Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Rugimbana Theogene, umwe mu banyamakuru ba siporo bafite izina rikomeye mu Rwanda, yahagaritse uyu mwuga ndetse ahita yerecyeza hanze y’u Rwanda.

Rugimbana ahagaritse uyu mwuga w’Itangazamakuru nyuma y’imyaka ine mugenzi we Rutamu Elie Joe banakoranaga kuri Radio 1 na we asezeye uyu mwuga ndetse na we ahita yerecyeza hanze y’u Rwanda.

Amakuru aturuka ku basanzwe baganira na Rugimbana Theogene, batangaza ko yahagaritse uyu mwuga w’itangazamakuru kubera akandi kazi yabonye agomba gukorera hanze.

Rugimbana Theogene ugiye gukora akazi kazamusaba kuzajya ajya mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Africa, yagiye kuba muri Cameroun nk’uko byemezwa n’inshuti ze za hafi.

Uyu musore wamamaye mu mwuga w’itangazamakuru by’umwihariko mu biganiro bya siporo no mu kogeza imipira yo ku Mugabane w’u Burayi, yavuze ko nubwo abaye avuye muri uyu mwuga ariko akiwufite ku mutima.

Yatangaje ko bishobora kuzaba ngombwa akawugarukamo ari Umunyamakuru cyangwa se na we afite Igitangazamakuru cye dore ko asanzwe anafite YouTube Channel azanakomeza gukoresha.

Yagize ati “Ndabizi nzarigarukamo mu buryo bumwe cyangwa ubundi, yaba YouTube yanjye, erega nta n’uwamenya wabona nshinze igitangazamakuru cyanjye mu bihe bizaza.”

Rugimbana Theogene wakoze ku maradiyo anyuranye mu Rwanda nka Flash FM yanamenyekaniyeho cyane ndetse na Radio 1 yakoragaho ubu, yashimiye Abanyamakuru bakoranye muri uyu mwuga ndetse n’abakundaga ibiganiro bye.

Rugimbana Theogene ahagaritse uyu mwuga w’itangazamakuru mu biganiro bya Siporo nyuma y’imyaka ine mugenzi we Rutamu Elie Joe banakoranaga na we asezeye uyu mwuga yahagaritse muri Nyakanga 2018 ndetse na we agahita yerecyeza hanze y’u Rwanda ubu akaba ari na ho atuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Next Post

‘Inyogoye’ yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Inyogoye’ yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

'Inyogoye' yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.