Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko kuba umunyemari Mudenge Emmanuel yarafatiwe icyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa, nta tegeko ryishwe kuko hari ibindi byaha akurikiranywemo.

Mudenge Emmanuel yatawe muri yombi tariki 29 Ukuboza 2021, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano mu kwaka inguzanyo muri banki ya miliyoni 100 Frw.

Tariki 04 Werurwe 2022, Urukiko rwari rwafashe icyemezo cyo gufungura by’agateganyo uyu munyemari ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Gusa ngo ubwo uyu munyemari yari agiye gusohoka muri Gereza, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruzana inyandiko kuri Gereza yo kumuta muri yombi, bituma adasohoka.

Mudenge n’abanyamategeko be biyambaje Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge barumenyesha ko uregwa afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa.

Mu iburanisha ryabaye tariki 16 Werurwe 2022, Mudenge n’abanyamategeko be, baregaga umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge, SP Uwayezu Augustin ko ari we umufunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagasaba ko yazanwa mu rukiko kugira ngo abibazwe.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko uregwa yakomeje gufungwa kuko hari ibindi byaha akurikiranyweho

Mudenge yavugaga ko kugira ngo yongere afungwe kabone nubwo haba hari ibindi byaha akurikiranyweho, hagombaga gutangira izindi nzira zo kuburana.

Abanyamategeko b’uyu munyemari, babwiye umucamanza ko kuba umukiliya wabo yarafatiwe icyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa, nta cyizere cyo kuzabona ubutabera buboneye mu rubanza rwo mu mizi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rwemeza ko nta mpamvu yo gutumiza umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge ndetse ko kuba uregwa yarakomeje gufungwa nta tegeko ryishwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 6 =

Previous Post

Umukecuru yakubiswe iminyafu 10 nyuma yo gufatwa asambana n’umusore ukiri muto

Next Post

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.