Wednesday, April 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiri uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo, yatangaje ko rushobora kuzamura ibiciro byatwo kugeza kuri 30% cyangwa hejuru y’iki gipimo mu gihe intambara ya Iran yakomeza kubangamira ingendo z’ibikoresho by’ingenzi bifashisha badukora.

Goh Miah Kiat, Umuyobozi mukuru wa Karex, yabwiye itangazamakuru ko ikiguzi cyo gukora udukingirizo cyazamutse cyane kuva iriya ntambara yo muri Iran yatangira.

Iyi sosiyete ifite icyicaro muri Malaysia ikora udukingirizo turenga miliyari eshanu buri mwaka kandi ikanaranguza izindi sosiyete ziducuruza zikomeye ku isi nka Durex na Trojan, ndetse n’inzego z’ubuzima za Leta nka NHS yo mu Bwongereza.

Uyu muyobozi wa Karex, Goh yavuze ibi mu kiganiro yagiranye na Reuters na Bloomberg, cyagarukaga ku ihungabana ry’ibikorwa by’iyi sosiyete ryaturutse ku ntambara ihanganishije Leta Zunze Ubumwe za America na Iran.

Iyi ntambara kandi yatumye hafungwa umuhora wa Hormuz ukorerwamo ingendo z’ibikomoka kuri Peteroli byinshi bicuruzwa ku Isi, byateye izamuka ry’ibiciro byabyo kimwe n’ibindi byose nkenerwa.

Ruriya ruganda rw’udukingirizo rwa Karex runakoresha ibikoresho bikomoka kuri peteroli, harimo ammonia, ikoreshwa mu kubika udukingirizo kugira ngo tworohe.

Ni mu gihe kandi udukingirizo dukenerwa twiyongereyeho hafi 30% muri uyu mwaka, aho ibiciro byo gutwara imizigo biri hejuru kandi gutinda ku gutwara ibintu birushaho kuba bibi, nk’uko Goh yabitangaje.

Aganira na Bloomberg, Goh yagize ati “Mu bihe bikomeye, gukenera gukoresha udukingirizo birarushaho kwiyongera kuko uba utazi neza ahazaza hawe, niba ugifite akazi umwaka utaha [ashaka kuvuga ko no gukenera kuboneza urubyaro byiyongera].”

Yakomeje agira ati “Niba ufite umwana ubu, uzaba ufite undi munwa wo kugaburira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 6 =

Previous Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Next Post

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Related Posts

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

by radiotv10
22/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi,...

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal Bassirou Diomaye Faye, baganira ku...

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

by radiotv10
21/04/2026
0

Sosiyete y’ingendo z’Indege ya mbere muri Afurika, Ethiopian Airlines yatangaje ko igiye kugura izindi ndege esheshatu zo mu bwoko bwa...

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

by radiotv10
20/04/2026
0

Ibihugu birenga icumi bituwe ahanini n’abaturage b’Abayisilamu byamaganye icyemezo cya Israel cyo gushyira ambasaderi wayo mu karere ka Somaliland, kiyomoye...

IZIHERUKA

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali
IBYAMAMARE

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
22/04/2026
0

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

22/04/2026
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

22/04/2026
Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

22/04/2026
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

22/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.