Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi zikora mu rwego rwo gukusanya imyanda no kuyibyaza umusaruro, zashinze umuryango zihuriyemo wiswe ‘Waste Solutions Association of Rwanda’ uzatuma zirushaho gukora kinyamwuga, ukanazifasha kuzajya zibona ibisubizo by’ibibazo zajyaga zihura na byo.

Iri shyirahamwe ryiswe ‘Waste Solutions Association of Rwanda’, ryashinzwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, ahanagaragajwe intego zaryo ndetse n’ibisubizo rizanye muri uru rwego rwo gucunga no gukusanya imyanya.

Ubuyobozi bushya bw’iri shyirahamwe, buvuga ko rizabafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bahuraga nabyo, kandi “Mu gutanga ibisubizo ntabwo twabigeraho turi umwe.”

Buvuga kandi ko uyu muryango ufite ifite intego mu kubungabunga ubuzima bw’abantu, cyane cyane ko urwego w’isuku no kubungabunga ibidukikije, rusanzwe ruri mu nkingi za mwamba z’ubuzima bw’abaturage.

Uyu muryango kandi uvuga ko aka kazi kagomba gukorwa mu buryo bwa kinyamwuga, bigakorwa neza kandi n’ababikora bakaba bafite ubumenyi n’ubushobozi bizatuma bikorwa neza.

Nduwayezu Leo usanzwe ayobora ikigo AGROPLAST Ltd gikora ibikoresho binyuranye kibikuye mu byamaze kuba imyanda, akaba yatorewe kuyobora uyu muryango ‘Waste Solutions Association of Rwanda’, avuga ko mbere na mbere uzafasha ibigo bisanzwe bikora muri uru rwego, bikanagera ku baturage.

Avuga ko nubwo uru rwego rumaze imyaka 20 rutangiye mu Rwanda ariko hari hakiriho imbogamizi ku barukoramo by’umwihariko mu koroherezwa gukora mu bwisanzure.

Ati “Kuko nta rwego twari dufite, amategeko yashyirwagaho n’abantu bicaraga muri ofisi zabo aho bakorera, yaba akorera ikigo runaka agashyiraho itegeko rigamije inyungu z’ikigo akorera, ariko usanga ritubahiriza kugira ngo abantu bakore akazi neza.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi rero kuba hagiyeho asosiyasiyo biradufahsa kugira uruhare mu mategeko ashyirwaho no gutanga amakuru ku bintu bikora n’uburyo byakorwa neza kurushaho.”

Abakusanya imyanda bashimirwa uruhare bagira

Ibyo bakora ni ingenzi

Umuyobozi ushinzwe kunoza Ireme ry’Ubushakashatsi mu Rugaga rw’Abikorera (PSF) Steven Karake, avuga ko ibigo bisanzwe bikora mu bijyanye no gukusanya no gucunga imyanda, bafatiye runini abaturage.

Ati “Bano bantu ni ingenzi, baretse gutwara imyanda, sinzi aho abantu bakwirwa, kuko bafite umusanzu ukomeye mu buryo bwo kubikusanya kandi no gutuma Igihugu gisa neza.”

Karake uvuga kandi ko urwego bakoramo runatanga akazi, avuga ko banagira uruhare runini mu kubungabunga ibidukikije nk’indi ngingo ishyizwe imbere na benshi ku Isi.

Ati “Rero kuba bishyize hamwe bizabyara ikintu gikomeye, kandi twishimiye rwose kuba bishyize hamwe, kuba bagiye hamwe, bagiye gukorera hamwe, imbaraga ziyongere nabo kandi bizatuma umwuga wabo bakoraga bawunoza nanone.”

Dusengumuremyi Samuel wari uhagarariye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yavuze ko politiki y’isuku n’isukura, ihuriweho n’abafatanyabikorwa batandukanye, kandi baba bagomba gukorana umunsi ku wundi kugira ngo barusheho gutanga umusaruro bifuzwaho.

Yavuze ko kuba abakora mu rwego rwo gukusanya imyanda bishyize hamwe, bizabongerera ingufu kandi bikanorohereza abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Kuba habonetse ijwi rimwe muri rusange, ni bimwe bishobora kuvugira abantu, bikomeza guha Minisiteri inshingano no kuyorohera mu buryo habaho uburyo bwo gushyira mu bikorwa ubuhuzabikorwa.”

Yakomeje agira ati “Iki ni igikorwa cyiza nka Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yishimiye kandi tuzakomeza gukorana kugira ngo tugere ku ntego Igihugu cyihaye yo gucunga imyanda mu buryo bwiza kugira ngo Abanyarwanda babe heza kandi bagire ubuzima bwiza.”

Uku kwishyira hamwe kw’ibigo bikora mu gucunga imyanda, kwashyigikiwe kandi n’Ikigo cy’Abadage Giharanira Iterambere rirambye, na cyo kivuga ko ibikorwa by’ibi bigo mu gutuma abaturage bagira ubuzima bwiza, bikwiye gushyigikirwa kugira ngo birusheho kugera ku ntego zabyo.

Nduwayezu Leo avuga ko ubu bagiye gukora kinyamwuga
Steven Karake avuga ko uyu muryango uzatuma abakora mu gukusanya imyanda bakora neza
Leo yatorewe kuyobora iri shyirahamwe

Biyemeje gushyira hamwe
Gukusanya imyanda bigiye kurushaho gukorwa neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Next Post

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.