Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Stella Uwineza, umwe mu basirikare b’abagore baherutse kuzamurwa mu ntera, ari na bo babaye aba mbere bafite ipeti ryo hejuru b’igitsinagore mu Ngabo z’u Rwanda, yavuze ko inyota yo kwinjira mu gisirikare yayigize ubwo yajyaga mu ngando, ubwo yambaraga umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda, akiyemeza kutazawukuramo.

Yabitangarije mu kiganiro cyatanzwe mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, ku ruhande rw’u Rwanda wahawe insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30, umugore mu iterambere.” Aho ibi birori byayobowe na Madamu Jeannette Kagame.

Colonel Stella Uwineza usanzwe ari mu Itsinda ry’Ingabo zirwanira mu kirere, avuga ko ubwo yari mu ngando ubwo yari asoje amashuri yisumbuye, yakozwe ku mutima n’ibiganiro bagejejweho n’abasirikare, byari byuje impanuro zo gukunda Igihugu no kugikirera, ubwo bari bambaye umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Numva ko uwo mwenda ntawukuramo. Uko ni ko byagenze, ingando zagiye kurangira nafashe icyemezo cyo kujya mu Gisirikare.”

Avuga ko arangiza amasomo n’imyitozo ya gisirikare, yagize amahirwe yo kujya gukomereza amasomo haze y’u Rwanda, ndetse akaba yaragiye ajya mu butumwa bw’amahoro, ku Mugabane wa Afurika, agakomeza no kubifatanya n’amasomo atandukanye.

Colonel Stella Uwineza yavuze ko kwizihiza Umunsi w’Umugore nk’uku, ari umwanya mwiza ku bakobwa n’abagore wo gutekereza uburyo bakomeza kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa n’Igihugu cyabo, bagikorera.

Ati “Ndi Colonel w’umugore ufite inshingano z’akazi ndetse n’iz’umuryango, ndubatse, umugabo wanjye ntabwo ari umusirikare, nkaba mfite n’abana. Ni inshingano zitoroshye zisaba zose kunozwa, ni ukumva ko zishoboka, ni ubushake, ni ishyaka ariko kandi ni ubuyobozi buduha amahirtwe hagendewe ku bushobozi.”

Yasabye ababyeyi gushyigikira abana babo mu byo bifuza kugeraho, bakirinda kubaca intege bababwira ko ibyo bashaka kujyamo byagenewe igitsinagabo.

Ati “Nabwira ababyeyi gukomera ku nshingano zabo zo gushyigikira abana babo, bakabaremamo icyizere mu byo bifuza kugeraho, bakareka kubaca intege bavuga ko hari ibyo batageraho, badashoboye, kubera ko gusa ari abakobwa.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa abana b’abakobwa, ko bagomba gukunda Igihugu cyabibarutse ndetse no kugikorera by’umwihariko abifuza kujya mu gisirikirare, ko uyu mwuga ari bumwe muri ubwo buryo bwo gukunda no gukorera Igihugu.

Ati “Bisaba imbaraga kandi murazifite, ni ukongeraho gusa ubushake, dufite abasirikare b’abagore, mu ngeri zitandukanye, mu bwubatsi, b’abapilote, dufite abaganga, dufite abatekinisiye, dufite abakoresha ibikoresho bitandukanye bya gisirikare. Abana b’abakobwa rero navuga ngo mwitunyuke murashoboye, kandi mukoreshe amahirwe meza mufite y’ubuyobozi bubashyigikiye.”

Ibiganiro byatangiwe muri ibi birori, byagarutse ku iterambere ry’abari n’abategarugori bakataje mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabibarutse, barimo abafite ibigo by’ubucuruzi bikomeye mu Rwanda no mu Karere.

Colonel Stella Uwineza
Colonel Uwineza yatinyuye abakobwa bifuza kwinjira muri RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 4 =

Previous Post

America yahaye itegeko uyoboye Igihugu kimazemo iminsi umwiryane

Next Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.