• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero cyagabwe mu ishuri bigagaho.

Uyu ni umunsi wa gatatu nta makuru y’abakobwa 25 bashimuswe, bikomeje gutera kwiheba kwinshi cyane cyane ku miryango bakomokamo.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, ahagana mu masaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, nibwo abantu bitwaje intwaro bateye ishuri ryisumbuye ryo mu gace ka Maga, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, bashimuta abanyeshuri b’abakobwa 25 ndetse bica n’umukozi w’ishuri umwe.

Ababyeyi b’abana bashimuswe n’abagabo bitwaje intwaro mu ishuri ry’abakobwa, bakomeje gutakambira Leta basaba ko hakorwa ibishoboka byose ngo abana babo bagarurwe ari bazima.

Aisha Sani, umubyeyi w’abakobwa babiri bashimuswe, aganira n’itangazamakuru yavuze ko inkuru bayimenye mu gitondo nyuma yo kumva urusaku rw’amasasu nijoro, ariko bagakeka ko ari abashinzwe umutekano. Yavuze ko mu bakobwa be bashimuswe umwe yigaga mu mwaka wa gatatu undi mu wa kabiri.

Naho Usman Muhammad, ufite abakobwa babiri na bo bashimuswe, we yavuze ko nta mwana uzasubira ku ishuri mu gihe nta mutekano wabo wizewe, yongeraho ko ishuri ritazongera gukora kuko ababyeyi bavuga ko batazongera koherezayo abana babo kubera kubura umutekano.

Umuyobozi w’ishuri ryashimuswemo abana, Hajia Rabi Musa Magaji, we yahumurije ababyeyi avuga ko inzego z’umutekano n’abayobozi babijeje ko ibikorwa byo gushakisha aba bana b’abakobwa byatangiye kandi bizeye ko bazaboneka mu gihe cya vuba.

Iki gitero kandi cyongeye kubyutsa ubwoba by’ibindi byabaye kuva mu 2014, ubwo Boko Haram yashimutaga abakobwa 276 bo muri Chibok, bamwe kugeza n’ubu bataraboneka.

Muri iki Gihugu cya Nigeria, nubwo hari ingamba z’umutekano zashyizweho, impungenge z’ababyeyi n’ihungabana ry’abaturage biracyari byose kubera ibitero by’abitwaje intwaro bibagabwaho cyangwa bikagabwa ku bana babo mu bigo by’amashuri.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 10 =

Previous Post

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Next Post

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.