Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Stella Uwineza, umwe mu basirikare b’abagore baherutse kuzamurwa mu ntera, ari na bo babaye aba mbere bafite ipeti ryo hejuru b’igitsinagore mu Ngabo z’u Rwanda, yavuze ko inyota yo kwinjira mu gisirikare yayigize ubwo yajyaga mu ngando, ubwo yambaraga umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda, akiyemeza kutazawukuramo.

Yabitangarije mu kiganiro cyatanzwe mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, ku ruhande rw’u Rwanda wahawe insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30, umugore mu iterambere.” Aho ibi birori byayobowe na Madamu Jeannette Kagame.

Colonel Stella Uwineza usanzwe ari mu Itsinda ry’Ingabo zirwanira mu kirere, avuga ko ubwo yari mu ngando ubwo yari asoje amashuri yisumbuye, yakozwe ku mutima n’ibiganiro bagejejweho n’abasirikare, byari byuje impanuro zo gukunda Igihugu no kugikirera, ubwo bari bambaye umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Numva ko uwo mwenda ntawukuramo. Uko ni ko byagenze, ingando zagiye kurangira nafashe icyemezo cyo kujya mu Gisirikare.”

Avuga ko arangiza amasomo n’imyitozo ya gisirikare, yagize amahirwe yo kujya gukomereza amasomo haze y’u Rwanda, ndetse akaba yaragiye ajya mu butumwa bw’amahoro, ku Mugabane wa Afurika, agakomeza no kubifatanya n’amasomo atandukanye.

Colonel Stella Uwineza yavuze ko kwizihiza Umunsi w’Umugore nk’uku, ari umwanya mwiza ku bakobwa n’abagore wo gutekereza uburyo bakomeza kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa n’Igihugu cyabo, bagikorera.

Ati “Ndi Colonel w’umugore ufite inshingano z’akazi ndetse n’iz’umuryango, ndubatse, umugabo wanjye ntabwo ari umusirikare, nkaba mfite n’abana. Ni inshingano zitoroshye zisaba zose kunozwa, ni ukumva ko zishoboka, ni ubushake, ni ishyaka ariko kandi ni ubuyobozi buduha amahirtwe hagendewe ku bushobozi.”

Yasabye ababyeyi gushyigikira abana babo mu byo bifuza kugeraho, bakirinda kubaca intege bababwira ko ibyo bashaka kujyamo byagenewe igitsinagabo.

Ati “Nabwira ababyeyi gukomera ku nshingano zabo zo gushyigikira abana babo, bakabaremamo icyizere mu byo bifuza kugeraho, bakareka kubaca intege bavuga ko hari ibyo batageraho, badashoboye, kubera ko gusa ari abakobwa.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa abana b’abakobwa, ko bagomba gukunda Igihugu cyabibarutse ndetse no kugikorera by’umwihariko abifuza kujya mu gisirikirare, ko uyu mwuga ari bumwe muri ubwo buryo bwo gukunda no gukorera Igihugu.

Ati “Bisaba imbaraga kandi murazifite, ni ukongeraho gusa ubushake, dufite abasirikare b’abagore, mu ngeri zitandukanye, mu bwubatsi, b’abapilote, dufite abaganga, dufite abatekinisiye, dufite abakoresha ibikoresho bitandukanye bya gisirikare. Abana b’abakobwa rero navuga ngo mwitunyuke murashoboye, kandi mukoreshe amahirwe meza mufite y’ubuyobozi bubashyigikiye.”

Ibiganiro byatangiwe muri ibi birori, byagarutse ku iterambere ry’abari n’abategarugori bakataje mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabibarutse, barimo abafite ibigo by’ubucuruzi bikomeye mu Rwanda no mu Karere.

Colonel Stella Uwineza
Colonel Uwineza yatinyuye abakobwa bifuza kwinjira muri RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 20 =

Previous Post

America yahaye itegeko uyoboye Igihugu kimazemo iminsi umwiryane

Next Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Related Posts

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
03/11/2025
0

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.