• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urukiko rwo muri Kenya rwateye utwatsi by’agateganyo icyifuzo cya America

radiotv10by radiotv10
29/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Urukiko rwo muri Kenya rwateye utwatsi by’agateganyo icyifuzo cya America
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru muri Kenya rwategetse ko gahunda ya Leta Zunze Ubumwe za America yo gushyiraho ikigo cyakira abantu bashyizwe mu kato kubera Ebola, ihagarikwa by’agateganyo.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’urubanza rwavugaga ko aho hantu hashobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga muri Kenya.

Abategetsi bakuru ba America bavuze ko icyo kigo kizajya kibasha kwakira abantu 50, kizashyirwa mu Kigo cy’Igisirikare kirwanira mu Kirere giherere rwagati muri Kenya, kizajya gifasha Abanyamerika bahuye n’icyorezo ariko bagifite ibimenyetso kandi ko cyagombaga gutangira gukora ku wa Gatanu.

Nanone kandi gahunda yo kohereza Abanyamerika bahuye n’icyorezo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, yanenzwe cyane n’Abanyakenya benshi kuva yamenyekana mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Guverinoma ya Kenya yatanze icyemezo cyanditse kuri iyi gahunda ku wa Kane ariko ntiyigeze ibivugaho mu buryo butaziguye mu bitekerezo by’abaturage.

Mu itegeko ryo ku wa Kane, Umucamanza w’Urukiko Rukuru rwa Kenya, Patricia Nyaundi, yabujije Guverinoma kwemera kwakira umuntu wese ukekwaho cyangwa wanduye Ebola hakurikijwe amasezerano yateguwe kugeza igihe ikibazo cyazanywe n’itsinda rishinzwe ubuvugizi mu by’amategeko rya Katiba Institute gikemutse.

Ubuyobozi bwa Perezida wa America, Donald Trump, bwavuze ko “budashobora kandi butazemera” ko hari abanduye Ebola binjira muri iki Gihugu, bitandukanye n’igihe icyorezo cya Ebola cyabaye hagati ya 2014 na 2016 muri Afurika y’Iburengerazuba ubwo abaturage benshi ba America banduye bavurirwaga ku butaka bwa America.

Iki kigo giteganyijwe muri Kenya kigomba kuba icy’abakozi ba Serivisi y’Ubuzima Rusange ya America, ishami ry’ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage. Abarenga 30 bahuguwe i Washington mu gihe cy’iminsi itatu, ubundi berekeza muri Kenya mu ijoro ryo ku wa Gatatu nk’uko byatangajwe n’abayobozi ba America.

Kenya yavuze ko iyi nyubako izaba iha serivisi abanyagihugu bose, atari abaturage ba America gusa, ariko ntibiramenyekana neza niba ari ko bizaba bimeze. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya America yavuze ku wa kane ko izatanga miliyoni 13.5 USD mu bikorwa byo kwitegura guhangana na Ebola muri Kenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twelve =

Previous Post

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique bavuye ku buntu abagororwa

Next Post

Uko hamenyekanye amakuru y’umuhungu utaruzuza ubukure ukekwaho gusambanya umukobwa ukuze urwaye mu mutwe

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Uko hamenyekanye amakuru y’umuhungu utaruzuza ubukure ukekwaho gusambanya umukobwa ukuze urwaye mu mutwe

Uko hamenyekanye amakuru y’umuhungu utaruzuza ubukure ukekwaho gusambanya umukobwa ukuze urwaye mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.