Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
1
Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Kigali-Huye wari umaze iminsi utari nyabagendwa, wongeye gukoreshwa nyuma y’iminsi 10 warangiritse, ugahungabanya imigenderanire hagati y’Umujyi wa Kigali n’Intara y’Amajyepfo.

Tariki 30 Werurwe 2022, umuhanda Kigali-Huye wari wangirikiye hagati y’agace ka Ruyenzi n’isoko rya Bishenyi.

Icyo gihe Polisi y’u Rwanda yari yagiriye inama abakoresha uyu muhanda ko abava Kigali berekeza Huye gukoresha umuhanda Kigali-Ruyenzi-Nkoto naho abava Huye berekeza Kigali bakoresha umuhanda Nkoto-Gihara-Ruyenzi.

Polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko imirimo yo gukora uyu muhanda yahise itangira, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022, yatangaje ko uyu muhanda wabaye nyabagendwa.

Muri iyi minsi 10 uyu muhanda warangiritse, abakunze gukora ingendo za Kigali-Muhanga&Ruhango, Nyanza Huye, bari bamaze iminsi bataka uburyo izi ngendo zibagora.

Umwe mu bigeze gukora uru rugendo, yabwiye RADIOTV10 ko nko kuva mu Karere ka Muhanga yerecyeza mu Mujyi wa Kigali byamufashe amasaha ane mu gihe ubusanzwe ari isaha imwe n’igice.

Abasanzwe bakoresha uyu muhanda, ubu bari kwiruhutsa nyuma y’uko wongeye kuba nyabagendwa kuko inzira bari bamaze iminsi bakoresha zari mbi kandi ari kure.

Umwe usanzwe atwara abagenzi kuri moto, yagize ati “Washoboraga kumara amasaha ane cyangwa atanu akaba yanarenga muri Ambuteyaje ya Ruyenzi, Gihara – Nkoto, ariko ubu turasubijwe kandi n’abagenzi ni uko.”

Imodoka zirabasha gutambuka

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugabo says:
    3 years ago

    Akarere Ka Muhanda ntitukagira rwose
    Mwite kubunyamwuga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + four =

Previous Post

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

Next Post

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game
IMYIDAGADURO

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.