Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Rwanyindo Pierre Ruzirabwoba uzwi mu bushakashatsi bwo kubaka amahoro n’ubumwe mu muryango mugari w’Abanyarwanda, yitabye Imana ku myaka 89, abamuzi bagaruka ku bikorwa yakoze byagiriye benshi akamaro.

Nyakwigendera yitabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, tariki 04 Ugushyingo 2023, aguye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Prof. Rwanyindo Pierre yayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Ibiganiro Mpaka bigamije kubaka amahoro IRDP cyagize uruhare runini mu kugarura ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, aho abamuzi yaba abo yigishije ndetse n’abo bakoranye, bose bavuga ko yari inyangamugayo, agahora yifuza amahoro n’imibanire myiza mu bantu.

By’umwihariko Ikigo IRDP yayoboye, kizwiho kuba cyarunganiye gahunda za Leta y’u Rwanda mu kongera kubaka ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kibinyujije mu bushakashatsi n’ibiganiro cyakoze.

Umuyobozi Mukuru wa IRDP, Dr Eric Ndushabandi avuga ko yahuriye na nyakwigendera mu Gihugu cy’amahanga mu Bubiligi mu myaka 11 ishize ubwo yariho amurika ubushakashatsi ku bijyanye n’ubwoko bwahozeho mu Rwanda [Abahuru, Abatutsi n’Abatwa] bugaragaza ko ari inzitizi y’amahoro mu Rwanda.

Eric Ndushabandi yagize ati “Namubajije ibibazo bikomeye birimo inyurabwenge. Yarambwiye ati ‘nusoza amasomo yawe ya PhD, uzagaruke tugomba gukorana’ […] Yarambwiye ati ‘ngwino dufatanye gukora kuri ibyo bibazo bikomeye, tugamije kubaka amahoro arambye mu Rwanda’.”

Dr Eric Ndushabandi na we uzwi mu biganiro bigamije kubaka umuryango mugari bifasha benshi, avuga ko afatira urugero kuri nyakwigendera Prof Rwanyindo. Ati “Ni umugabo wakoranaga umuhate agakora no ku ngingo zikomeye cyane.”

Benshi mu bagarutse ku byarangaga Rwanyindo, bavuga ko yabereye urugero benshi, akanigirwaho indangagaciro ziboneye zifasha benshi kwitwara neza no kubanira neza abandi dore ko aho yabaga hose, yaharaniraga ko hahorana ituze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − six =

Previous Post

M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

Next Post

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.