Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akuriyeho uwari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni wavugwagaho gushaka kumuhirika ku butegetsi, umusesenguzi uri i Burundi, aravuga ko no mu baturage hari ikikango ariko kidakabije.

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 07 Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite amazina y’uwo yifuza ko aba Minisitiri w’Intebe.

Ni Lieutenant Général de Police Gervais Ndirakobuca watowe n’Abadepite ku majwi 113, akaba agiye gusimbura Alain Guillaume Bunyoni wari umaze iminsi asa nk’uhanganye na Perezida Evariste Ndayishimiye ndetse bikaba byanavugwaga ko yaba ari gutegura gukora coup d’etat.

Amakuru yizewe aturuka i Burundi kandi, avuga ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gutegura impapuro zo guta muri yombi Alain Guillaume Bunyoni nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Umwe mu basesenguzi uri i Burundi utifuje gutangazwa amazina, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umuntu ushishoza abona mu Gihugu harimo ikibazo mu gihe abaturage bo badafite ubwoba bwinshi kuko ibiri kuba byose bisa nk’ibiri gukorwa mu bwiru.

Avuga ko amahirwe ahari ari uko ibyo byose biri gukorerwa mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Ati “Iyo coup d’etat ubona ko iri mu ishyaka, ni cyo gituma n’abaturage badafite ubwoba bwinshi kuko atari undi muntu uturutse hariya uje gukura ishyaka ku butegetsi.”

Gusa avuga ko muri iki Gihugu cy’u Burundi hamaze iminsi ibindi bibazo by’ingutu birimo izamuka ry’ibiciro ku masoko nk’iry’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, ku buryo hari abashobora kuba babiri inyuma.

Ati “Ubona ko hari abantu babifitemo uruhare kugira ngo ibiciro bitumbagire, ukabona ko bari kubikora kugira ngo binanize umukuru w’Igihugu kugira ngo bigaragare ko yananiwe.”

 

Umwuka umeze ute?

Uyu musesenguzi avuga ko nubwo muri iki Gihugu harimo ibyo bibazo bikomeye ariko bitagize ingaruka nini ku mibereho y’abaturage kuko bakomeje imirimo yabo nkuko bisanzwe.

Ati “Yego ikintu cyose iyo kibaye nk’iki cyo kuvuga ihirika ry’ubutegetsi ni ikintu gikomeye, umuntu wese aribaza ati ‘ese bibaye’ abantu bose bahungabana ariko nta bwoba bwinshi bukabije buhari.”

Uyu musesenguzi avuga ko abategetsi bakomeye birinze kuvuga kuri iyi coup d’etat yanugwanugwaga, akemeza biri mu byafashije abaturage kutagira igihunga.

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, usigaye uba ku Mugabane w’u Burayi mu Gihugu cy’u Bubiligi, aherutse gutangaza kuri iyi coup d’etat yari imaze iminsi ivugwa mu Burundi.

Yavuze ko ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko, uw’mutwe w’Abadepite n’uw’umutwe wa Sena ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD bari bamaze iminsi bavugwaho gukora inama za hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Next Post

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.