Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Karasira Aimable ukurikiranyweho ibyaha birimo gukurura amacakubiri, wanze kuburana hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga, yemerewe n’Urukiko kuzajya kuburana ari mu cyumba cyarwo.

Karasira Aimable wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, yagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

Ubwo Inteko y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yageraga mu cyumba cy’iburanisha, umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira uregwa yari mu ku rukiko mu gihe umukiliya we yari kuri Gereza aho afungiye akurikiranye ku ikoranabuhanga rya Skype.

Karasira abajijwe niba yiteguye kuburana, yavuze ko atiteguye kuburana kuri iri koranabuhanga rya Skype ndetse ko yabimenyesheje urukiko arusaba kujya kuburanira ku cyicaro cy’urukiko.

Uyu mugabo uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku biganiro yatambutsaga kuri YouTube birimo amagambo aremereye, yabwiye Urukiko ko ibaruwa y’ubu busabe bwe yayishyize muri system.

Ni icyifuzo kandi gishyigikiwe n’Umunyamategeko we Me Gatera Gashabana wavuze ko ibyo umukiliya we asaba abyemererwa n’amategeko kuko ari uburenganzira bwe mu rwego rwo kwiregura.

Umucamanza akimara kumva ibisobanuro by’uregwa, yasubitse urubanza ahita ategeka ko azaburana ari ku cyicaro cy’Urukiko tariki 25 Mata 2022.

Karasira Aimable wari warahagaritswe ku murimo w’ubwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021 aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangazaga ko rumukurikiranyeho ibyaha birimo kubiba amacakubiri.

Amaze gutabwa muri yombi, inzego zishinzwe iperereza zagiye gusaka kwa Karasira, zisanga atunze amafaranga agera muri Miliyoni 30 Frw zirimo Miliyoni 10 Frw yari abitse iwe ariko ntiyabonera ibisobanuro inkomoko y’aya amafaranga ari na byo byatumye mu byaha akurikiranyweho hiyongeraho icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame ari mu Budage mu nama yiga ku gukorera inkingo muri Africa

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.