Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Karasira Aimable ukurikiranyweho ibyaha birimo gukurura amacakubiri, wanze kuburana hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga, yemerewe n’Urukiko kuzajya kuburana ari mu cyumba cyarwo.

Karasira Aimable wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, yagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

Ubwo Inteko y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yageraga mu cyumba cy’iburanisha, umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira uregwa yari mu ku rukiko mu gihe umukiliya we yari kuri Gereza aho afungiye akurikiranye ku ikoranabuhanga rya Skype.

Karasira abajijwe niba yiteguye kuburana, yavuze ko atiteguye kuburana kuri iri koranabuhanga rya Skype ndetse ko yabimenyesheje urukiko arusaba kujya kuburanira ku cyicaro cy’urukiko.

Uyu mugabo uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku biganiro yatambutsaga kuri YouTube birimo amagambo aremereye, yabwiye Urukiko ko ibaruwa y’ubu busabe bwe yayishyize muri system.

Ni icyifuzo kandi gishyigikiwe n’Umunyamategeko we Me Gatera Gashabana wavuze ko ibyo umukiliya we asaba abyemererwa n’amategeko kuko ari uburenganzira bwe mu rwego rwo kwiregura.

Umucamanza akimara kumva ibisobanuro by’uregwa, yasubitse urubanza ahita ategeka ko azaburana ari ku cyicaro cy’Urukiko tariki 25 Mata 2022.

Karasira Aimable wari warahagaritswe ku murimo w’ubwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021 aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangazaga ko rumukurikiranyeho ibyaha birimo kubiba amacakubiri.

Amaze gutabwa muri yombi, inzego zishinzwe iperereza zagiye gusaka kwa Karasira, zisanga atunze amafaranga agera muri Miliyoni 30 Frw zirimo Miliyoni 10 Frw yari abitse iwe ariko ntiyabonera ibisobanuro inkomoko y’aya amafaranga ari na byo byatumye mu byaha akurikiranyweho hiyongeraho icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame ari mu Budage mu nama yiga ku gukorera inkingo muri Africa

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.