Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi binyabiziga gutambuka.
Byatangajwe n’Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu itangazo bwashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026.
Iri tangazo rigira riti “Turabamenyesha ko kubera ikamyo yagiriye ikibazo ahitwa Gisakura byatume umuhanda Nyamasheke-Nyamagabe ubu udakoreshwa.”
Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abakoresha uyu muhanda, kuba bakoresha uwa Nyamasheke- Karongi- Muhanga mu gihe hakiri gushakwa uburyo iki kibazo cyakemuka.
Ibi bibaye nyuma y’iminsi ibiri undi muhanda wa Muhanga- Ngororero- Mukamira na wo uhuza Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo ugize imbogamizi zatumye kuwukoresha biba bihagaze.
Uyu muhanda wo wagize ikibazo guhera mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026, aho bwo Polisi yari yatangaje ko “kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga- Ngororero- Mukamira ubu udakoreshwa.”
Gusa nyuma y’amasaha macye, ku wa Mbere tariki 09 Werurwe 2026, uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwatangaje ko uyu muhanda wongeye kuba nyabagendwa.
RADIOTV10











