Inyubako yo mu kigo cyita ku barwayi ba Ebola ku Bitaro bya Rwampara biherereye mu mujyi wa Bunia mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatwitswe n’abakoze igisa n’imyigaragambyo bashaka kwiba umurambo w’uwishwe n’iki cyorezo, banavuga ko ntagihari.
Nk’uko y’ibanze abivuga zibivuga, urubyiruko rushyigikiwe n’abagize umuryango wavuzwe ko umwana wabo yapfuye azize Ebola, binjiye mu bitaro bagerageza kujyanya umurambo w’uwapfuye.
Abaganga bavuga ko batemeranya n’ibyabaye ku rupfu. Polisi yahise ihagoboka ndetse irasa amasasu yo kuburira kugira ngo abakoraga ibyo babihagarike.
Urusaku rw’amasasu, ibikorwa byo kwangiza ibintu, n’inkongi by’umuriro byabaye ku wa Kane ku bitaro bya Rwampara, aho amahema yari yashyizwe mu kigo cyita ku barwayi bakekwaho kandi bemejwe ko banduye Ebola.
Nk’uko abatangabuhamya benshi babivuga, imbaga y’abantu bashyamiranye, bashidikanya ku kubaho kw’iyi ndwara ya Ebola, bamaganye ibyabaye ku rupfu rw’umwe mu bo bapfiriyeho bagerageza gufata umurambo ku ngufu.
Abigaragambya batwitse amahema abiri yashyirwagamo abantu babaga bashyizwe mu kato. Umurambo wari imbere watwitswe ku buryo butangaje.
Umwe mu banyapolitiki bo muri aka gace witwa Luc Malembe wanabonye ibi biba, avuga ko iki kibazo giterwa n’amakuru adatangwa neza ry’inzego z’ubuzima ku bijyanye n’ingamba zo gukumira no kurwanya Ebola.
Yagize ati “Bagomba gushyiramo abayobozi bazwi n’abaturage bashobora kubatega amatwi kugira ngo babashe gutanga ubutumwa bw’uko ‘Ebola ari ukuri,’ kugira ngo abaturage bafate ingamba zo kuyirinda. Niba abaturage batabyemera, bashobora gute gufata izi ngamba? Ni yo mpamvu ubona icyorezo kirimo kwiyongera.”
Hari kandi amakuru agaragaza ko nyuma y’ibi byabaye, abantu benshi bakekwaho kandi bemejwe ko banduye Ebola bari muri iki kigo cy’akato, batorotse, ibintu bishobora gushyira mu kaga ubuzima bwa benshi kuko bashobora gutuma ubwandu bwiyongera.
RADIOTV10











