Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Stella Uwineza, umwe mu basirikare b’abagore baherutse kuzamurwa mu ntera, ari na bo babaye aba mbere bafite ipeti ryo hejuru b’igitsinagore mu Ngabo z’u Rwanda, yavuze ko inyota yo kwinjira mu gisirikare yayigize ubwo yajyaga mu ngando, ubwo yambaraga umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda, akiyemeza kutazawukuramo.

Yabitangarije mu kiganiro cyatanzwe mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, ku ruhande rw’u Rwanda wahawe insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30, umugore mu iterambere.” Aho ibi birori byayobowe na Madamu Jeannette Kagame.

Colonel Stella Uwineza usanzwe ari mu Itsinda ry’Ingabo zirwanira mu kirere, avuga ko ubwo yari mu ngando ubwo yari asoje amashuri yisumbuye, yakozwe ku mutima n’ibiganiro bagejejweho n’abasirikare, byari byuje impanuro zo gukunda Igihugu no kugikirera, ubwo bari bambaye umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda.

Yagize ati “Numva ko uwo mwenda ntawukuramo. Uko ni ko byagenze, ingando zagiye kurangira nafashe icyemezo cyo kujya mu Gisirikare.”

Avuga ko arangiza amasomo n’imyitozo ya gisirikare, yagize amahirwe yo kujya gukomereza amasomo haze y’u Rwanda, ndetse akaba yaragiye ajya mu butumwa bw’amahoro, ku Mugabane wa Afurika, agakomeza no kubifatanya n’amasomo atandukanye.

Colonel Stella Uwineza yavuze ko kwizihiza Umunsi w’Umugore nk’uku, ari umwanya mwiza ku bakobwa n’abagore wo gutekereza uburyo bakomeza kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa n’Igihugu cyabo, bagikorera.

Ati “Ndi Colonel w’umugore ufite inshingano z’akazi ndetse n’iz’umuryango, ndubatse, umugabo wanjye ntabwo ari umusirikare, nkaba mfite n’abana. Ni inshingano zitoroshye zisaba zose kunozwa, ni ukumva ko zishoboka, ni ubushake, ni ishyaka ariko kandi ni ubuyobozi buduha amahirtwe hagendewe ku bushobozi.”

Yasabye ababyeyi gushyigikira abana babo mu byo bifuza kugeraho, bakirinda kubaca intege bababwira ko ibyo bashaka kujyamo byagenewe igitsinagabo.

Ati “Nabwira ababyeyi gukomera ku nshingano zabo zo gushyigikira abana babo, bakabaremamo icyizere mu byo bifuza kugeraho, bakareka kubaca intege bavuga ko hari ibyo batageraho, badashoboye, kubera ko gusa ari abakobwa.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa abana b’abakobwa, ko bagomba gukunda Igihugu cyabibarutse ndetse no kugikorera by’umwihariko abifuza kujya mu gisirikirare, ko uyu mwuga ari bumwe muri ubwo buryo bwo gukunda no gukorera Igihugu.

Ati “Bisaba imbaraga kandi murazifite, ni ukongeraho gusa ubushake, dufite abasirikare b’abagore, mu ngeri zitandukanye, mu bwubatsi, b’abapilote, dufite abaganga, dufite abatekinisiye, dufite abakoresha ibikoresho bitandukanye bya gisirikare. Abana b’abakobwa rero navuga ngo mwitunyuke murashoboye, kandi mukoreshe amahirwe meza mufite y’ubuyobozi bubashyigikiye.”

Ibiganiro byatangiwe muri ibi birori, byagarutse ku iterambere ry’abari n’abategarugori bakataje mu kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabibarutse, barimo abafite ibigo by’ubucuruzi bikomeye mu Rwanda no mu Karere.

Colonel Stella Uwineza
Colonel Uwineza yatinyuye abakobwa bifuza kwinjira muri RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

America yahaye itegeko uyoboye Igihugu kimazemo iminsi umwiryane

Next Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.