Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Rwanyindo Pierre Ruzirabwoba uzwi mu bushakashatsi bwo kubaka amahoro n’ubumwe mu muryango mugari w’Abanyarwanda, yitabye Imana ku myaka 89, abamuzi bagaruka ku bikorwa yakoze byagiriye benshi akamaro.

Nyakwigendera yitabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, tariki 04 Ugushyingo 2023, aguye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Prof. Rwanyindo Pierre yayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Ibiganiro Mpaka bigamije kubaka amahoro IRDP cyagize uruhare runini mu kugarura ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, aho abamuzi yaba abo yigishije ndetse n’abo bakoranye, bose bavuga ko yari inyangamugayo, agahora yifuza amahoro n’imibanire myiza mu bantu.

By’umwihariko Ikigo IRDP yayoboye, kizwiho kuba cyarunganiye gahunda za Leta y’u Rwanda mu kongera kubaka ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kibinyujije mu bushakashatsi n’ibiganiro cyakoze.

Umuyobozi Mukuru wa IRDP, Dr Eric Ndushabandi avuga ko yahuriye na nyakwigendera mu Gihugu cy’amahanga mu Bubiligi mu myaka 11 ishize ubwo yariho amurika ubushakashatsi ku bijyanye n’ubwoko bwahozeho mu Rwanda [Abahuru, Abatutsi n’Abatwa] bugaragaza ko ari inzitizi y’amahoro mu Rwanda.

Eric Ndushabandi yagize ati “Namubajije ibibazo bikomeye birimo inyurabwenge. Yarambwiye ati ‘nusoza amasomo yawe ya PhD, uzagaruke tugomba gukorana’ […] Yarambwiye ati ‘ngwino dufatanye gukora kuri ibyo bibazo bikomeye, tugamije kubaka amahoro arambye mu Rwanda’.”

Dr Eric Ndushabandi na we uzwi mu biganiro bigamije kubaka umuryango mugari bifasha benshi, avuga ko afatira urugero kuri nyakwigendera Prof Rwanyindo. Ati “Ni umugabo wakoranaga umuhate agakora no ku ngingo zikomeye cyane.”

Benshi mu bagarutse ku byarangaga Rwanyindo, bavuga ko yabereye urugero benshi, akanigirwaho indangagaciro ziboneye zifasha benshi kwitwara neza no kubanira neza abandi dore ko aho yabaga hose, yaharaniraga ko hahorana ituze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

Next Post

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.