Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yamaze impungenge abakeka ko u Rwanda rutazaburana urubanza rwarezwemo n’Umuryango wa Paul Rusesabagina muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko rwiteguye gukurikiza ibiteganywa n’amategeko.

Alain Mukuralinda yavuze ko igihe cyose hari umuntu wareze Leta y’u Rwanda, idashobora guterera iyo, ahubwo ko ikora ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Leta y’u Rwanda na yo ifite uburyo igomba gusubiza icyo kirego, ifite uburyo igomba gushyiraho abavoka n’imyanzuro baba bagomba gukora kandi bakayitangira ku gihe. Abantu ntibagire impungenge igihe cyatanzwe kizagera Leta y’u Rwanda yagize ibyo ikora yasabwe.”

Abunganira umuryango wa Paul Rusesabagina bari batangarije Ijwi rya Amerika ko kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2022, wari umunsi ntarengwa wo kuba u Rwanda rwasubije ibyo rwabajijwe kuri uru rubanza.

Alain Mukuralinda yabwiye iyi Radio ko uretse kuba abanyamategeko ba Leta y’u Rwanda bagomba gusubiza ibyo iki Gihugu cyabajijwe ariko bagomba no kuzaburana uru rubanza mu gihe rwaba rukomeje.

Umuryango wa Paul Rusesabagina wakunze kuvuga ko uyu mugabo yagejejwe mu Rwanda ashimuswe, wasabye impozamarira za Miliyoni 400 USD, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze kugaragaza ibimenyetso ko uyu mugabo atigeze ashimutwa.

Alain Mukuralinda yavuze ko ibizakorwa n’abanyamategeko b’u Rwanda byose bizaba bishingiye ku biteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Niba tugomba kugaragaza ko Leta y’u Rwanda itakagombye kujya kuburanira mu rukiko runaka hanze y’Igihugu, nta handi wabigaragariza utagiye muri urwo rukiko.”

Mukuralinda yavuze kandi ko mu biteganywa n’amategeko, harimo no kuba uwarezwe atakwitaba Urukiko.

Ati “Leta y’u Rwanda ifite n’uburenganzira bwo kutitaba, uzi ko ubwo burenganzira buremewe mu rukiko nk’uko mujya mubibona abantu bajya mu rubanza rwageramo hagati bakarwivanamo. Buriya ni ibintu byemewe amategeko aba ateganya.”

Paul Rusesabagina wagejejwe mu Rwanda mu mpera za Kanama 2022, muri Nzeri 2021 yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko Ubushinjacyaha bujuririra iki gihano mu Rukiko rw’Ubujurire na rwo mu ntangiro z’ukwezi gushize rukaba rwaragumishijeho iki gihano.

Paul Rusesabagina yahamijwe ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa byakozwe n’umutwe yashinze wa MRCD-FLN birimo ibitero byagabwe mu mu bice binyuranye birimo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, byanaguyemo inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nineteen =

Previous Post

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Next Post

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Related Posts

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.