• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in MU RWANDA
0
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi.

Isubukurwa ryo gukoresha uyu muhanda uhuza Intara y’Amajyepfo, n’iy’Iburengerazuba, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Werurwe 2026.

Iri tangazo rivuga ko “Turabamenyesha ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wabaye nyabagendwa.”

Iri tangazo ryaje rikurikira iryari ryatanzwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026, ryagiraga riti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga- Ngororero- Mukamira ubu udakoreshwa.”

 

Inkuru yari yabanje:

Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira nturi gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira utari gukoreshwa kubera imvura nyinshi yaguye, isaba abawukoresha gukoresha indi, irimo uwa Mukamira- Musanze- Kigali.

Itangazo rivuga iby’uyu muhanda utari nyabagendwa, ryashyizwe hanze na Poisi y’u Rwanda mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026.

Uru rwego rwagize ruti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga- Ngororero- Mukamira ubu udakoreshwa.”

Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abakoresha uyu muhanda, gukoresha uwa Mukamira- Musanze- Kigali cyangwa Muhanga- Kigali- Musanze- Mukamira na Muhanga- Rubengera- Rutsiro- Rubavu.

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwavuze kandi ko muri icyo gihe umuhanda udakoreshwa, abapolisi baza kuba bahari kugira ngo bayobore abantu.

Imihanda minini nk’iyi ihuza Intara, ikunze kugirwaho ingaruka n’ibiza, aho uretse kuba inkangu zawufunga, hari n’igihe amazi yuzuramo, agatuma ibinyabiziga n’abagenzi batabasha gutambuka.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda giherutse gutangaza ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Werurwe 2026 kizarangwa n’imvura iri ku kigero kiri hejuru y’icy’isanzwe igwa muri iki gihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + sixteen =

Previous Post

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Next Post

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.