenge avuga ko yavuga 11, aza no kubivuga, bituma yegukana inota rya gatatu.

Babajijwe kandi abahanzi bo muri Nigeria, Rwatubyaye avuga ko yavuga batanu mu gihe Emery yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza no kubavuga, akegukana inota rya kane, akaza no kwegukana intsinzi muri uyu mukino.

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Nyanza: Amayobera ku mugabo basanze yapfiriye mu kabari karimo abagabo 2 n’umugore umwe bikingiranye

Next Post

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.