Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uri kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ukurikiranyweho kwica umugore we wari utwite, ubwo yaburanishwaga mu ruhame, yiyemereye ko yakoze iki cyaha kuko umugore we yahoraga amwaka amafaranga yo guhahisha.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezechias, akekwaho kwica umugore we tariki 23 Werurwe 2023 ubwo bagiranaga amakimbirane, aho akekwaho kumwica amunigishihe inzitiramibu.

Mu rubanza rwabereye mu ruhame kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kamena ahabereye icyaha gikekwa kuri uyu mugabo, yemereye Urukiko ko yishe umugore we.

Agaruka ku mikorere y’iki cyaha, Rusumbabahizi yavuze ko kuri iriya tariki ya 23 Werurwe yahaye umugore we nyakwigendera Nyiramporayonzi Domitille, ibihumbi bitandatu yo guhahisha, ariko ntanyurwe.

Ubwo umugore we atanyurwaga ngo yahise amukingirana mu nzu, ajya gutabaza abaturanyi, baje bakamukingurira.

Yagize ati “Baraje barankingurira nongera kumuha ibihumbi bitandatu (6000 Frw) kugira ngo ahahe byinshi birimo n’inyama.”

Rusumbabahizi yavuze ko icyo gihe yahise ajya mu kazi, ariko aho atahiye asanga umugore we atatetse nubwo yari yamusigiye amafaraganga yo guhaha, ari na bwo yamunigishaga inzitiramibu, agahita yishyikiriza inzego z’ubutabera.

Yemereye Urukiko ko yishe umugore we, icyakora ko abisabira imbabazi, akarusaba guca inkoni izamba.

Urukiko rwabajije uregwa impamvu yishe umugore we, avuga ko yahoraga amwaka amafaranga menshi yo guhahira urugo.

Ubushinjacyaha bwasobanuye imikorere y’iki cyaha, bwavuze ko izi mbabazi zasabwe n’uregwa ari urwiyerurutso kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, ndese ko yari amaze no kumukoresha imibonano mpuzabitsina, kuko basanze yambaye ubusa.

Ubushinjacyaha kandi bwagarutse ku buhamya bw’abatangabuhamya, bwasabye Urukiko kuzahamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa burundu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rwahise rupfundikira uru rubanza, rwanzura ko ruzarusoma mu cyumweru gitaha tariki 09 Kamena 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Joe says:
    3 years ago

    Jk

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Mu mafoto: Icyahise gikurikira impinduka zikomeye mu buyobozi bwo hejuru muri RDF

Next Post

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Rayon ikibyina intsinzi yakoze igikorwa itanze andi makipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.