Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje
Share on FacebookShare on Twitter

Uretse ruhago basanzwe bakina ari ba myugariro bombi, no mu bumenyi rusange, bafite uko bahagaze. Mu mukino w’ikiganiro 10 Battle cya RADIOTV10, Rwatubyaye Abdul na Emery Bayisenge, bahanganye, umwe yegukana intsinzi.

Muri iki kiganiro cy’umukino wa 10 battle gitambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10, abantu babiri bafite ibyo bakora mu ruganda rwa siporo, babazwa ibibazo, ubundi bakarushanwa kubitangaho ibisubizo mu gihe kitarenze amasegonda 30’’.

Rwatubyaye na Bayisenge bombi bakinanye mu ikipe y’Igihugu, bakaba basanzwe ari n’inshuti, batangiye bombi bahiga kwegukana uyu mukino.

Ku bijyanye n’amakipe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Rwatubyaye yavuze ko yavuga atandatu mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga 10.

Bayisenge yatsinzwe ku kibazo cya mbere kuko yavuze amakipe icyenda (9) akina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza akongeramo imwe yagiye mu cyiciro cya kabiri, bituma Rwatubyaye yegukana inota rya mbere.

Babajijwe abatoza batoje Ikipe y’Igihugu Amavubi, Rwatubyaye avuga ko yavuga bane mu gihe Emery Bayisenge yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza kubavuga, bigatuma na we yegukana inota rya mbere.

Babajijwe tumwe mu Turere two mu Rwanda, Rwatubyaye avuga ko yavuga dutatu, Emery Bayisenge akamuha inda ya bukuru, ubundi akavuga tubiri kuko yongeyemo na Butare (yahoze ari Perefegitura).

Muri uyu mukino, yaba Bayisenge, Rwatubyaye ndetse n’umunyamakuru wari uwuyoboye, bose basekeye icyarimwe kuba avuze Akarere ka Butare katabaho kuko aka gace kahoze ari Perefegitura.

Ibi byatumye Emery Bayisenge agira amanota abiri mu gihe Rwatubyaye yari agifite abiri.

Babajijwe Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, Rwatubyaye yavuze ko yavuga 10, Emery Bayisenge avuga ko yavuga 11, aza no kubivuga, bituma yegukana inota rya gatatu.

Babajijwe kandi abahanzi bo muri Nigeria, Rwatubyaye avuga ko yavuga batanu mu gihe Emery yavuze ko yavuga batandatu ndetse akaza no kubavuga, akegukana inota rya kane, akaza no kwegukana intsinzi muri uyu mukino.

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 18 =

Previous Post

Nyanza: Amayobera ku mugabo basanze yapfiriye mu kabari karimo abagabo 2 n’umugore umwe bikingiranye

Next Post

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.