Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akuriyeho uwari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni wavugwagaho gushaka kumuhirika ku butegetsi, umusesenguzi uri i Burundi, aravuga ko no mu baturage hari ikikango ariko kidakabije.

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 07 Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite amazina y’uwo yifuza ko aba Minisitiri w’Intebe.

Ni Lieutenant Général de Police Gervais Ndirakobuca watowe n’Abadepite ku majwi 113, akaba agiye gusimbura Alain Guillaume Bunyoni wari umaze iminsi asa nk’uhanganye na Perezida Evariste Ndayishimiye ndetse bikaba byanavugwaga ko yaba ari gutegura gukora coup d’etat.

Amakuru yizewe aturuka i Burundi kandi, avuga ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gutegura impapuro zo guta muri yombi Alain Guillaume Bunyoni nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Umwe mu basesenguzi uri i Burundi utifuje gutangazwa amazina, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umuntu ushishoza abona mu Gihugu harimo ikibazo mu gihe abaturage bo badafite ubwoba bwinshi kuko ibiri kuba byose bisa nk’ibiri gukorwa mu bwiru.

Avuga ko amahirwe ahari ari uko ibyo byose biri gukorerwa mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Ati “Iyo coup d’etat ubona ko iri mu ishyaka, ni cyo gituma n’abaturage badafite ubwoba bwinshi kuko atari undi muntu uturutse hariya uje gukura ishyaka ku butegetsi.”

Gusa avuga ko muri iki Gihugu cy’u Burundi hamaze iminsi ibindi bibazo by’ingutu birimo izamuka ry’ibiciro ku masoko nk’iry’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, ku buryo hari abashobora kuba babiri inyuma.

Ati “Ubona ko hari abantu babifitemo uruhare kugira ngo ibiciro bitumbagire, ukabona ko bari kubikora kugira ngo binanize umukuru w’Igihugu kugira ngo bigaragare ko yananiwe.”

 

Umwuka umeze ute?

Uyu musesenguzi avuga ko nubwo muri iki Gihugu harimo ibyo bibazo bikomeye ariko bitagize ingaruka nini ku mibereho y’abaturage kuko bakomeje imirimo yabo nkuko bisanzwe.

Ati “Yego ikintu cyose iyo kibaye nk’iki cyo kuvuga ihirika ry’ubutegetsi ni ikintu gikomeye, umuntu wese aribaza ati ‘ese bibaye’ abantu bose bahungabana ariko nta bwoba bwinshi bukabije buhari.”

Uyu musesenguzi avuga ko abategetsi bakomeye birinze kuvuga kuri iyi coup d’etat yanugwanugwaga, akemeza biri mu byafashije abaturage kutagira igihunga.

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, usigaye uba ku Mugabane w’u Burayi mu Gihugu cy’u Bubiligi, aherutse gutangaza kuri iyi coup d’etat yari imaze iminsi ivugwa mu Burundi.

Yavuze ko ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko, uw’mutwe w’Abadepite n’uw’umutwe wa Sena ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD bari bamaze iminsi bavugwaho gukora inama za hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Next Post

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.