• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in AMAHANGA
0
Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi, birimo ibishingiye ku kuba hari ubutumwa bugufi ngo bwagaragaye muri telefone ye bwiswe ubw’ukorana na General James Kabarebe.

Icyemezo cyo gupfundikira uru rubanza, cyafashwe n’Urukiko Rukuru rw’i Kinshasa nyuma yuko Inama Nkuru y’Igihugu y’Ubwunganizi ku Ikoranabuhanga, idashoboye kwinjira muri telefoni z’uregwa zafatiriwe mu myaka ine ishize.

Abacamanza baburanisha uru rubanza, bafashe icyemezo cyo gupfundikira uru rubanza rwatangiye mu kwezi k’Ukuboza k’umwaka ushize wa 2025, imyanzuro ikazatangwa ku ya 5 Gicurasi.

Kurangiza uru rubanza bibaye nyuma y’amezi abiri Inama Nkuru y’Igihugu y’Ubwunganizi ku Ikoranabuhanga isabye ko yakoresha ubundi buryo nyuma yo kunanirwa kwinjira muri telefone z’uriya mujenerali, aho yavugaga ko hariho umutekano ukomeye wa biriya bikoresho by’ikoranabuhanga.

Iki cyifuzo cyatewe utwatsi n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwashimangiye ihame ryo kwihutisha imanza z’ibyaha nk’ibi rigomba kubahirizwa. Kubera iyo mpamvu, Urukiko rwategetse ko ibyo bikoresho bisubizwa kandi rutangaza ko urubanza rurangiye.

Mu bihe byatambutse kandi izindi nzego z’umutekano n’iz’ubutasi zari zananiwe gucukumbura ibyari muri telefoni za General Yav, wahoze ari umuyobozi w’agace ka gatatu k’ingabo kagizwe n’Intara z’Iburasirazuba zarimo ibibazo by’umutekano.

Uyu mujenerali aregwa ibyaha bishingiye ku butumwa bugufi buvugwa ko bwari bumaze imyaka ine buturutse ku mugabo wiswe umufatanyabikorwa wa General James Kabarebe wo mu Ngabo z’u Rwanda.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buvuga ko ubwo butumwa ari ikimenyetso gishobora kugaragaza ko habayeho imikoranire ya hagati yaLieutenant-Général Philémon Yav Irung n’ingabo z’u Rwanda. Ni mu gihe General Peter Cirimwami wari waravuze ko yabubonye kuri telefoni ya Philémon Yav, amaze igihe kirenga umwaka yarapfuye, ibintu byatumye Ubushinjacyaha butagira ibimenyetso bifatika cyangwa abatangabuhamya nyakuri.

Carlos Ngwapitshi wunganira uregwa, yagaragaje ko yishimiye imigendekee y’urubanza, aho yakoresheje ijambo ngo “Le tombeau est vide” cyangwa ngo “Imva irimo ubusa” ashaka kuvuga ko nta bimenyetso bifatika bishinja umukiliya we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + thirteen =

Previous Post

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Next Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.