• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in Uncategorized
0
Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yifurije ababyeyi b’abagore umunsi mwiza wabahariwe, abibutsa ko urukundo n’ubudaheranwa bahorana, ari bimwe mu bifatiye runini ukubaho kwa muntu.

Tariki 08 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ababyeyi b’abagore aho benshi bazirikana agaciro k’ababyeyi babo bagize mu mibereho yabo.

Madamu Jeannette Kagame, yifurije ababyeyi b’abagore kugira uyu munsi mwiza wabo wabaye kuri iki Cyumweru tariki 08 Gicurasi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Babyeyi, Urukundo n’ubudaheranwa muhorana, ni inkingi ikomeye yo kubaho kwacu, biduha kandi ituze n’ubuzima bwiza, mu miryango yacu n’igihugu muri rusange. Mbifurije gukomeza kugira umunsi mwiza w’Ababyeyi b’abagore!”

Madamu Jeannette Kagame agira uruhare rukomeye mu iterambere ry’abari n’abategarugori abinyujije mu bikorwa by’umuryango yashinze wa Imbuto Foundation.

Uyu muryango usanzwe ufasha abana b’abakobwa bo mu miryango itishoboye mu bikorwa binyuranye nko kubatera inkunga mu bikorwa by’uburezi, unafasha abagizwe incike na Jenoside Yakorewe Abatutsi, aho bamwe bubakiwe aho kuba ndetse bakaba bakomeje kwitabwaho.

Mu mpera za Nzeri 218, Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo kiswe “African Woman of Excellence Award”, gihabwa umugore wakoze ibikorwa by’indashyikirwa ku mugabane wa Afurika.

Ni igihembo yahawe ashimirwa umuhate n’umurava adahwema kugaragaza mu kugira uruhare mu iterambere ry’umugabane wa Afurika by’umwihariko ku ruhare rwe mu guteza imbere uburezi bw’abana b’abakobwa, guteza imbere abagore no gufasha abakene binyuze mu muryango Imbuto Foundation.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA

Next Post

France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.