Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA
0
Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Rwanyindo Pierre Ruzirabwoba uzwi mu bushakashatsi bwo kubaka amahoro n’ubumwe mu muryango mugari w’Abanyarwanda, yitabye Imana ku myaka 89, abamuzi bagaruka ku bikorwa yakoze byagiriye benshi akamaro.

Nyakwigendera yitabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, tariki 04 Ugushyingo 2023, aguye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Prof. Rwanyindo Pierre yayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Ibiganiro Mpaka bigamije kubaka amahoro IRDP cyagize uruhare runini mu kugarura ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yanabaye umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, aho abamuzi yaba abo yigishije ndetse n’abo bakoranye, bose bavuga ko yari inyangamugayo, agahora yifuza amahoro n’imibanire myiza mu bantu.

By’umwihariko Ikigo IRDP yayoboye, kizwiho kuba cyarunganiye gahunda za Leta y’u Rwanda mu kongera kubaka ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kibinyujije mu bushakashatsi n’ibiganiro cyakoze.

Umuyobozi Mukuru wa IRDP, Dr Eric Ndushabandi avuga ko yahuriye na nyakwigendera mu Gihugu cy’amahanga mu Bubiligi mu myaka 11 ishize ubwo yariho amurika ubushakashatsi ku bijyanye n’ubwoko bwahozeho mu Rwanda [Abahuru, Abatutsi n’Abatwa] bugaragaza ko ari inzitizi y’amahoro mu Rwanda.

Eric Ndushabandi yagize ati “Namubajije ibibazo bikomeye birimo inyurabwenge. Yarambwiye ati ‘nusoza amasomo yawe ya PhD, uzagaruke tugomba gukorana’ […] Yarambwiye ati ‘ngwino dufatanye gukora kuri ibyo bibazo bikomeye, tugamije kubaka amahoro arambye mu Rwanda’.”

Dr Eric Ndushabandi na we uzwi mu biganiro bigamije kubaka umuryango mugari bifasha benshi, avuga ko afatira urugero kuri nyakwigendera Prof Rwanyindo. Ati “Ni umugabo wakoranaga umuhate agakora no ku ngingo zikomeye cyane.”

Benshi mu bagarutse ku byarangaga Rwanyindo, bavuga ko yabereye urugero benshi, akanigirwaho indangagaciro ziboneye zifasha benshi kwitwara neza no kubanira neza abandi dore ko aho yabaga hose, yaharaniraga ko hahorana ituze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fourteen =

Previous Post

M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

Next Post

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.