Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

UPDATE: Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Ndimbati wifuzaga gufungurwa

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
UPDATE: Urukiko ruteye utwatsi ubujurire bwa Ndimbati wifuzaga gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati akomeza gufungwa by’agateganyo nkuko byemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye iki cyemezo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022.

Umucamanza wagarutse ku byari byatangajwe mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 25 Mata, rwavuze ko impamvu zatanzwe n’uregwa zidafite ishingiro.

Yavuze ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwa ko yakoze icyaha akurikiranyweho, bityo ko agomba gukurikiranwa afunze.

Urukiko kandi ruvuga ko hagikomeje gukusanywa ibimenyeto byo gushinja uregwa bityo ko aramutse arekuwe byabangamira iki gikorwa.

Uyu mugabo umaze kubaka izina muri sinema nyarwanda kubera uburyo akina muri film asetsa abantu, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu ntangiro z’ukwezi gushize.

Akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa wari utaruzuza imyaka y’ubukure ndetse akamutera inda bakabyarana abana babiri.

Ubwo yaburana ubujurire bwe ku wa Mbere tariki 25 Mata 2022, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko atanyuzwe n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 yafatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Muri iri buranisha ryamaze isaha imwe, Ndimbati wongeye kubwira Urukiko ko arengana, yavuze ko yifuza kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko afite umuryango agomba kwitaho.

Yavuze ko uretse umuryango we asanzwe abana na wo, agomba no kwita ku bana b’impanga bivugwa yo yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya akamutera inda.

Ubwo yagezwaga bwa mbere imbere y’urukiko aburana ku ifungwa ry’agateganyo, Ndimbati yavuze ko umukobwa akekwaho gusambanya yamuguze ku muhanda nk’izindi ndaya zose.

Yavuze kandi ko uyu mugore babyaranye yigeze kwandikisha abana ku wundi mugabo, akavuga ko na byo biteye urujijo bityo ko Urukiko rukwiye kubisuzuma.

Ubushinjacyaha na bwo bwagaragaje ibimenyetso bigaragaza ko uregwa yasambanyije uyu mugore babyaranye ataruzuza imyaka y’ubukure, bumusabira gufungwa by’agateganyo iminsi 30, biza no kwemezwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge mu cyemezo cyasomwe tariki 28 Werurwe 2022.

Nyuma y’uko Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, Kabahizi Fridaus yatangaje ko atari azi ko ubwo yajyaga gutanga ikiganiro mu binyamakuru no kurega Ndimbati, atari azi ko uyu mugabo wamuteye Inda azafungwa.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa 3D TV, Kabahizi yagize ati “Ati “Nari nzi ko wenda kuba yaranze kugira icyo yibwira nk’umugabo ko wenda Leta yo izakimubwiae, ntabwo nari nzi ko bahita bamufata ngo bamufunge.”

Kabahizi yakomeje agira ati “Ahubwo baramufunze ndatitira, ndavuga nti ‘Karabaye noneho’.”

Nyuma y’ifungwa rya Ndimbati havuze byinshi birimo ibyatangazwaga n’abasanzwe bakunda uburyo akina, banenga Umunyamakuru watambukije ikiganiro yagiranye n’uyu Kabahizi ndetse banenga n’uyu mukobwa, babashinja gutuma uyu mukinnyi wa Film afungwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Next Post

Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Related Posts

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.