Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa ‘Bannyahe’ ‘wagereranyije ijambo ry’Umuvugizi w’u Rwanda n’irya Mugesera’ yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwa ‘Bannyahe’ ‘wagereranyije ijambo ry’Umuvugizi w’u Rwanda n’irya Mugesera’ yagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko umuturage wo mu Mudugudu wa Kangondo II [hazwi nka Bannyahe] uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kuba yaragereranyije ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda n’ijambo rutwitsi rya Dr Leon Mugesera.

Uyu muturage witwa Shikama Jean de Dieu wo mu Mudugudu ya Kangondo II mu Kagari ka Nyarutarama, ahaherutse kwimurwa abari bahatuye kuko ari mu manegeka, bakajya gutuzwa ahakwiye, akurikiranyweho ibyaha bibiri; icyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyaha bikekwa kuri Shikama, bishingiye ku majwi yifashe akayoherereza abantu batandukanye harimo Abanyamakuru n’abayobzi ndetse n’abandi bantu basanzwe aziranye na bo.

Ayo majwi arimo afite iminota icyenda ndetse n’afite iminota 11, hari aho Shikama Jean de Dieu yumvikana agereranya ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda ndetse n’ijambo rutwitsi riri mu byatije umurindi ikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryavuzwe na Leon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside agakatirwa gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha buvuga ko ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda ridakwiye kugereranywa na ririya rya Mugesera kuko Mukuralinda yavugaga ko abari batuye muri kariya gace bagomba kuhimuka ku nyungu z’ubuzima bwabo kuko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga betewe n’imiterere yaho.

Mu gihe ijambo rya Dr Leon Mugesera yanise ‘Amahembe ane ya Shitani’ ryumvikanagamo urwango yari afitiye Abatutsi ndetse anahamagarira Abahutu kwanga Abatutsi, rikaba riri no mu byatumye Jenoside ikoranwa ubukana.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu ijambo rya Mukuralinda nta na hamwe ryumvikanamo urwango cyangwa amacakubiri ahubwo ko ryumvikanamo urukundo Leta y’u Rwanda ikunda abaturage bayo kuko yavugaga ko bariya baturage bagomba kwimurirwa mu nzu nziza kandi ziri ahantu heza bubakiwe mu Busanza mu Karere ka Kicukiro.

Ubushinjacyaha bwabwiye Umucamanza ko ibyagezweho mu iperereza, bigaragaza impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibi byaha ndetse ko n’ayo majwi ahari.

Bwavuze ko ibi yabivugaga yifashishije telefone igendanwa bityo ko aramutse akurikiranywe ari hanze yakomeza kubikora, ndetse ko bugikomeje kumukoraho iperereza, bugasaba ko yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30.

Shikama Jean de Dieu wemera ko ariya majwe ari aye, yavuze ko yayasohoye nk’umuntu wariho akorera ubuvugizi bagenzi be kandi ko iyi mpuruza ye yagize umumaro.

Yavuze ko gusenya Bannyahe byagombaga gukorwa n’ibimodoka binini (Tingatinga) bigera muri 20 ariko ko haje nke kandi ko byatewe n’impuruza yatanze.

Agaruka ku gufungwa by’agateganyo, Shikama Jean de Dieu yavuze ko nta rindi perereza rigikenewe ku Bushinjacyaha bityo ko nta mpamvu yakurikiranwa afunze ku mpamvu zo korohereza iperereza.

Umunyamategeko we witwa Me Innocent Ndihokubwayo yavuze ko umukiliya we afite n’urundi rubanza aburanamo n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ndetse ko no kwa Shikama ho hatarasenywa kubera icyo kibazo kikirimo cy’imanza zijyanye n’ingurane atemera.

Uyu munyamategeko kandi yavuze ko Shikama afite n’umuryango agomba kwitaho, bityo ko adakwiye gufungwa ahubwo ko akwiye kurekurwa akajya gukukirana ibyo byose.

Umucamanza wari umaze kumva impande zombi, yahise apfundikira urubanza, yanzura ko ruzasomwa tariki 26 Nzeri 2022.

Shikama ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko

Photos © Jean Paul NKUNDINEZA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

Umuziki Nyarwanda wo kuramya no guhimbaza Imana wungutse umuramyi

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.