Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akuriyeho uwari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni wavugwagaho gushaka kumuhirika ku butegetsi, umusesenguzi uri i Burundi, aravuga ko no mu baturage hari ikikango ariko kidakabije.

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 07 Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite amazina y’uwo yifuza ko aba Minisitiri w’Intebe.

Ni Lieutenant Général de Police Gervais Ndirakobuca watowe n’Abadepite ku majwi 113, akaba agiye gusimbura Alain Guillaume Bunyoni wari umaze iminsi asa nk’uhanganye na Perezida Evariste Ndayishimiye ndetse bikaba byanavugwaga ko yaba ari gutegura gukora coup d’etat.

Amakuru yizewe aturuka i Burundi kandi, avuga ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gutegura impapuro zo guta muri yombi Alain Guillaume Bunyoni nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Umwe mu basesenguzi uri i Burundi utifuje gutangazwa amazina, yabwiye RADIOTV10 ko nk’umuntu ushishoza abona mu Gihugu harimo ikibazo mu gihe abaturage bo badafite ubwoba bwinshi kuko ibiri kuba byose bisa nk’ibiri gukorwa mu bwiru.

Avuga ko amahirwe ahari ari uko ibyo byose biri gukorerwa mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Ati “Iyo coup d’etat ubona ko iri mu ishyaka, ni cyo gituma n’abaturage badafite ubwoba bwinshi kuko atari undi muntu uturutse hariya uje gukura ishyaka ku butegetsi.”

Gusa avuga ko muri iki Gihugu cy’u Burundi hamaze iminsi ibindi bibazo by’ingutu birimo izamuka ry’ibiciro ku masoko nk’iry’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, ku buryo hari abashobora kuba babiri inyuma.

Ati “Ubona ko hari abantu babifitemo uruhare kugira ngo ibiciro bitumbagire, ukabona ko bari kubikora kugira ngo binanize umukuru w’Igihugu kugira ngo bigaragare ko yananiwe.”

 

Umwuka umeze ute?

Uyu musesenguzi avuga ko nubwo muri iki Gihugu harimo ibyo bibazo bikomeye ariko bitagize ingaruka nini ku mibereho y’abaturage kuko bakomeje imirimo yabo nkuko bisanzwe.

Ati “Yego ikintu cyose iyo kibaye nk’iki cyo kuvuga ihirika ry’ubutegetsi ni ikintu gikomeye, umuntu wese aribaza ati ‘ese bibaye’ abantu bose bahungabana ariko nta bwoba bwinshi bukabije buhari.”

Uyu musesenguzi avuga ko abategetsi bakomeye birinze kuvuga kuri iyi coup d’etat yanugwanugwaga, akemeza biri mu byafashije abaturage kutagira igihunga.

Frédéric Bamvuginyumvira wabaye Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, usigaye uba ku Mugabane w’u Burayi mu Gihugu cy’u Bubiligi, aherutse gutangaza kuri iyi coup d’etat yari imaze iminsi ivugwa mu Burundi.

Yavuze ko ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko, uw’mutwe w’Abadepite n’uw’umutwe wa Sena ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD bari bamaze iminsi bavugwaho gukora inama za hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 19 =

Previous Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Next Post

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.